• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Rulindo:Polisi y’U rwanda mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikje

Editorial 16 Nov 2016 Mu Mahanga

Abaturage bo mu murenge wa Tumba, mu karere ka Rulindo ku wa 12 Ugushyingo bifatanyije na Polisi y’u Rwanda muri aka karere mu gikorwa cyo kubungabunga no kurengera ibidukikije; bakaba barateye ibiti bitangiza imyaka ku buso bwa hegitari enye mu rwego rwo kurwanya isuri.

Ibyo biti byo mu bwoko bwa Gereveriya babiteye mu nkengero za Sitasiyo ya Polisi ya Tumba iherereye mu kagari ka Nyirabirori ndetse no mu mirima y’abaturage ihegereye.

Icyo gikorwa cyateguwe na Polisi y’u Rwanda muri Rulindo ifatanyije n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Tumba; kikaba kandi cyaritabiriwe n’Ingabo z’Igihugu hamwe n’Urwego rwunganira uturere mu kubungabunga umutekano (DASSO).

Uretse gutera ibiti mu nkengero za Sitasiyo ya Polisi ya Tumba, abaturage n’izo nzego bakoze kandi isuku ku muhanda ugana kuri iyo Sitasiyo ya Polisi.

Nyuma y’uwo muganda, izo nzego zagiranye inama n’abo baturage, zikaba zarabakanguriye kutangiza ibidukikije mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Tumba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Nsabimana yasabye abo baturage gufata neza amaterase y’indinganire bakorewe na Leta, gutera ibiti aho batuye ndetse no mu mirima yabo, kudacukura amabuye y’agaciro, umusenyi, n’amabuye asanzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Yabagiriye inama yo kuzirika ibisenge by’amazu yabo kugira ngo umuyaga utabigurukana, gufata amazi ava ku mazu yabo mu rwego rwo kwirinda ko yagira abo asenyera cyangwa akangiza ibikorwa remezo nk’imihanda n’intindo.

IP Nsabimana yakomeje ababwira ati:”Kwangiza ibidukikije bitera ibiza birimo inkangu n’imyuzure. Murasabwa kwirinda ibikorwa byose bishobora kubyangiza (ibidukikije); kandi mwubahirize gahunda za Leta zigamije kubibungabunga.

Yashimye inzego n’abaturage bifatanyije na Polisi muri ibyo bikorwa byo gutera ibiti no gukora isuku ku muhanda ugana kuri Sitasiyo ya Polisi ya Tumba.

Umuyobozi w’iyo Sitasiyo yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ibyaha aho biva bikagera no kugira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru y’ababikoze cyangwa abo babikekaho.

Ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu murenge wa Tumba, Nkurunziza Diogene yasabye abaturage kurengera ibidukikije mu byo bakora birinda ibikorwa birimo gutema amashyamba no gutwika amakara mu buryo butubahirije amategeko.

Mu rwego rwo kwifatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije, Polisi y’u Rwanda imaze gutera ibiti kuri hegitari zigera kuri 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

Yashyizeho kandi agashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ry’ibidukikije n’ibyaha bibikomokaho (Environmental Protection Unit – EPU), kakaba mu byo gashinzwe harimo karwanya uburobyi bw’amafi butemewe n’amategeko cyangwa budatunganye, guhumanya ikirere n’amazi , n’ibyaha ndengamipaka bijyanye no kwangiza ibidukikije.

-4687.jpg

Na none mu rwego rwo gushimangira ubufatanye n’izindi nzego mu kubungabunga no kurengera ibidukikije; Polisi y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’uturere twose tw’igihugu akubiyemo ingingo zirimo kubungabunga amapariki, amashyamba n’ibishanga, kurwanya ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko, n’ibindi bikorwa bigira ingaruka mbi ku rusobe rw’ibinyabuzima.

RNP

2016-11-16
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Uganda: Umudepite yareze mu rukiko umunyeshuri wamwandikiye ubutumwa bw’urukundo

Editorial 05 Oct 2018
Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Editorial 06 Sep 2024
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Editorial 16 Dec 2023
U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

U Butaliyani bwashyizeho agahigo ko kuba ikipe ya mbere itsinze ibitego byinshi mu mukino ufungura irushanwa rya EURO.

Editorial 12 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken
Mu Rwanda

Une étrange rumeur sur des tirs contre Kabila relayée par Theo Francken

Editorial 26 Sep 2016
Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu
INKURU NYAMUKURU

Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu

Editorial 11 Nov 2019
Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?
Amakuru

Ruswa ivuza ubuhuha mu nteko Ishinga Amategeko y’Abanyaburayi, yaba ariyo ituma bamwe mu badepite bayo bikoma u Rwanda?

Editorial 12 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru