• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe

Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe

Ubwanditsi 21 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu munsi umutekamutwe wiyita ko aharanira uburenganzira bwa muntu ariwe Rene Mugenzi yahawe inkwenene n’abantu batandukanye ubwo yagarukaga ku mbuga nkoranyambaga akwirakwiza amakuru asebya u Rwanda.

Rene Mugenzi, umutekamutwe wakatiwe n’inkiko zo mu Bwongereza kubera kwiba amaturo asaga miliyoni 270 z’amanyarwanda ni mwene Joseph Mugenzi, Interahamwe yahunze ubutabera akaba afungiye mu gihugu cy’Ubuholandi. Yageze mu gihugu cy’Ubwongereza muri 1997 abona ubwenegihugu muri 2002, bivuze ko hashize imyaka 18 ari umwongereza.

Rene Mugenzi mu mwaka wa 2000 yabonye akazi mu Muryango ufasha impunzi witwa Praxis, akaba yarakoraga ashinzwe gukurikirana no gukemura ibibazo by’abantu babaga bitabaje uyu muryango (Case worker); ibi byamufashije no guhura n’abantu benshi baka ubufasha n’ubuhungiro mu Bwongereza harimo n’abava mu Rwanda akarere k’Ibiyaga Bigari ndetse nabo mu burasirazuba bwo hagati nka Iraq, Afuganisitani n’ahandi.

Mu nshingano za Rene Mugenzi harimo gushaka abunganira mu mategeko impunzi, bishyurwa na Praxis, bityo akabona n’ibiraka byo kubasemurira kuko abenshi nta cyongereza bavugaga; Rene Mugenzi nibwo yaje kubona ko ashobora kujya abiriraho, atangira kujya abika impapuro z’irangamimerere zabo yabaga yafashije akazibika iwe.

Mu bindi yakoraga mu nshingano ze muri Praxis harimo gufasha abantu kubona imfashanyo ituma babasha gutangira ubuzima mu Bwongereza.

Baca umugani mu Kinyarwanda ngo kamere ntirara bushyitsi, Rene Mugenzi kamere ye y’ubujura no kugaragaza ko ari umuherwe ntabwo yihishiriye, yatangiye nawe kujya abeshya abantu ngo agiye kubakira imfashanyo y’amafaranga menshi ariko bazamuha commission kuri iyo mfashanyo!

Abantu batangira kujya bagwa muri uwo mutego, yakubonera ayo mafaranga yitwaje Praxis ariko yabikoze ku giti cye, ukumva ko ari umuntu ushoboye byose, atangira kugenda akoresha iyo mitwe abeshya abantu ko hari imishinga runaka arimo ariko ko bataramwishyura kandi hari amafaranga akeneye.

Yasabaga abantu ko bamufatira ideni muri Banki ko umushinga arimo niyishyurwa azabishyura akarenzaho n’inyungu; Rene Mugenzi yabahishaga ko Banki zamushyize ku rutonde rwa ba bihemu kubera gufata inguzanyo ntibishyure.

Hari abantu benshi baguye muri uwo mutego cyane abo yafashije binyuze muri Praxis, ikibabaje nuko yamburaga abana b’abakobwa bakiri batoya bagishakisha ubuzima.

Iyo hagiraga uwishyuzaga Rene Mugenzi yahitaga amukangisha ko azamurega mu biro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu Bwongereza kuko yabaga azi amakuru akubiye mu idosiye kuko hari igihe babeshyaga kandi Rene Mugenzi abizi.

Kuba Rene Mugenzi yabaga afite Dosiye z’abafashijwe na Praxis byatumaga anamenya amakuru arambuye kuri abo bantu harimo nushobora kuba yafata ideni muri Bank bityo akamwegera akamusaba ko yamufatira amafaranga.

Rene Mugenzi yakomeje gukoresha umwanya yarafite muri praxis abeshya abantu ngo arabashakira imfashanyo yanazibona ntazishyikirize abo yazakiye akababeshya ko bitakunze, akabizeza ko azagumya kubageragereza ko batacika intege kuko hari indi miryango bakorana izatanga inkunga mu minsi iri imbere akazabasha kuyibakira bikaba byari uburyo bwo kubagumisha iruhande twe ngo azabone uko abariganya abasaba ko bamwakira ideni muri bank

Amanyanga ye muri Praxis yaje kumenyekana arasezererwa. Aho yirukaniwe muri Praxis niho ibikorwa bye by’ubwambuzi byafashe indi ntera yo mu rwego rwo hejuru kuko yatangiye kujya yiba imiryango y’abagiraneza ifasha abababaye (charities) kuko yaramaze kumenya neza uko inzego ziyo miryango zikora.

Nyuma yaje kujya asabisha adakoresheje abantu ahubwo akoresheje imiryango ifasha abantu batandukanye harimo imiryango yabo mu bihugu bya Somaliya, Afghanistan Iraq ukongeraho n’imiryango y’Abarundi, Abanyarwanda abakongomani, izihagarariye abagore kuko yabaga azi imishinga irimo gufashwa agaheraho akabona uko yiba menshi.

Nibwo Rene Mugenzi yagendaga hirya no hino cyane cyane muri Iraq mu gice cy’aba Kurdish akabiba agatubutse.

Rene Mugenzi yashakishijwe nabo yambuye abeshyera Leta y’u Rwanda

Mu myaka ya 2008-2009 kubera ibibazo by’ubwambuzi byari bimaze kumubana byinshi, ndetse atakibona uwo yambura nta kazi afite, ntabwo yari akibasha kwishyura inzu yabagamo, yahunze umugi wa London ajya kuba ahitwa Norwich; imitwe yari yamushiranye nibwo yatangiye kugaragara mu mitwe ihakana ikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi aho bwari ubuhungiro kubera abo yambuye.

Muri 2011 nibwo yahimbye umutwe abeshya ko leta yu Rwanda imushakisha ishaka kumwica, bwari uburyo bwo kugirango abashe kubona ko Polisi yamurinda kugirango abone agahenge kabo yari yarambuye.

Ubwo guhera muri 2011 uwamwishyuzaga wese yajyaga kumurega muri polisi ko yatumwe na Leta y’u Rwanda kumwica, yiyita Impirimbanyi y’uburenganzira bwa Muntu. Yabashije gukoresha icyo kinyoma byakomeje kumufasha kwiba nabo bakoranaga muri ibyo bikorwa by’umwijima.

Kuko kuri uyu munsi yaba Abanyarwanda bo muri Diaspora ndetse n’ababarirwa mu mashyaka arwanya u Rwanda bambuwe na Mugenzi bose imitima yariruhukije.

Kwigira impirimbanyi iharanira uburenganzira bwa muntu byatumye abasha kwiyegereza abazungu badakunda u Rwanda, bimuhesha umwanya mubatavuga rumwe na leta mubo bakoranga bya hafi akaba ari Bahunga Justin uhagarariye FDU inkingi ya Victoire Ingabire ndetse na Jonathan Musonera wivuruguta mu mashyaka.

Ikintu gitangaje abantu batumva ni ukuntu yabashije kubeshya Police y’Ubwongereza ko leta y ‘u Rwanda ishaka kumugirira nabi ikamushyira abamurinda kandi ari umutekamutwe uzwi warukwiye kuba yarafashwe akanafungwa kubera ibikorwa bye by’ubujura.

Muri uko kwiba kwe yakoranaga n’uwitwa Jonathan Musonera wo muri RNC, akaba ari umutwe bacuze wo kugirango babashe kubona inkunga yabayoboke ba RNC na FDU Inkingi babereka ko ari ibihangange bishobora gutitiza leta y’u Rwanda ikaba ibahiga!

Injiji zo muri ayo mashyaka zaguye mu mutego wabo batangira kujya bahabwa amfaranga y’ubusa kuko barimo gukora akazi gakomeye ko bagiye gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, kandi ko bari gutegura ingabo zizajya kurwana na Leta ya Kigali.

Iminsi y’umujura ni 40

Rene Mugenzi amaze imyaka isaga 18 yivuruguta mu bujura n’ubwambuzi, kuba yaribye amaturo ya kiliziya ntawe byatangaza kuko yarasanzwe yiba n imfashanyo z impunzi !

Umugore we bashakanye akaba yaramujugunye hanze kubera kutihanganira ubujura bwe no kwikundira ubuzima bwiraha, urusimbi ndetse no gukunda abagore.

Nyuma yo gutandukana n’umugore we ubu Rene Mugenzi yihariye Denise Zaneza, umukobwa w’interahamwe Marcel Sebatware, bakabeshya ko bari gukora ibikorwa bya Politiki naho bari kurya amaturo banyereje. Iminsi iba myinsi igahimwa n’umwe.

2022-02-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Inzego z’ibanze muri Busasamana na Bugeshi zirashinjwa gukorana na FDLR

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Ubwanditsi 01 May 2021
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iratangira imyitozo kuri uyu wa gatatu hitegurwa imikino ibiri azahura na Uganda mu gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Ubwanditsi 27 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United  batandukanye n’iyo kipe
Amakuru

Ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma y’iminsi 105 Umutoza Adel n’umwungirije batozaga Gasogi United batandukanye n’iyo kipe

Ubwanditsi 01 Nov 2022
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC
ITOHOZA

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu
INKURU NYAMUKURU

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru