• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Editorial 05 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Abanyarwanda bari muri Uganda ndetse n’umuryango wa Rene Rutagungira baratabariza umuvandimwe wabo urembeye muri gereza ya CMI muri Uganda. Kuva yashimutwa ku wa 7 Kamena 2017, Rene Rutabingwa aracyari muri gereza ya gisirikare cya Uganda, aho arimo gukorerwa iyicarubozo, gufatwa nabi bikabije n’ibindi bikorwa binyuranye bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Kuri ubu bikaba bivugwa ko yaba arwaye, arembye bikomeye kubera iyica rubozo yakorewe na CMI.

Ubu akaba amaze hafi imyaka ikabakaba muri ibiri Rutagungira avanywe mu runywero ahitwa Bakuli mu nkyengero z’Umujyi wa Kampala, ubwo yarimo gusangira n’inshuti. Iryo shimutwa ni uburyo buranga urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda, Bagize batya bamuvana kuri tabuleti yari yicayeho mu kabari baramushushubikana. Abamushimuse babanje kumutwara Mbuya, nuko nyuma baza kumwimurira mu nkambi ya gisirikare Makindye mu nkyengero za Kampala, aho bakomeje kumufungira kugeza nanubu.

Rutagungira ntiyemerewe gusurwa n’umuryango we Rutagungira. Ubutegetsi bwa Uganda bwanze ko ajya asurwa  n’urwego rwa  ambasade y’URwanda ruri Kampala.Kandi nyamara itegeko mpuzamahanga ribimwemerera, kuko umunyamahanga iyo afungiye mu gihugu, ambasade iba ifite uburenganzira bwo kumusura. Ubutegetsi bwa Uganda ntibujya bwemerera urwego rwa ambasade y’URwanda gusura Abanyarwanda baba bafungiye muri Uganda, baba bashimuswe n’inzego za Uganda z’umutekano.

Mu gihe akiri Makindye, abunganizi mu by’amategeko ba Rutagungira bavuga ko yakorewe iyicarubozo hifashishijwe uburyo burimo nko gukubitwa bikabije, kumufatisha umuriro w’amashanyarazi.Akaba ngo amaze  gutakaza ibiro byinshi kandi amerewe nabi cyane adafite kivura. Abakorera Rutagungira iyicarubozo harimo na Jenerali Henry Tumukunde, wahoze ari minisitiri w’umutekano, wifuzaga ko Rutagungira yemera ko ari intasi y’URwanda. Nubwo ariko bimeze bityo, yakomeje kubahakanira, ko atigeze aba intasi

Muri Gicurasi 2019, abunganira uwo munyarwanda basabye ko ahita arekurwa ntamananiza akava muri yo gereza ya ya gisirikare ya Makindye. Bavuze ko ubuzima bwe bugenda burushaho kugenda busubira inyuma kubera iyicarubozo ry’indengakamere, kandi no kuba iryo fungwa ridakurikije amategeko ntibakwiye no kumuburanisha, umusivili ufungiye mu rukiko rwa gisirikare. Rutagungira akaba yaragejejwe mu rukiko rwa gisirikare Makindye inshuro imwe gusa. Bakaba batarigeze bagaragaza ibimenyetso bimushinja.

Nkuko itegeko nshinga rya Uganda ribiteganya, urukiko rwa gisirikare ntirugomba kuburanisha umusivile. Nkuko urugaga rw’abavoka bo muri Uganda bamenyesheje ukuriye ubutabera muri Uganda, bityo urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rya Uganda ko kuburanisha abasivili mu nkiko za gisirikare biba bihabanye n’itegeko nshinga rya Uganda.

“Urukiko ruba rudafite ububasha ku rubanza ruba rutabifitiye ububasha, bityo kandi rukaba rutanatanga ubutabera butabogamye, nkuko ingingo ya 28(1) y’itegeko nshinga rya Uganda. Umwanzuro wafashwe n’urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rya Uganda.

Tumukunde, Brig. Kandiho n’abandi nta kimenyetso bari bafite kandi nta n’icyaha baregaga Rutagungira, uzwi n ‘umuryango we kuba inyangamugayo ikurikiza amategeko, ndetse n’inshuti ze bakoranaga ubucuruzi mu Mujyi wa Kampala.  Rutagungira ni inzirakarengane y’inzego z’umutekano, zahawe amabwiriza na Museveni mu rwego rwo kunoza umugambi we mubisha wo gutoteza inzirakarengane z’Abanyarwanda. Ababizi nk’abanyamakuru, bavuga ko Rutagungira ari umwe mu bitambo byinshi by’intama mu ntambara nyinshi za propaganda Museveni arimo kurwana n’URwanda.

Bakaba barareze Rutagungira kwitabira ibikorwa by’ubutasi no gushimuta abantu. Rutagungira n’abamwunganira mu rwego rw’amategeko bakaba banyomoza abarega Rutagungira, basaba ko batanga gihamya, nanubu, bakaba batarabikora.

Kwicurubozo, gufata kungufu, n’ibindi bikorwa by’icarubozo by’indengakamere bikorerwa abanyarwanda batagira ingano bafungiye muri za gereza za gisirikare za Uganda ziba zidakurikije amategeko. Bamwe mu bafunzwe bakubiswe ku buryo bukomeye, ku buryo ubu babaye intere, ubu bakaba baramugaye. Bikaba bimaze kumenyerwa kumva ubutegetsi bwa Uganda bwazanye Abanyarwanda bakabajugunya ku mipaka y’URwanda.

Imibiri myinshi y’aba banyarwanda, harimo n’abagore baba bafite abana bato,  igaragaza ibimenyetso byuko bakorewe iyicarubozo. Iyo uganira nabo benshi baba barahungabanye mu mutwe, ariko kandi umubare w’abagore bafunze ni muto, ugereranije n’umubare w’abagabo bafunzwe, bikaba bivugwa ko abagore bahohoterwa by’umwihariko, kuko batagirirwa ibanga, ndetse no kuba badahabwa abarinda ba bagore.

“Ibi bikaba byorohereza ababa bashaka kubasambanya ku ngufu, nkuko byagaragajwe n’umunyamategeko uri Kampala witwa Gawaya Tegulle, wunganira Abanyarwanda benshi bafungiye muri Uganda mu buryo budakurikje amategeko. Abagore bafunze bakaba bagira ibyago byo kuvanamo inda, kubera ikibazo cy’isuku nke, kutagira ababyaza babizi n’indi mibereho mibi. Izo nda kandi akenshi baziterwa n’abashinzwe umutekano babakangisha guhitamo urupfu.

Abagore bagaruwe mu Rwanda bavuze ukuntu bambitswe ubusa n’inzego z’umutekano, bavuga ko ngo bashakaga kureba uko  ubwambure bw’umunyarwandakazi busa.” Bakaba kandi barabafatishaga umuriro w’amashanyarazi ku myanya yabo y’ibanga, ari nako babategeka kwicara mu mazi bityo inzego z’umutekano zikabakangisha ko bagiye gushyira insinga z’umuriro w’amashanyarazi muri ayo mazi.

Mu magereza menshi ya Uganda aho ibihumbi n’ibihumbi by’abanyrwanda bafungiye batigeze bafunga mu buryo busanzwe, hakurikijwe amategeko, bakubitwa, kwicishwa inzira, no gukora imirimo y’agahato nko guhinga mu mirima y’ibisheke ya Leta, kubumba amatafari n’indi mirimo y’uburetwa.

2019-07-05
Editorial

IZINDI NKURU

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya  Padiri Tomas Nahimana

Amakimbirane yadutse mu Ishyaka Ishema rya Padiri Tomas Nahimana

Editorial 13 Sep 2016
Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Editorial 29 Oct 2018
Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Bidatunguranye, abayoboke b’umutwe w’iterabwoba, RNC, bivanze mu matora ya Uganda, banahundagaza amajwi kuri Yoweri K. Museveni.

Editorial 15 Jan 2021
‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Editorial 03 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba
Mu Rwanda

Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Editorial 25 Apr 2016
Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa arabazwa Ben Rutabana aho kuvuga uruhare rwe akigira umuvugizi wa Uganda

Editorial 03 Jul 2020
Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 
INKURU NYAMUKURU

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Editorial 29 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru