• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

RDF yasobanuye iby’umuturage warashwe n’uko yatemye imbunda n’umuhoro

Editorial 24 Jul 2018 Mu Rwanda

Nyuma y’uko mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 23 Nyakanga 2018, mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, umusirikare yarashe umuturage agahita apfa, igisirikare cy’u Rwanda mu ijwi ry’Umuvugizi w’Ingabo, cyasobanuye uburyo byagenze ndetse hanagaragazwa imbunda uwo muturage yatemye akoresheje umuhoro.

Ibi bikimara kuba, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango,yavuze ko byabaye koko ariko amakuru y’uko byari byagenze uyu muvugizi yari akirimo kuyakurikirana, yari yanatwijeje ko namara kumenya uko byagenze neza aza kubidusobanurira.

Nyuma yo gukusanya amakuru, mu masaha y’ijoro yaje gutangariza Ukwezi, uko byagenze ndetse anagaragariza umunyamakuru ikimenyetso cy’imbunda yatemye n’uwo muturage akoresheje umuhoro yari afite. Uyu muvugizi kandi yanasobanuye ibindi basanze mu gikapu cy’uyu muturage.

Lt Col Innocent Munyengango ati: “Uwo musirikare rero yari ari mu kazi, abona umuntu ufite igikapu ashaka kumubaza ikiri mu gikapu nyine noneho undi aho kubimwereka ashaka guhunga, aho ahungiye abura inzira, umusirikare aramukurikira amugezeho nk’aho yanahagaze ahubwo cya gikapu aragifungura avanamo umupanga, avanyemo umupanga umusirikare amubonye ashaka kumwegera, undi arawumutemesha, umusirikare azamura imbunda… ]n’aho yatemesheje umuhoro ku mbunda haragaragara]”

Iyi ni imbunda igaragazwa n’Umuvugizi w’Ingabo ko yatemye n’uyu muturage akoresheje umuhoro

Lt Col Munyengango kandi avuga ko mu gikapu cy’uyu muturage cyari kirimo umupanga, basanze harimo n’amabuye y’agaciro ya koruta (Coltan cyangwa columbite–tantalites) agera ku biro bitanu (5 Kg), ndetse ngo bivugwa ko aya mabuye y’agaciro nayo ashobora kuba yari yayibye.

Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango akomeza abisobanura, uyu mugabo warashwe ntabwo inzego zishinzwe umutekano zashoboye kubona indangamuntu ye ngo barebemo imyirondoro ye, ariko bamusanganye ikarita y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) ari nayo baje kubonamo ko yitwa Iyakaremye.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda avuga ko ibyabaye babishyikirije izindi nzego zishinzwe kubikurikirana, gusa agashimangira ko ibyabaye byatumye uyu Iyakaremye anahatakariza ubuzima, umusirikare yabikoze mu buryo bwo kwirwanaho kuko yari arwanyijwe n’uyu muturage kandi umusirikare yari mu kazi ashinzwe ko gucunga umutekano.

JPEG - 294.6 kb

Lt Col Innocent Munyengango uvugira Ingabo z’u Rwanda, agaragaza ko ibyo umusirikare yakoze byari mu buryo bwo kwitabara

2018-07-24
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Editorial 27 Apr 2017
Iya 4 Gicurasi 1994: FPR yandikiye Loni iyisaba kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi

Iya 4 Gicurasi 1994: FPR yandikiye Loni iyisaba kwamagana Jenoside yakorerwaga Abatutsi

Editorial 05 May 2018
Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Dore impamvu Ingabire Victoire ari we muyobozi mukuru w’ikirenga wa FDU Inkingi

Editorial 29 Jul 2021
Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Kiyovu Sports yatsinze umukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, APR FC irasura Amagaju

Editorial 05 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye
ITOHOZA

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Editorial 10 Dec 2017
Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.
Amakuru

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Editorial 26 Sep 2022
Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu  bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump
ITOHOZA

Kim Jong Un yarahiye kutareka gukora ibisasu bya Kirimbuzi kubera iteshamutwe rya Trump

Editorial 22 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru