• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Editorial 25 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Rtd Lieutenant Colonel Guillaume Ancel, wari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yahamije ko intego nyamukuru ya ‘Operation Turquoise’, atari ukurokora ubuzima bw’inzirakarengane zicwaga ahubwo yari ugushyigikira Guverinoma yakoze Jenoside.

Hashize imyaka ine Ancel avuze ko ingabo z’u Bufaransa zari muri ‘Opération Turquoise’ mu Rwanda zahaye intwaro Leta yakoze Jenoside, ikaza no kuzihungana mu nkambi zo muri Zaïre, aho yisuganyirizaga ishaka kugaruka gutera igihugu.

Mu kiganiro yagiranye na Igihe dukesha iyi nkuru, Ancel, yatangaje ko habayeho ukutumvikana hagati y’ingabo zari muri Operation Turquoise kuko hari impande ebyiri; urwo gutabara abicwaga n’urwo gukingira ikibaba abakoze Jenoside. Gusa ngo ukuri kw’ibyabaga ni uko kwari ugutegura urugamba rwo kurwanya ingabo za FPR no kugumisha ku butegetsi abari baburiho.

Yakomeje avuga ko yaguye mu rujijo kuko babwirwaga ko bagiye kubungabunga uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ariko nyuma akaza gusoma zimwe mu nyandiko zagizwe ibanga zamuhamirije ko u Bufaransa bwari buzi neza ko abo bushyigikiye ari abakoze Jenosideri.

Yagize ati “Byaje kumbabaza ubwo nasomaga inyandiko zerekanaga ko mu ntangiriro za Gicurasi 1994, urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”

Ancel avuga ko kuva Opération Turquoise yatangira bakomeje kugendera ku kinyoma gikomeye cyihishe inyuma ya politiki, akifuza ko u Bufaransa bugaragaza inyandiko z’ibanga z’umubano wabwo na Guverinoma yakoze Jenoside ndetse  bukemera uruhare rwose bwayigizemo.

Mu gitabo Ancel aherutse gusohora yise ‘‘Rwanda, la Fin du Silence’’ yavuze muri Nyakanga, mu nkambi y’impunzi muri Zaïre, yabonye u Bufaransa buha intwaro ingabo za Leta kandi bwari buzi ko bakoze Jenoside ndetse hakabaho gukimbirana mu gihe havugwaga ku kwambura intwaro ingabo zakoze Jenoside.

Kuyobya uburari kwa Alain Juppé

Bamwe mu bategetsi b’u Bufaransa, barimo uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wabwo mu gihe cya Jenoside, Alain Juppé, bumvikana cyane bahakana, bakanapfobya Jenoside ndetse bagashimangira ko Operation Turquoise yakoze ibyo yagombaga gukora.

Guillaume Ancel

Ancel avuga ko aya magambo ya Alain Juppé, ari ibinyoma no gushaka kuyobya uburari ku bushake ngo bikureho igisebo cy’icyasha cya Jenoside bafite.

Avuga kandi ko impamvu Abafaransa batambuye intwaro abajenosideri ndetse bakashakira inzira ibajyana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari uko bari bafatanyije mu mugambi wo kurwanya ingabo zari iza FPR.

‘Opération Turquoise’ ni ubutumwa ingabo 2500 z’u Bufaransa zoherejwemo mu Rwanda nyuma y’umwanzuro w’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano, wo ku wa 22 Kamena 1994. Intego yari ‘uguhagarika ubwicanyi’. Izi ngabo zakoreraga hafi n’umupaka w’u Rwanda na Zaïre mu duce twa Cyangugu, Kibuye na Gikongoro.

2018-03-25
Editorial

IZINDI NKURU

Rusesabagina ngo yaba avuye I Burundi gusura ingabo za FLN mugihe Sankara avugwa muri Uganda

Rusesabagina ngo yaba avuye I Burundi gusura ingabo za FLN mugihe Sankara avugwa muri Uganda

Editorial 04 Oct 2018
Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Editorial 09 Aug 2024
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Editorial 17 Nov 2021
Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Jambo asbl ni agatsiko k’abana b’interahamwe bagamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 24 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Editorial 23 Dec 2019
Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze
Mu Mahanga

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Editorial 16 Jun 2016
Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria
POLITIKI

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Editorial 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru