• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI, UBUTABERA

Urukiko rw’ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwasabiwe n’ubushinjacyaha guhamya uruhare rwa Claude Muhayimana muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rusaba ko ahanishwa igifungo cy’imyaka 15. Ibi byatangajwe ku wa 26 Gashyantare 2026 mu iburanisha rya nyuma ry’urubanza rwatangiye ku wa 3 Gashyantare, aho biteganyijwe ko umwanzuro uzatangazwa ku wa Gatanu.

Claude Muhayimana yahamijwe n’urukiko rwa Paris mu 2021 icyaha cyo kugira uruhare muri Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byakorewe mu Bisesero hagati ya Mata na Kamena 1994, akatirwa imyaka 14 y’igifungo. Nyuma y’iyo myanzuro yajuririye asaba kugirwa umwere, ndetse n’ubushinjacyaha n’abaregwa barajuriye, bituma urubanza rusubirwamo mu bujurire.

Ruharwa Muhayimana yavukiye mu cyahoze ari perefegitura ya Kibuye, ubu ni mu Karere ka Karongi, mu 1961. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoraga akazi ko gutwara imodoka. Yagiye kuba mu Bufaransa mu 2001, aza kubona ubwenegihugu bwabwo muri 2010, aho yakoraga mu mirimo y’ubuyobozi bw’umujyi wa Rouen.

Mu iburanisha ryo mu bujurire, abatangabuhamya batandukanye bagaragaje ko Muhayimana yagize uruhare rutaziguye mu bikorwa by’ubwicanyi. Umwe mu batangabuhamya, wari umugore we, yavuze ko yamubonye atwara Interahamwe mu modoka itukura yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yanditseho “Guest House”, itwaye abantu bitwaje intwaro baririmba indirimbo zikangurira kurimbura Abatutsi.

Yavuze ko yamubonye kenshi muri Mata, Gicurasi na Kamena 1994 mu Kibuye.

Yavuze kandi ko Muhayimana yatwaye umurambo w’umujandarume wishwe i Karongi ajyanwa gushyingurwa. Uwo mugore yahakanye ibyo kwitwaza ko nta bushobozi yari afite bwo kugira uruhare mu bwicanyi, agaragaza ko kuba yaragenzuraga imodoka zitwara abicanyi, agatwara imirambo kandi akagirana imikoranire n’inzego z’ubuyobozi byerekana ko yagize uruhare rugaragara mu bwicanyi.

Abandi batangabuhamya, barimo uwo bakoranaga, babwiye urukiko ko babonye imodoka zitandukanye zirimo Daihatsu y’ubururu n’imodoka itukura zikoreshwa mu gutwara Interahamwe mu gihe cya Jenoside. Ubuhamya bwerekanye ko yajyanaga abo bicanyi mu bice bitandukanye birimo imisozi ya Karongi na Bisesero aho Abatutsi bahigwaga, akabagarura mu mujyi wa Kibuye.

Ku ruhande rw’abunganira Muhayimana, basabye ko yagirwa umwere, bavuga ko ibimenyetso bitatanzwe mu buryo bufatika kandi ko ubuhamya bumushinja budafite ireme. Bavuze ko hari ukunyuranya mu matariki n’aho ibikorwa bivugwa byabereye, ndetse ko hari n’umutangabuhamya wigeze kwisubiraho akuraho ubuhamya bwe.

Claude Muhayimana yafashwe n’inzego z’umutekano z’u Bufaransa ku wa 9 Mata 2014 nyuma y’ikirego cyatanzwe na Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda.

Urutonde rw’abakatiwe n’inkiko zo mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi rurimo amazina atandukanye y’abahamijwe uruhare muri ayo mahano. Muri bo harimo Pascal Simbikangwa wakatiwe imyaka 25 y’igifungo mu 2014, Tito Barahira na Octavien Ngenzi bakatiwe igifungo cya burundu mu 2016 no mu bujurire mu 2018, ndetse na Laurent Bucyibaruta wakatiwe imyaka 20 y’igifungo mu 2022 azira uruhare rwe mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi.

Hari kandi Sosthène Munyemana wahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu akatirwa imyaka 24 y’igifungo mu 2023, Eugène Rwamucyo wakatiwe imyaka 27 y’igifungo mu 2024 azira ubufatanyacyaha muri Jenoside, ndetse na Philippe Hategekimana uzwi nka “Biguma” wakatiwe igifungo cya burundu mu 2023 ku ruhare yagize mu bwicanyi bwo mu 1994.

Izi manza zigaragaza ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda, ubutabera mpuzamahanga bukomeje gukurikirana abakekwaho kuyigiramo uruhare aho bari hose ku isi, hagamijwe kurenganura abarokotse no guca umuco wo kudahana ku byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu.

2026-02-27
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Mugisha Emmanuel Clapton uzwi nka Kibonke yavuze ko ataretse ibikorwa byo gusetsa ajya imbere y’abantu bizwi nka Standup Comedy, asobanura ko kuri ubu ahubwo yahisemo kuyikora mu buryo bwa Filimi

Ubwanditsi 11 Mar 2021
Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Hahamagawe abakinnyi 12 b’ikipe y’igihugu y’abagore ikina umukino wa sitting volley yitegura Paralempike ya 2020 izabera i Tokyo mu mpeshyi ya 2021

Ubwanditsi 13 Mar 2021
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Ubwanditsi 26 Jan 2024
Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Ubwanditsi 19 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya
Amakuru

Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya

Ubwanditsi 26 Jul 2024
Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Impunzi nk’igicumbi cyo gukuramo abajya mu mitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa
Amakuru

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru