• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

Ubwanditsi 14 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokaarasi ya Congo baburiye Leta ya Kabila ko yazaryozwa ingaruka zaterwa n’amatora y’ikinamico barimo gutegura.

Ibiro ntaramakuru AFP biratangaza ko abakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo basabye Perezida Joseph Kabila kurinda iki gihugu “akavuyo” bavuga ko gashobora guterwa no kutubahiriza amategeko agenga amatora.

Byavuzwe n’abakandida-perezida Félix Tshisekedi na Vital Kamerhe, bari kumwe n’abagenzi babo Jean-Pierre Bemba, Moïse Katumbi, Adolphe Muzito na Antipas Mbusa batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kongo, bari bitabiriye inama yo ku wa Gatatu tariki ya 12 Nzeri 2018, yabahurije i Buruseli mu murwa mukuru w’Ububiligi.

Baburiye abagize akanama k’amatora ka Congo na Leta ya Perezida Kabila gukurikiza ibyo basaba cyangwa “bakaryozwa akavuyo n’ingaruka bizaterwa no gukora amatora y’ikinamico.”

Ibyo basaba bikubiye mu itangazo rihuriweho bashyizeho umukono mbere yuko haba amatora ya perezida yatindijwe ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

BBC itangaza ko muri iryo tangazo, bavuze ko hari abantu bagera kuri miliyoni 10  mu gihugu gituwe na miliyoni hafi 80 bagaragara ku rutonde rw’itora ariko badashobora kugaragarizwa ibikumwe byabo.

Aba bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi basabye ko habaho amatora ya perezida ahuriwemo na bose ndetse basaba ko ingabo z’umuryango w’abibumbye muri Kongo za MONUSCO, zemererwa kugira uruhare mu bikorwa bijyanye n’amatora.

Banasabye ko “abakandida bangiwe kwiyamamaza kubera impamvu za politiki” bemererwa kwiyamamaza.

Bwana Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaza no kuba Visi-Perezida wa Kongo, ni umwe muri batandatu bashakaga kwiyamamaza mu matora ya perezida ariko bakabyangirwa n’akanama k’amatora.

Yagejeje ubujurire bwe mu rukiko rw’itegeko-nshinga rwa Kongo ariko na rwo rushyigikira icyemezo cy’akanama k’amatora kamwangiye kwiyamamaza.

Kari katanze impamvu yuko yahamijwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha ibyaha byo guha ruswa abatangabuhamya nubwo rwamugize umwere ku byaha by’intambara.

Na Bwana Muzito, wigeze kuba minisitiri w’intebe wa Congo, na we ari mu bangiwe kwiyamamaza.

Kuri Katumbi we, wahoze ayobora intara ya Katanga, yangiwe gusubira muri iki gihugu yahunze mu mwaka wa 2016.

Byitezwe ko urutonde ntakuka rw’abakandida-perezida rutangazwa ku itariki ya 19 y’uku kwezi kwa cyenda.

Iki gihugu cyahoze ari koloni y’u Bubiligi, ntabwo kirigera kigira ihinduka ry’ubutegetsi rinyuze mu mahoro kuva cyabona ubwigenge mu mwaka wa 1960.

2018-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Louise Mushikiwabo: ’’Gukingurira igifaransa ku rubyiruko nyafurika’’-Colette Braeckman

Ubwanditsi 06 May 2019
RDC: Abantu 20 bamaze kwicwa, ingo zisaga 10 ziratwikwa mu bitero bishya bya ADF

RDC: Abantu 20 bamaze kwicwa, ingo zisaga 10 ziratwikwa mu bitero bishya bya ADF

Ubwanditsi 08 Mar 2018
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya  Kigali
IMIKINO

Amafoto yerekana umuhanzi Sheeber Karungi ageze ku kibuga cy’indege cya Kigali

Ubwanditsi 01 Jul 2016
Dr Frank Habineza  arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo
POLITIKI

Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Ubwanditsi 24 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru