• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Ubwanditsi 05 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Abanyarwanda bari muri Uganda ndetse n’umuryango wa Rene Rutagungira baratabariza umuvandimwe wabo urembeye muri gereza ya CMI muri Uganda. Kuva yashimutwa ku wa 7 Kamena 2017, Rene Rutabingwa aracyari muri gereza ya gisirikare cya Uganda, aho arimo gukorerwa iyicarubozo, gufatwa nabi bikabije n’ibindi bikorwa binyuranye bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Kuri ubu bikaba bivugwa ko yaba arwaye, arembye bikomeye kubera iyica rubozo yakorewe na CMI.

Ubu akaba amaze hafi imyaka ikabakaba muri ibiri Rutagungira avanywe mu runywero ahitwa Bakuli mu nkyengero z’Umujyi wa Kampala, ubwo yarimo gusangira n’inshuti. Iryo shimutwa ni uburyo buranga urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda, Bagize batya bamuvana kuri tabuleti yari yicayeho mu kabari baramushushubikana. Abamushimuse babanje kumutwara Mbuya, nuko nyuma baza kumwimurira mu nkambi ya gisirikare Makindye mu nkyengero za Kampala, aho bakomeje kumufungira kugeza nanubu.

Rutagungira ntiyemerewe gusurwa n’umuryango we Rutagungira. Ubutegetsi bwa Uganda bwanze ko ajya asurwa  n’urwego rwa  ambasade y’URwanda ruri Kampala.Kandi nyamara itegeko mpuzamahanga ribimwemerera, kuko umunyamahanga iyo afungiye mu gihugu, ambasade iba ifite uburenganzira bwo kumusura. Ubutegetsi bwa Uganda ntibujya bwemerera urwego rwa ambasade y’URwanda gusura Abanyarwanda baba bafungiye muri Uganda, baba bashimuswe n’inzego za Uganda z’umutekano.

Mu gihe akiri Makindye, abunganizi mu by’amategeko ba Rutagungira bavuga ko yakorewe iyicarubozo hifashishijwe uburyo burimo nko gukubitwa bikabije, kumufatisha umuriro w’amashanyarazi.Akaba ngo amaze  gutakaza ibiro byinshi kandi amerewe nabi cyane adafite kivura. Abakorera Rutagungira iyicarubozo harimo na Jenerali Henry Tumukunde, wahoze ari minisitiri w’umutekano, wifuzaga ko Rutagungira yemera ko ari intasi y’URwanda. Nubwo ariko bimeze bityo, yakomeje kubahakanira, ko atigeze aba intasi

Muri Gicurasi 2019, abunganira uwo munyarwanda basabye ko ahita arekurwa ntamananiza akava muri yo gereza ya ya gisirikare ya Makindye. Bavuze ko ubuzima bwe bugenda burushaho kugenda busubira inyuma kubera iyicarubozo ry’indengakamere, kandi no kuba iryo fungwa ridakurikije amategeko ntibakwiye no kumuburanisha, umusivili ufungiye mu rukiko rwa gisirikare. Rutagungira akaba yaragejejwe mu rukiko rwa gisirikare Makindye inshuro imwe gusa. Bakaba batarigeze bagaragaza ibimenyetso bimushinja.

Nkuko itegeko nshinga rya Uganda ribiteganya, urukiko rwa gisirikare ntirugomba kuburanisha umusivile. Nkuko urugaga rw’abavoka bo muri Uganda bamenyesheje ukuriye ubutabera muri Uganda, bityo urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rya Uganda ko kuburanisha abasivili mu nkiko za gisirikare biba bihabanye n’itegeko nshinga rya Uganda.

“Urukiko ruba rudafite ububasha ku rubanza ruba rutabifitiye ububasha, bityo kandi rukaba rutanatanga ubutabera butabogamye, nkuko ingingo ya 28(1) y’itegeko nshinga rya Uganda. Umwanzuro wafashwe n’urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rya Uganda.

Tumukunde, Brig. Kandiho n’abandi nta kimenyetso bari bafite kandi nta n’icyaha baregaga Rutagungira, uzwi n ‘umuryango we kuba inyangamugayo ikurikiza amategeko, ndetse n’inshuti ze bakoranaga ubucuruzi mu Mujyi wa Kampala.  Rutagungira ni inzirakarengane y’inzego z’umutekano, zahawe amabwiriza na Museveni mu rwego rwo kunoza umugambi we mubisha wo gutoteza inzirakarengane z’Abanyarwanda. Ababizi nk’abanyamakuru, bavuga ko Rutagungira ari umwe mu bitambo byinshi by’intama mu ntambara nyinshi za propaganda Museveni arimo kurwana n’URwanda.

Bakaba barareze Rutagungira kwitabira ibikorwa by’ubutasi no gushimuta abantu. Rutagungira n’abamwunganira mu rwego rw’amategeko bakaba banyomoza abarega Rutagungira, basaba ko batanga gihamya, nanubu, bakaba batarabikora.

Kwicurubozo, gufata kungufu, n’ibindi bikorwa by’icarubozo by’indengakamere bikorerwa abanyarwanda batagira ingano bafungiye muri za gereza za gisirikare za Uganda ziba zidakurikije amategeko. Bamwe mu bafunzwe bakubiswe ku buryo bukomeye, ku buryo ubu babaye intere, ubu bakaba baramugaye. Bikaba bimaze kumenyerwa kumva ubutegetsi bwa Uganda bwazanye Abanyarwanda bakabajugunya ku mipaka y’URwanda.

Imibiri myinshi y’aba banyarwanda, harimo n’abagore baba bafite abana bato,  igaragaza ibimenyetso byuko bakorewe iyicarubozo. Iyo uganira nabo benshi baba barahungabanye mu mutwe, ariko kandi umubare w’abagore bafunze ni muto, ugereranije n’umubare w’abagabo bafunzwe, bikaba bivugwa ko abagore bahohoterwa by’umwihariko, kuko batagirirwa ibanga, ndetse no kuba badahabwa abarinda ba bagore.

“Ibi bikaba byorohereza ababa bashaka kubasambanya ku ngufu, nkuko byagaragajwe n’umunyamategeko uri Kampala witwa Gawaya Tegulle, wunganira Abanyarwanda benshi bafungiye muri Uganda mu buryo budakurikje amategeko. Abagore bafunze bakaba bagira ibyago byo kuvanamo inda, kubera ikibazo cy’isuku nke, kutagira ababyaza babizi n’indi mibereho mibi. Izo nda kandi akenshi baziterwa n’abashinzwe umutekano babakangisha guhitamo urupfu.

Abagore bagaruwe mu Rwanda bavuze ukuntu bambitswe ubusa n’inzego z’umutekano, bavuga ko ngo bashakaga kureba uko  ubwambure bw’umunyarwandakazi busa.” Bakaba kandi barabafatishaga umuriro w’amashanyarazi ku myanya yabo y’ibanga, ari nako babategeka kwicara mu mazi bityo inzego z’umutekano zikabakangisha ko bagiye gushyira insinga z’umuriro w’amashanyarazi muri ayo mazi.

Mu magereza menshi ya Uganda aho ibihumbi n’ibihumbi by’abanyrwanda bafungiye batigeze bafunga mu buryo busanzwe, hakurikijwe amategeko, bakubitwa, kwicishwa inzira, no gukora imirimo y’agahato nko guhinga mu mirima y’ibisheke ya Leta, kubumba amatafari n’indi mirimo y’uburetwa.

2019-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Urutonde rw’abatanze umusanzu wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 22 Oct 2020
Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Indi mitungo y’abo kwa Rwigara igiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ingabire Victoire Umuhoza ni  Bagosora Théoneste w’umugore.

Ubwanditsi 26 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo
INKURU NYAMUKURU

CMI yongeye gufatirwa mucyuho: Abanyarwanda 40 bafatiwe muri Uganda bashaka kwambuka kujya muri DR.Congo

Ubwanditsi 05 Apr 2019
CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe
Mu Mahanga

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru