• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Editorial 06 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma Dr Richard Sezibera aravuga ko umutwe urwanya leta y’u Rwanda uzwi nka RNC iri mu marembera ati :“ Ni umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika”.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku munsi w’ejo, cyamaze amasaha hafi abiri, Minisitiri Sezibera yasubije umunyamakuru ko RNC atari ikibazo mu bihangayikishije u Rwanda kuri ubu.

Minisitiri Sezibera, yavuze ko ikibazo cy’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bafite imigambi yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda bakorera muri Uganda bibumbiye mu mutwe RNC wa Kayumba Nyamaswa, ari kimwe mu bibazo bitatu u Rwanda rufitanye na Uganda.

Avuga ko abayobozi ba RNC basize bakoze ibyaha mu Rwanda ndetse bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi.

Ikindi kibazo kiriho ngo ni uko hari agatsiko ka RNC kari muri Uganda kagenda kagahimba ibihuha by’ibyo bita ngo ’ibirimo kubera muri Uganda’ bakoherereza RNC muri Afurika y’Epfo na yo igahamagara Uganda iyibwira ngo mufunge kanaka na kanaka.

Ibindi bibazo bibiri muri bitatu bibangamiye umubano w’u Rwanda na Uganda, harimo icy’Abanyarwanda bafatwa bagafungwa, bagakorerwa iyicarubozo nta mpamvu, ku buryo nta muryango cyangwa abahagarariye u Rwanda bashobora kubasura, ibi bikaba byaratangiye mu 2017.

Ikindi kibazo ngo n’icy’ibicuruzwa by’Abanyarwanda bifatirwa na Uganda nta mpamvu kadi nta bisobanuro babihereye u Rwanda.

Yagize ati “Ibyo byose tumaze imyaka ibiri tubiganira na Uganda ariko kugeza ubu nta gisubizo.”

RNC igizwe n’abantu bahunze ibyaha bitandukanye mu Rwanda, aba bamwe ni abahoze mu ngabo z’igihugu RDF n’abandi bahunze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibitekerezo by’ingengabitekerezo ya Jenoside iri muri FDLR niyo yigishwa no muri RNC ya Kayumba Nyamwasa, ari nayo mpamvu bihurije hamwe mukiswe P5. Ndetse abo bagaragara no mu ngabo za Kayumba ziri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu y’amajyepfo, bagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Amakuru akomeza kugaragara avugako ibyo kwihuriza hamwe  kw’inyeshyamba za Kayumba, bitamaze kabiri aho bari muri  Congo [ Sud- Kivu ] mubice bya Bijabo aha ni mu misozi miremire ya Minembwe,inda nini no kutagira umurongo nibyo byatumye basubiranamo  bararasana ndetse  kuri ubu haravugwa ibice bibiri kimwe kiyobowe n’uwitwa Karemera n’ikindi kiyobowe na Ali udacana uwaka n’uwo Karemera.

Impamvu nyamukuru y’uku gicikamo ibice no kurasana  n’inkunga bahabwa na Rujugiro Tribert binyuze muri Leta y’u Burundi, iyi nkunga rero bananiwe kuyigabana birangira basubiranyemo, kuri ubu abasigaye barabarirwa ku ntoki nkuko bivugwa n’uwaduhaye aya makuru wanayahagazeho.

Tubibutse ko RNC yacitsemo ibice, bamwe mu bayigize bajya ku ruhande rwa Kayumba Nyamwasa, abandi bajya ku ruhande rwa Dr Rudasingwa Theogene wari usanzwe ari umuhuzabikorwa waryo.

Uku kutumvikana kwabimburiwe n’umwuka mubi waturutse mu gushaka kwigarurira ububasha bw’ishyaka kwa bamwe, kutavuga rumwe hagati y’abasivili nka Dr Rudasingwa n’abasirikare barangajwe imbere na Kayumba.

Mu myaka itanu ishize bivugwa ko iri shyaka ririmo ibibazo by’imiyoborere kugeza ubwo tariki ya 22 Mata 2016 habaye inama y’abarishinze iyobowe na Dr.Theogene Rudasingwa, isozwa n’ibisa no guterana amagambo gukomeye. Rudasingwa yaje kuvuga ati “RNC iri mu bibazo by’imiyoborere bitigeze bibaho, aho mu ishyaka harimo amakimbirane n’imyitwarire mibi idashobora kwihanganirwa”.

2019-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Editorial 11 Nov 2022
Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Ibinyamakuru bikorera mu kwaha k’urwego rw’ubutasi rwa Uganda bikomeje gusebya u Rwanda, mu buswa n’ubusazi butangaje

Editorial 18 Oct 2020
Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Ibivugwa ko u Rwanda rugiye kwikebera igice cya DR Congo nta shingiro bifite – Minisitiri Biruta

Editorial 08 Jan 2020
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Editorial 09 Dec 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Bazibaza
    March 6, 20193:29 pm -

    Ubu u Rwanda rurimo ibibondo, incuke, ingimbi, abageni,abakwe, incike,n’abandi. Icyo bakeneye ni amahoro n’umutekano.

    Ese abarwanya Leta bashaka kuzana Akarusho?
    Ese bifitemo imitegekere ya kimarayika?

    Aho gushyigikira Marayika ntazi, ntabonye, nashyigikira Umuntu nzi, nabonye, kdi ugenda arushaho gutunganya ibidatunganye.

    Nibyo ubona tutarageraho, bikitubereye inzozi nabyo tuzabigeraho. Hari ibitaragerwaho kubera abo bose bashinyitse amenyo bashaka kumira bunguri umutekano, iterambere n’ituze by’abanyarwanda.

    Nibatuze maze urebe ko byose bitagenda neza. Ubu rero Dutange Freedom, liberte d’expression 100%,…, kwigaraganza,…mu gihe FDRL RNC, Ubujiji, bikiri hariya? BIZAZA ARIKO IGIHE NTIKIRAGERA. SI UKO BITAZWI ariko n’ubu ntitubayeho nabi. KORANORYA.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama
Mu Mahanga

Abaturage barasabwa kwitabira amatora y’abajyanama

Editorial 19 Feb 2016
BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Editorial 17 Jul 2019
Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda

Editorial 10 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru