• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Editorial 24 Jul 2018 Mu Mahanga

Umwe mu barwanyi bari ab’umutwe wa FDLR yavuye mu Nkambi ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umuryango we, yerekeza mu Rwanda mbere y’uko itariki ntarengwa bahawe iyo nkambi igafungwa igera.

Muri Mata 2018 nibwo itsinda rigizwe n’Intumwa za Leta ya Congo n’imiryango itandukanye y’akarere zamenyesheje abari mu nkambi ya Walungu ko bagomba gutaha mu Rwanda ku bushake bitarenze tariki ya 20 Ukwakira 2018 kuko igomba gufungwa kuri iyo tariki.

Si iyi nkambi gusa, icyemezo kiranareba iya Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru n’iya Bahuma i Kisangani.

Nk’uko byatangaje n’urubuga ReliefWeb, uwo Munyarwanda wahoze muri FDLR yageze i Bukavu ku wa 10 Nyakanga 2018 ari kumwe n’umugore we n’umukobwa we. Yafashijwe kuva muri iyo nkambi ya Walungu n’umukozi wa MONUSCO ushinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi.

Biteganyijwe ko wo muryango utagomba kurenza icyumweru i Bukavu, ukahava woherezwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare iherereye mu Karere ka Rusizi. Uyu muryango wahawe ibikoresho by’ibanze birimo ikweto n’amafaranga mu kwitegura gutaha mu Rwanda.

Umuyobozi w’agateganyo wa MONUSCO muri Kivu y’Amajyepfo na Maniema, James Gadin, yashimye icyemezo cy’uwo wahoze muri FDLR, kije mbere habura amezi ngo hashyirwe mu bikorwa icyemezo cyo gufunga inkambi zicumbikiye abahoze ari abarwanyi nk’uko cyafashwe n’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize bigize Akarere k’Ibiyaga Bigari, yateraniye i Brazzaville muri Congo mu Ukwakira 2017.

James Gadin yavuze ko icyo cyemezo cyo gutaha ku bushake ari cyiza kuri MONUSCO, kuri RDC, CIRGL no ku Ntumwa yihariye y’Umunyamabanga wa Loni mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Yavuze ko iyo ari intangiriro y’ifungwa ry’inkambi ya Walungu, abahoze ari abarwanyi bamazemo imyaka irenga itatu nubwo ubuzima butaboroheyemo. Bamwe bagiye banga kuyisohokamo kubera gushaka kwifatanya n’abandi cyangwa kubera amakuru abayobya baherwa muri iyo nkambi.

Uwo muryango ugiye kuva ku butaka bwa Congo ugiye kugira amahirwe y’ubuzima bwiza, amahoro n’umutekano mu Rwanda nyuma y’igihe kirekire wamaze mu ishyamba, wavamo ukajya mu nkambi.

James Gadin yahamagariye n’abandi 189 bari muri iyo nkambi ya Walungu, barimo 44 bahoze ari abarwanyi ba FDLR, kimwe n’abandi bakiri mu mashyamba kwemera gusubira mu buzima butanga icyizere cy’ejo hazaza kuri bo n’ababakomokaho.

U Rwanda ruhora rwiteguye kwakirana yombi umuntu wese ufashe icyemezo cyo gutaha, agasubizwa mu buzima busanzwe.

2018-07-24
Editorial

IZINDI NKURU

Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Editorial 13 Jan 2022
Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Editorial 19 Jan 2022
14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Editorial 25 Jan 2017
Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Karabaye! Umugambi wa Tshisekedi wo guhindura itegekonshinga uhuhuye Kongo n’ubundi yasambaga.

Editorial 24 Oct 2024

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 26, 20183:38 pm -

    NONE SE IYO UMURWANYI UMWE ATASHYE MUHITA MUBIGIRA INDIRIMBO NKAHO INTAMBARA IGIYE GUTANGIRA MU RWANDA IRANGIYE? UZIKO MUSETSA KOKO!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Editorial 21 Jul 2025
Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?
INKURU NYAMUKURU

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Editorial 05 Dec 2018
Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship
Amakuru

Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo Koga irabarizwa muri Tanzania aho igiye gukina Irushanwa rya CANA ZONE 3 Swimming Championship

Editorial 17 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru