• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

RDC: Ubwumvikane buke muri Lamuka nyuma y’amagambo ya Moïse Katumbi

Editorial 27 May 2019 HIRYA NO HINO

Hatangiye umwuka mubi hagati y’abagize Ihuriro Lamuka ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’amagambo Moïse Katumbi yatangaje.

Ubwo yagarukaaga mu gihugu muri iki Cyumweru nyuma y’imyaka itatu mu buhungiro, Katumbi yatangaje ko ihuriro ryabo rigamije gukosora Leta aho yatannye no guteza imbere indangagaciro zigamije ukwishyira ukizana kwa buri wese.

Katumbi yagaragaje ko intego ari ugukorana n’ubuyobozi buriho bukuriwe na Felix Tshisekedi watsinze mu matora Martin Fayulu umwaka ushize, ibitagenda neza bakabigaragaza.

Martin Fayulu wiyamamaje ku itike ya Lamuka ntabwo yemera ko yatsinzwe na Tshisekedi ndetse avuga ko muri RDC ubutegetsi buriho butemewe n’amategeko.

Kuba Katumbi yatangaje ko bazakorana na Tshisekedi byarakaje bamwe mu banyamuryango b’iryo huriro.

Umwe mu bavugizi ba Martin Fayulu, Steve Kivwata, yabwiye RFI ko ibyatangajwe na Katumbi binyuranyije n’amahame bashyizeho.

Ati “Mu irangashingiro (ry’amahame ya Lamuka) handitse ko hari ikibazo gikomeye cya politiki mu gihugu cyacu kubera ibibazo byabaye mu matora. Niyo mpamvu inzego zihari zitemewe. Ikindi kandi nk’umuhuzabikorwa, ntabwo abandi bayobozi batandatu bigeze bamuha ububasha bwo kubafatira umwanzuro. Ntabwo rero bikwiriye ko Katumbi ari we uzamura icyo gitekerezo gihabanye n’amahame yacu.”

Kivwata yavuze ko bidashoboka kuba Lamuka yahitamo gukorana na Leta iriho yirengagije ibyabaye mu matora yashyizeho Tshisekedi.

Yasabye Katumbi kwisubiraho agasubira mu murongo muzima ukwiriye kuranga abanyamuryango ba Lamuka.

Katumbi ni we muhuzabikorwa w’ihuriro Lamuka rigizwe n’amwe mu mashyaka atavuga rumwe na Leta aherutse kwishyira hamwe ngo agarure impinduka muri Congo.

2019-05-27
Editorial

IZINDI NKURU

Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

Editorial 18 Jun 2018
Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Editorial 18 May 2018
Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Urutonde rw’imigi 10 yoroshye n’10 igoye kuyibamo ku isi muri uyu mwaka wa 2018

Editorial 15 Aug 2018
Ifoto y’agahinda ka Mugabe n’umufasha we mbere y’uko yegura yasakaye

Ifoto y’agahinda ka Mugabe n’umufasha we mbere y’uko yegura yasakaye

Editorial 26 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare
HIRYA NO HINO

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Editorial 16 May 2019
Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘
ITOHOZA

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Editorial 08 Feb 2017
Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize
Mu Mahanga

Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Editorial 20 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru