• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Rene Rutagungira, inzirakarengane y’intambara za propaganda za Museveni. Arembeye muri gereza ya CMI, Makindye

Ubwanditsi 05 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Abanyarwanda bari muri Uganda ndetse n’umuryango wa Rene Rutagungira baratabariza umuvandimwe wabo urembeye muri gereza ya CMI muri Uganda. Kuva yashimutwa ku wa 7 Kamena 2017, Rene Rutabingwa aracyari muri gereza ya gisirikare cya Uganda, aho arimo gukorerwa iyicarubozo, gufatwa nabi bikabije n’ibindi bikorwa binyuranye bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Kuri ubu bikaba bivugwa ko yaba arwaye, arembye bikomeye kubera iyica rubozo yakorewe na CMI.

Ubu akaba amaze hafi imyaka ikabakaba muri ibiri Rutagungira avanywe mu runywero ahitwa Bakuli mu nkyengero z’Umujyi wa Kampala, ubwo yarimo gusangira n’inshuti. Iryo shimutwa ni uburyo buranga urwego rw’ubutasi bw’igisirikare cya Uganda, Bagize batya bamuvana kuri tabuleti yari yicayeho mu kabari baramushushubikana. Abamushimuse babanje kumutwara Mbuya, nuko nyuma baza kumwimurira mu nkambi ya gisirikare Makindye mu nkyengero za Kampala, aho bakomeje kumufungira kugeza nanubu.

Rutagungira ntiyemerewe gusurwa n’umuryango we Rutagungira. Ubutegetsi bwa Uganda bwanze ko ajya asurwa  n’urwego rwa  ambasade y’URwanda ruri Kampala.Kandi nyamara itegeko mpuzamahanga ribimwemerera, kuko umunyamahanga iyo afungiye mu gihugu, ambasade iba ifite uburenganzira bwo kumusura. Ubutegetsi bwa Uganda ntibujya bwemerera urwego rwa ambasade y’URwanda gusura Abanyarwanda baba bafungiye muri Uganda, baba bashimuswe n’inzego za Uganda z’umutekano.

Mu gihe akiri Makindye, abunganizi mu by’amategeko ba Rutagungira bavuga ko yakorewe iyicarubozo hifashishijwe uburyo burimo nko gukubitwa bikabije, kumufatisha umuriro w’amashanyarazi.Akaba ngo amaze  gutakaza ibiro byinshi kandi amerewe nabi cyane adafite kivura. Abakorera Rutagungira iyicarubozo harimo na Jenerali Henry Tumukunde, wahoze ari minisitiri w’umutekano, wifuzaga ko Rutagungira yemera ko ari intasi y’URwanda. Nubwo ariko bimeze bityo, yakomeje kubahakanira, ko atigeze aba intasi

Muri Gicurasi 2019, abunganira uwo munyarwanda basabye ko ahita arekurwa ntamananiza akava muri yo gereza ya ya gisirikare ya Makindye. Bavuze ko ubuzima bwe bugenda burushaho kugenda busubira inyuma kubera iyicarubozo ry’indengakamere, kandi no kuba iryo fungwa ridakurikije amategeko ntibakwiye no kumuburanisha, umusivili ufungiye mu rukiko rwa gisirikare. Rutagungira akaba yaragejejwe mu rukiko rwa gisirikare Makindye inshuro imwe gusa. Bakaba batarigeze bagaragaza ibimenyetso bimushinja.

Nkuko itegeko nshinga rya Uganda ribiteganya, urukiko rwa gisirikare ntirugomba kuburanisha umusivile. Nkuko urugaga rw’abavoka bo muri Uganda bamenyesheje ukuriye ubutabera muri Uganda, bityo urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rya Uganda ko kuburanisha abasivili mu nkiko za gisirikare biba bihabanye n’itegeko nshinga rya Uganda.

“Urukiko ruba rudafite ububasha ku rubanza ruba rutabifitiye ububasha, bityo kandi rukaba rutanatanga ubutabera butabogamye, nkuko ingingo ya 28(1) y’itegeko nshinga rya Uganda. Umwanzuro wafashwe n’urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rya Uganda.

Tumukunde, Brig. Kandiho n’abandi nta kimenyetso bari bafite kandi nta n’icyaha baregaga Rutagungira, uzwi n ‘umuryango we kuba inyangamugayo ikurikiza amategeko, ndetse n’inshuti ze bakoranaga ubucuruzi mu Mujyi wa Kampala.  Rutagungira ni inzirakarengane y’inzego z’umutekano, zahawe amabwiriza na Museveni mu rwego rwo kunoza umugambi we mubisha wo gutoteza inzirakarengane z’Abanyarwanda. Ababizi nk’abanyamakuru, bavuga ko Rutagungira ari umwe mu bitambo byinshi by’intama mu ntambara nyinshi za propaganda Museveni arimo kurwana n’URwanda.

Bakaba barareze Rutagungira kwitabira ibikorwa by’ubutasi no gushimuta abantu. Rutagungira n’abamwunganira mu rwego rw’amategeko bakaba banyomoza abarega Rutagungira, basaba ko batanga gihamya, nanubu, bakaba batarabikora.

Kwicurubozo, gufata kungufu, n’ibindi bikorwa by’icarubozo by’indengakamere bikorerwa abanyarwanda batagira ingano bafungiye muri za gereza za gisirikare za Uganda ziba zidakurikije amategeko. Bamwe mu bafunzwe bakubiswe ku buryo bukomeye, ku buryo ubu babaye intere, ubu bakaba baramugaye. Bikaba bimaze kumenyerwa kumva ubutegetsi bwa Uganda bwazanye Abanyarwanda bakabajugunya ku mipaka y’URwanda.

Imibiri myinshi y’aba banyarwanda, harimo n’abagore baba bafite abana bato,  igaragaza ibimenyetso byuko bakorewe iyicarubozo. Iyo uganira nabo benshi baba barahungabanye mu mutwe, ariko kandi umubare w’abagore bafunze ni muto, ugereranije n’umubare w’abagabo bafunzwe, bikaba bivugwa ko abagore bahohoterwa by’umwihariko, kuko batagirirwa ibanga, ndetse no kuba badahabwa abarinda ba bagore.

“Ibi bikaba byorohereza ababa bashaka kubasambanya ku ngufu, nkuko byagaragajwe n’umunyamategeko uri Kampala witwa Gawaya Tegulle, wunganira Abanyarwanda benshi bafungiye muri Uganda mu buryo budakurikje amategeko. Abagore bafunze bakaba bagira ibyago byo kuvanamo inda, kubera ikibazo cy’isuku nke, kutagira ababyaza babizi n’indi mibereho mibi. Izo nda kandi akenshi baziterwa n’abashinzwe umutekano babakangisha guhitamo urupfu.

Abagore bagaruwe mu Rwanda bavuze ukuntu bambitswe ubusa n’inzego z’umutekano, bavuga ko ngo bashakaga kureba uko  ubwambure bw’umunyarwandakazi busa.” Bakaba kandi barabafatishaga umuriro w’amashanyarazi ku myanya yabo y’ibanga, ari nako babategeka kwicara mu mazi bityo inzego z’umutekano zikabakangisha ko bagiye gushyira insinga z’umuriro w’amashanyarazi muri ayo mazi.

Mu magereza menshi ya Uganda aho ibihumbi n’ibihumbi by’abanyrwanda bafungiye batigeze bafunga mu buryo busanzwe, hakurikijwe amategeko, bakubitwa, kwicishwa inzira, no gukora imirimo y’agahato nko guhinga mu mirima y’ibisheke ya Leta, kubumba amatafari n’indi mirimo y’uburetwa.

2019-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura

Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura

RUSHYASHYA 15 Mar 2026
Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Abijuru Ernest wakorewe iyicarubozo ry’inkazi muri Uganda arembeye ku Kamonyi

Ubwanditsi 23 Sep 2019
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025
RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 15 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji
Mu Rwanda

Igihugu nticyatera imbere mugihe abaturage bameze nk’injiji

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Mu gihugu cy’ ubugande Imyigaragambyo y’abadashaka Museveni imaze guhitana ubuzima bw’abarenga 16 basaba ko Umukandida wabo afungurwa
Amakuru

Mu gihugu cy’ ubugande Imyigaragambyo y’abadashaka Museveni imaze guhitana ubuzima bw’abarenga 16 basaba ko Umukandida wabo afungurwa

Ubwanditsi 20 Nov 2020
Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye
Amakuru

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru