• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe

Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe

Ubwanditsi 22 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yanze kwakira Thabo Mbeki, wahoze ari perezida wa Afurika y’Epfo, nk’intumwa idasanzwe ya Afurika y’Epfo mu gihugu cye bitewe n’uko ngo n’izindi ntumwa zidasanzwe zoherejwe mu gihugu cye ntacyo zakimariye.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Lambert Mende, avuga ko intumwa zidasanzwe zoherezwa muri Congo zihagera zikigira nk’izifite ubundi bubasha mu gifaransa yise ‘proconsuls’. Uyu muri Roma yakera yabaga ari nka guverineri w’intara ufite ububasha nk’ubwuhagarariye igihugu cye mu kindi.

Perezida Joseph Kabila akaba yanze kuzakira Thabo Mbeki wari uherutse kugenwa na perezida Cyril Ramaphosa nk’intumwa idasanzwe ya Afurika y’Epfo muri Congo.

Igenwa rya Mbeki kuri uyu mwanya ryemejwe n’umuvugizi wa perezida Ramaphosa witwa Khusela Diko muri weekend nyuma y’inama ya SADC yaberaga Windhoek muri Namibia.

Urubuga dailymaverick.co.za dukesha iyi nkuru ruvuga ko ku ikubitiro Guverinoma ya Congo yagaragaye nk’iyakiriye iki cyemezo, aho ngo kuri uyu wa Mbere minisitiri w’itangazamakuru akaba n’umuvugizi wa guverinoma ya Congo, Lambert Mende yatangaje ko guverinoma yabo yamenyeshejwe iki cyemezo kandi yiteguye kumva ibyo izasabwa na SADC byose.

Nyuma ariko,umujyanama wa perezida Kabila muri politiki mpuzamahanga, Barnabe Kikaya bin Karubi, yabwiye itangazamakuru rya Congo ko Guverinoma ya Perezida Kabila itazongera kwakira izindi ntumwa zidasanzwe muri Congo kuko ngo izindi zabanje zirimo iza E.U, u Bwongereza, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ntacyo zamariye inyungu z’iki gihugu.

Nyuma y’ibi kandi, Lambert Mende yongeye kumvikana ashyigikira Kikaya asobanura ko ubusabe bwa Afurika y’Epfo bwatewe utwatsi mu kiganiro yagiranaga n’ikinyamakuru Actualite.

Yasobanuye ko Congo itagikeneye intumwa zidasanzwe kuko ziba zishaka kwigira nk’izifite ubundi bubasha, zitubaha Congo yongeraho ko bashaka kurinda ubusugire bw’igihugu cyabo.

2018-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

“Génération Paul Kagame”: Ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ruraharanira gutera ikirenge mu cya Perezida w’u Rwanda mu guharanira imiyoborere myiza n’imibereho iboneye mu gihugu cyabo.

Ubwanditsi 12 Dec 2020
Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ishyirahamwe, Jambo asbl  rikomeje gutagatifuza umutwe w’abajenosideri wa FDLR

Ubwanditsi 08 Jan 2025
Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum

Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum

Ubwanditsi 13 May 2018
Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Muri Emirates na KCC, ‘Visit Rwanda’ yabaye intero ku mukino wa mbere wa Arsenal muri Premier League

Ubwanditsi 13 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo
INKURU NYAMUKURU

Rusesabagina akwiye kubazwa inzirakarengane zikomeje kugirwa ingwate na MRCD zikaba ziri gupfira mu mirwano mu mashyamba ya Congo

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya
Amakuru

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 20 Apr 2024
Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC
ITOHOZA

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Ubwanditsi 23 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru