• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

Editorial 01 Dec 2018 POLITIKI

Abayobozi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nabo bemeje ko impungenge z’ibitero by’iterabwoba zatumye Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika iba ifunze imiryango guhera kuwa Gatandatu ushize zifite ishingiro.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, umuvugizi wa Guverinoma ya Congo yavuze ko abayobozi ba Amerika bakomeje gushyira guverinoma mu mwijima ndetse akibaza niba izo mpungenge zo guterwa atari ibintu bishyizemo.

Ariko, mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu, minisitiri w’ububanyi n’amahanga Leonard She Okitundu, wabonanye n’Umunyamabanga wa leta wungirije, Elisabeth Fitzsimmons kuwa Gatatu ushize, yavuze ko izi mpungenge za Amerika zifite ishingiro.

Ati: “Biragaragara izi mpungenge zirakomeye. Leta Zunze Ubumwe za Amerika na serivisi zacu dufite amakuru arebana n’izo mpungenge,”

Yakomeje avuga ko kuri ubu hari uguhuza ibikorwa hagati y’inzegfo z’umutekano  za Amerika, ibihugu byo mu karere na Congo ariko yirinda kugira byinshi atangaza nk’uko Africanews dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

Hari impungenge ko ADF yaba yarageze I Brazzaville

Nubwo abayobozi ba Amerika badatomora neza ishingiro ry’impungenge zabo ku mugaragaro, bamenyesheje abadipolomate b’abanyamahanga ko gufunga ambasade bifitanye isano n’itabwa muri yombi riheruka ry’agatsiko k’abarwanyi ba Djihad bo muri Tanzania bo mu mutwe wa ADF nk’uko babiri muri aba badipolomate babibwiye Reuters.

Abayobozi ba Amerika ngo bakaba bizeye ko ako gatsiko kateguraga gutera ibikorwa bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika I Kinshasa, biri hafi y’uruzi rwa Congo, baturutse mu birindiro byabo biri Brazzaville nk’uko aba badipolomate bakomeje bavuga.

Gusa, abadipolomat ntibazi igihe itabwa muri yombi ry’abo banya Tanzania bakorana na ADF ryabereye, cyangwa umubare w’abari muri ako gatsiko bafashwe. Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo nawe akaba avuga ko ayo makuru ntayo azi.

Ese ni inde uri inyuma ya ADF?

Impuguke zigenga za Loni zimaze igihe zarananiwe kwemeza ibirego bya Uganda na Congo ko ADF yaba ifite aho ihuriye n’umutwe wa Al Shabab cyangwa utundi dutsiko tw’iterabwoba.

Ariko, raporo ya Congo Research Group na Bridgeway Foundation yo muri uku kwezi yemeza ko ADF mu myaka ishize yagiye yakira amafaranga y’umuterankunga bivugwa ko akorana na Islamic State, havugwa kugerageza kwihuza n’abandi barwanyi ba jihad b’abanyamahanga barimo abo muri Tanzania n’abo mu bindi bihugu byo muri Afurika y’uburasirazuba.

2018-12-01
Editorial

IZINDI NKURU

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Protais Zigiranyirazo igisobanuro cy’umunyembaraga wishe Abatutsi akagirwa umwere n’abazungu bateguye Jenoside

Editorial 10 Aug 2025
Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Editorial 03 Feb 2020
Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Editorial 21 Jul 2025
Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Editorial 09 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA
IKORANABUHANGA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Editorial 09 Jul 2018
Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo
INKURU NYAMUKURU

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Editorial 07 May 2019
Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese
HIRYA NO HINO

Waba ushaka kwigarurira umutima w’umukobwa mukundana ? Kora ibi bintu wirebere ukuntu akwimariramo wese

Editorial 25 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru