• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe

Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe

Ubwanditsi 22 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yanze kwakira Thabo Mbeki, wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo, nk’intumwa idasanzwe ya Afurika y’Epfo mu gihugu cye bitewe n’uko ngo n’izindi ntumwa zidasanzwe zoherejwe mu gihugu cye ntacyo zakimariye.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, avuga ko intumwa zidasanzwe zoherezwa muri Congo zihagera zikigira nk’izifite ubundi bubasha mu gifaransa yise ‘proconsuls’. Uyu muri Roma yakera yabaga ari nka guverineri w’intara ufite ububasha nk’ubwuhagarariye igihugu cye mu kindi.

Perezida Joseph Kabila akaba yanze kuzakira Thabo Mbeki wari uherutse kugenwa na perezida Cyril Ramaphosa nk’intumwa idasanzwe ya Afurika y’Epfo muri Congo.

Igenwa rya Mbeki kuri uyu mwanya ryemejwe n’umuvugizi wa perezida Ramaphosa witwa Khusela Diko muri weekend nyuma y’inama ya SADC yaberaga Windhoek muri Namibia.

Urubuga dailymaverick.co.za dukesha iyi nkuru ruvuga ko ku ikubitiro Guverinoma ya Congo yagaragaye nk’iyakiriye iki cyemezo, aho ngo kuri uyu wa Mbere minisitiri w’itangazamakuru akaba n’umuvugizi wa guverinoma ya Congo, Lambert Mende yatangaje ko guverinoma yabo yamenyeshejwe iki cyemezo kandi yiteguye kumva ibyo izasabwa na SADC byose.

Nyuma ariko,umujyanama wa perezida Kabila muri politiki mpuzamahanga, Barnabe Kikaya bin Karubi, yabwiye itangazamakuru rya Congo ko Guverinoma ya Perezida Kabila itazongera kwakira izindi ntumwa zidasanzwe muri Congo kuko ngo izindi zabanje zirimo iza E.U, u Bwongereza, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntacyo zamariye inyungu z’iki gihugu.

Nyuma y’ibi kandi, Lambert Mende yongeye kumvikana ashyigikira Kikaya asobanura ko ubusabe bwa Afurika y’Epfo bwatewe utwatsi mu kiganiro yagiranaga n’ikinyamakuru Actualite.

Yasobanuye ko Congo itagikeneye intumwa zidasanzwe kuko ziba zishaka kwigira nk’izifite ubundi bubasha, zitubaha Congo yongeraho ko bashaka kurinda ubusugire bw’igihugu cyabo.

2018-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Leta yanze kwemeza ishyaka rya Agathon Rwasa

Burundi: Leta yanze kwemeza ishyaka rya Agathon Rwasa

Ubwanditsi 09 Nov 2018
Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Ubwanditsi 22 Jul 2018
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe  munzu  zabo bishwe
ITOHOZA

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe munzu zabo bishwe

Ubwanditsi 15 May 2017
Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.
Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda yibukije madamu Carolyn Maloney ko uRwanda atari insina ngufi, kandi ko ubutabera bwarwo bwigenga.

Ubwanditsi 18 Dec 2020
Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame
INKURU NYAMUKURU

Abatatiye amahame ya FPR bishyize mu kangaratete – Kagame

Ubwanditsi 14 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru