• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

Ubwanditsi 02 Jul 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Muri  Kivu y’Amajyepfo muri RDC, ahitwa Bijabo, mu misozi yo muri Teritwari ya Fizi, haravugwa abiyita ingabo za Kayumba Nyamwasa  uyu wahoze ari Jenerali watorotse ubutabera mu Rwanda agahungira muri Afrika y’Epfo, akomeje umugambi we wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Pierrot Karuba Umwe mu banyamurenge  waganiriye n’ijwi ry’Amerika, asobanura ikibazo cy’umutekano muke n’ubwicanyi buvugwa mu karere ka Bijombo yagize ati :“

Iyo mitwe bavuga ngo ni Bironze- Bishambuke n’umutwe wabaye ahantu hitwa Mirimba ariko hariya mu Bijombo izo nsoreresore zabonye ko bagumutse nazo zirigumura ziyita local Defense nyuma yaho haza Gumino b’Abanyamurenge  bashyigikiwe n’ingabo z’abanyarwanda za Kayumba Nyamwasa zirikumwe n’izindi ngabo za Warfunr zishyize hamwe kugirango zirwanye Abapfurebo,  izindi ngabo za Mayimayi nazo ziratabara.

Ingabo z’Abanyarwanda zirahari  baratubwira ngo ni iza Kayumba Nyamwasa zikorera  imyitozo yazo hariya muri Bijabo niho zikorera ,kuko tuzi ko Kayumba Nyamwasa ari umunyarwanda nti tuzi izo ngabo yaje gushyira muri kongo icyo zigamije niba arizo gutera u Rwanda nti tubizi ariko izo ngabo zishyigikiwe na ba Gumino b’Abanyamurenge bari muri Kongo.

Kayumba Nyamwasa

Dufite gihamya kubera ko ahantu hitwa Bijabo niho bakorera abantu benshi barababona n’abasivile bahunga barabihamya n’ubu turikumwe n’impunzi abahungu benshi barabihamya.

Mu minsi ishize mu majyaruguru ya Uganda hatahuwe inkambi, ikorerwamo imyitozo  ya gisilikare n’abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda byaje gutahurwa ko ari iza RNC umutwe wa Kayumba Nyamwasa kubufatanye n’umucuruzi w’umunyarwanda Rujugiro Ayabatwa Tribert  ushyigikiwe  n’abagize leta ya Uganda n’abahoze mu gisilikare cya Habyarimana [ Ex. FAR].

Amakuru Rushyashya yahawe n’umwe mu bakorera  urwego rw’ubutasi  muri Congo, agaragaza ko mu mezi make ashize iyi nkambi yimuriwe Lubero -Nord Kivu, ikaba iyobowe na  Maj. (Rtd) Habib Mudathir na Capt (Rtd) Sibo Charles, batorotse inkambi ya Rhino muri Arua, binjira muri Congo gutoza gisilikare  urubyiruko rwa RNC .

Uyu mugambi wo gutoza abasilikare benshi  ba RNC na FDLR, uyobowe na Gen. Maj.  BEM Habyarimana Emmanuel , wabaye Minisitiri w’ingabo  w’u Rwanda k’ubufatanye n’umufaransa w’umujenerali wayoboye  Zone Turquoise, Jean-Claude Lafourcade,  ari nawe muterankunga mukuru , ariko amafaranga akayahabwa na Perezida Kabila ufite ubwoba ko u Rwanda rushobora kumuhirika k’ubutegetsi nyuma y’aho Perezida Paul Kagame w’u Rwanda akaba n’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), na mugenzi we wa Angola, João Lourenço bahura n’abayobozi batandukanye mu Bubiligi aho bigiye hamwe ikibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Nk’uko byagenze mu Bubiligi , mu biganiro Perezida Kagame yagiranye na Emmanuel Macro, byagarutse ku bibazo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irimo muri ibi bihe, mbere y’amatora ya Perezida wa Repubulika.

Gen. BM Habyarimana Emmanuel

Nyuma y’ibi biganiro Emmanuel Macro w’u Bufaransa, yatangarije itangazamakuru ko yaganiriye na Kagame aho AU ihagaze n’ibihugu byo mu karere mu kibazo cya RDC, ndetse ko u Bufaransa bushyigikiye gahunda yo gushaka umuti w’ibi bibazo byugarije iki gihugu.  Perezida Kabila afite impungenge z’ibi biganiro akaba yarashyizeho  uyu mu Jenerali Jean-Claude Lafourcade nk’umucanshuro kuko mugihe cya Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu Rwanda ni nawe washyizeho bariyeri mu majyepfo y’Uburengerazuba bw’u Rwanda mu rwego rwo gukingira ikibaba no gufasha abasilikare bakoze Jenoside guhungira mu cyitwaga Zaire.

Jenerali Jean-Claude Lafourcade

Uyu mu Jenerali  yaherukaga guhura mu ibanga rikomeye n’abayobozi ba Uganda, barimo Perezida Museveni na murumunawe Gen. Salim Saleh, iyo nama yari igamije kurebera hamwe  ibirebana n’uyu mutwe wa gisilikare  nyuma y’aho abahoze muri M23, barimo Gen. Makenga bari barahungiye muri Uganda  bamwangiye gutera u Rwanda. Ikindi n’ibirebana n’imyitozo ya gisilikare  iri hagati y’Ubufaransa na Uganda,  uko hakoherezwa bataillons ishatu z’Ingabo za Uganda zatorejwe mu misozi miremire ya Ruwenzori n’ingabo z’Ubufaransa  [special force ] byitwa ko zinjiye muri Congo guhashya  umutwe w’inyeshyamba za ADF/Nalu , ariko mu byukuri ikigamijwe ari ugetera u Rwanda no gukuraho ubutegetsi buriho bugahabwa umwe mu bakomiseli bakuru bagize ishyaka RPF,  wakomeje kwigaragaza ko yasimbura Kagame ari nako arema udutsiko mu bayobozi nkuko aya makuru ava muri Congo avuga.

Musoni James

Amakuru yizewe ava mu nzego z’ubutasi za Congo avuga ko abo basirikare 2 [ Habib na Sibo], bagerageje kenshi, kwiyegereza bamwe mu bahoze mu gisirikare mu cy’u Rwanda (RDF) ngo babasange mu nkambi yo muri Congo, bikaba ibyubusa. Ari nayo mpamvu barimo kugerageza kwinjira mu Rwanda banyuze I Burundi bagamije kwica no gusahura abaturage ngo berekane ko bahari.

Twabonye kandi amakuru ko Rugema  udashobora gusohoka muri Norvege kubera ko yambuwe ibyangombwa akorana n’inzego z’ubutasi bwa gisirikare [CMI ] muri Uganda, ibikorwa byabo bigakurikiranwa na Minisitiri w’Umutekano muri Congo nyuma bigashyikirizwa Joseph Kabila.

2018-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko RNC muri Uganda ikomeje icengezamatwara no gushaka ubushobozi, ifashijwe n’abayobozi ba CMI

Uko RNC muri Uganda ikomeje icengezamatwara no gushaka ubushobozi, ifashijwe n’abayobozi ba CMI

Ubwanditsi 14 Feb 2020
Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda

Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Nov 2018
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 3, 20186:24 am -

    Namwe nimundebere koko. Ubu se Musoni abijemo ate? Iyi foto ye muyishyize hano kubera iki?? Muracyamwiyenzaho kweri??

    Icya 2. Ibi mwanditse ni amakuru yizewe? Ubu se aba bose ntimwabakubita inshuro??Ibihugu byose duturanye+Abafransa+Rujugiro+n abandi…
    Intambara irasenya ntiyubaka Bavandimwe!

    Subiza
  2. Eric
    July 3, 20181:29 pm -

    Murikirigita mugaseka,ntimwabibasha ,iyo muba mubishoboye muba mwaraje kera,uko twahoze nubu Niko tukiri,uwaduhangara yabihomberamo mwabaswa

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse
POLITIKI

Imvano y’ibikorwa bya Museveni ku Rwanda n’icyo bihatse

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports
Amakuru

Mu mikino y’igikombe cy’Intwari 2024, APR FC yasezereye Musanze FC, Police isezerera Rayon Sports

Ubwanditsi 28 Jan 2024
Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa
Mu Mahanga

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru