• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwa bya RDF muri Mozambique nibikomeza gukerenswa U Rwanda ruzafata icyemezo gikomeye cyo Kuzicyura   |   15 Mar 2026

  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI, UBUTABERA

Urukiko rw’ubujurire rwa Paris mu Bufaransa rwasabiwe n’ubushinjacyaha guhamya uruhare rwa Claude Muhayimana muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rusaba ko ahanishwa igifungo cy’imyaka 15. Ibi byatangajwe ku wa 26 Gashyantare 2026 mu iburanisha rya nyuma ry’urubanza rwatangiye ku wa 3 Gashyantare, aho biteganyijwe ko umwanzuro uzatangazwa ku wa Gatanu.

Claude Muhayimana yahamijwe n’urukiko rwa Paris mu 2021 icyaha cyo kugira uruhare muri Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu byakorewe mu Bisesero hagati ya Mata na Kamena 1994, akatirwa imyaka 14 y’igifungo. Nyuma y’iyo myanzuro yajuririye asaba kugirwa umwere, ndetse n’ubushinjacyaha n’abaregwa barajuriye, bituma urubanza rusubirwamo mu bujurire.

Ruharwa Muhayimana yavukiye mu cyahoze ari perefegitura ya Kibuye, ubu ni mu Karere ka Karongi, mu 1961. Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoraga akazi ko gutwara imodoka. Yagiye kuba mu Bufaransa mu 2001, aza kubona ubwenegihugu bwabwo muri 2010, aho yakoraga mu mirimo y’ubuyobozi bw’umujyi wa Rouen.

Mu iburanisha ryo mu bujurire, abatangabuhamya batandukanye bagaragaje ko Muhayimana yagize uruhare rutaziguye mu bikorwa by’ubwicanyi. Umwe mu batangabuhamya, wari umugore we, yavuze ko yamubonye atwara Interahamwe mu modoka itukura yo mu bwoko bwa Toyota Hilux yanditseho “Guest House”, itwaye abantu bitwaje intwaro baririmba indirimbo zikangurira kurimbura Abatutsi.

Yavuze ko yamubonye kenshi muri Mata, Gicurasi na Kamena 1994 mu Kibuye.

Yavuze kandi ko Muhayimana yatwaye umurambo w’umujandarume wishwe i Karongi ajyanwa gushyingurwa. Uwo mugore yahakanye ibyo kwitwaza ko nta bushobozi yari afite bwo kugira uruhare mu bwicanyi, agaragaza ko kuba yaragenzuraga imodoka zitwara abicanyi, agatwara imirambo kandi akagirana imikoranire n’inzego z’ubuyobozi byerekana ko yagize uruhare rugaragara mu bwicanyi.

Abandi batangabuhamya, barimo uwo bakoranaga, babwiye urukiko ko babonye imodoka zitandukanye zirimo Daihatsu y’ubururu n’imodoka itukura zikoreshwa mu gutwara Interahamwe mu gihe cya Jenoside. Ubuhamya bwerekanye ko yajyanaga abo bicanyi mu bice bitandukanye birimo imisozi ya Karongi na Bisesero aho Abatutsi bahigwaga, akabagarura mu mujyi wa Kibuye.

Ku ruhande rw’abunganira Muhayimana, basabye ko yagirwa umwere, bavuga ko ibimenyetso bitatanzwe mu buryo bufatika kandi ko ubuhamya bumushinja budafite ireme. Bavuze ko hari ukunyuranya mu matariki n’aho ibikorwa bivugwa byabereye, ndetse ko hari n’umutangabuhamya wigeze kwisubiraho akuraho ubuhamya bwe.

Claude Muhayimana yafashwe n’inzego z’umutekano z’u Bufaransa ku wa 9 Mata 2014 nyuma y’ikirego cyatanzwe na Collectif des Parties Civiles pour le Rwanda.

Urutonde rw’abakatiwe n’inkiko zo mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi rurimo amazina atandukanye y’abahamijwe uruhare muri ayo mahano. Muri bo harimo Pascal Simbikangwa wakatiwe imyaka 25 y’igifungo mu 2014, Tito Barahira na Octavien Ngenzi bakatiwe igifungo cya burundu mu 2016 no mu bujurire mu 2018, ndetse na Laurent Bucyibaruta wakatiwe imyaka 20 y’igifungo mu 2022 azira uruhare rwe mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi.

Hari kandi Sosthène Munyemana wahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu akatirwa imyaka 24 y’igifungo mu 2023, Eugène Rwamucyo wakatiwe imyaka 27 y’igifungo mu 2024 azira ubufatanyacyaha muri Jenoside, ndetse na Philippe Hategekimana uzwi nka “Biguma” wakatiwe igifungo cya burundu mu 2023 ku ruhare yagize mu bwicanyi bwo mu 1994.

Izi manza zigaragaza ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda, ubutabera mpuzamahanga bukomeje gukurikirana abakekwaho kuyigiramo uruhare aho bari hose ku isi, hagamijwe kurenganura abarokotse no guca umuco wo kudahana ku byaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu.

2026-02-27
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Zambia: Leta iraha icyizere impunzi z’Abanyarwanda cyo kuziha ubwenegihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Igitima kiradiha kuri  Kayumba Nyamwasa kubera uruzinduko Perezida Kagame agiye kugirira I Paris

Igitima kiradiha kuri Kayumba Nyamwasa kubera uruzinduko Perezida Kagame agiye kugirira I Paris

Ubwanditsi 15 May 2018
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Ubwanditsi 04 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame
UBUKUNGU

Ibintu bitatu nibyo shingiro ry’ibyo tumaze kugeraho- Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu
Amakuru

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025
Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru