• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Rwamagana: Umugore w’imyaka 30 yajujubije abaturage abiba ihene akanabomora n’amazu

Rwamagana: Umugore w’imyaka 30 yajujubije abaturage abiba ihene akanabomora n’amazu

Editorial 04 Jun 2017 ITOHOZA

Abaturage bo mu karere ka Rwamagana baravuga ko babangamiwe n’umugore wari usanzwe azwiho kwiba ihene, ubu aramena inzu akiba ibikoresho byiganjemo imyenda n’inkweto.

Nyiransengimana Beatrice , ni umugore uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko, yafashwe n’ abaturage bo mu Kagari ka Cyanya, Umurenge wa Kigabiro, akarere ka Rwamagana. Kubera ko yabaye iciro ry’imigani ntabwo bigeze biruhiriza ubusa ngo bamushyikirize polisi kuko bakeka ko nta cyo byatanga, n’ubusanzwe amaze kujyanwayo inshuro nyinshi akarekurwa.

Bavuga ko bajya mu mirimo yabo aho batahukiye bagasanga uyu mugore yabacucuye, kwibwa ihene byo bari barabimenyereye igihangayikishije ubu nuko hajeho icyo kumena inzu zabo, bagasanga ingufuri yazimennye akiba ibirimo.

Nzabonimana Hassan, avuga ko aherutse kwibwa abaturanyi bakamubwira ko hari umugore babonye yicaye ku irembe ry’iwe,nyuma aza gufatwa ashinjwa kumena inzu.

Agira ati: “Uyu mugore mwabonye nsanze bamufashe nibuka umunsi nibwa, bambwiye ko babonye i wanjye umugore, byabaye ngombwa ko ntumaho abamubonye bagera kuri 2 bombi bahuriza ku kwemeza ko ari we bahabonye, gusa ndatunguwe ingeso yo kumena amazu twari dusanzwe tuyizi ku bagabo ariko uyu arantunguye cyane, nabuze icyo nakora kuko ntabwo ari umuturage tuzi muri aka gace”.

Nyiransengimana Beatrice, ushinjwa n’abaturage kumena inzu ntaca ku ruhande ngo ahakane ibyo avugwaho, avuga ko yaretse kwiba ihene ubu ngo ariko akaba asigaye yiba mu nzu kumanywa y’ihangu.

-6787.jpg
Agira ati “kwiba ihene narabiretse kuko basigaye bazicunga cyane banyirazo, iyo mbonye urugo rutarimo abantu ndakingura nabona imyenda cyangwa inkweto nkabitwara, nanjye ntabwo nzi uburyo mpafungura, maze igihe kinini niba hari abamfata bakankubita ubu narashize kubera inkoni nanjye ntabwo ari njyewe ni ubuzima”.

Aha ashinjwa kwiba ntabwo ariho atuye, ati “Umubyeyi wanjye aba Nyagatare ariko njye nkunze kuba kabuga ariko na hano Rwamagana ndahaza mbiterwa n’ubuzima bubi”.

Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bugiye gukurikira ibibazo uyu mugore afite, Kazayire Judith, umuyobozi w’iyi ntara aganira na Bwiza.com, yemeje ko basanze afite ikibazo bamufasha.

Ati “Ntabwo byari bisanzwe kumva umugore ufite iyo ngeso ariko icyo tugiye gukora ni ukumukurikirana nk’umuturage wacu twasanga ari muzima nta kindi kibazo afite agafatwa agakurikiranwa n’ubutabera, ariko twasanga hari ibibazo afite byihariye twamufasha nk’umuturage wacu”.

Nyiransengimana Beatrice avuga ko we na nyina ari abimukira baturutse mu Ntara y’Amajyaruguru, bagatura mu karere ka Nyagatare, ku bwe avuga ko atazi ikimutera kwiba ko yagiye ashaka kubireka bikamunanira, gusa abaturage bo bashimangira ko ashobora kuba afite ikindi kibazo cy’ubuzima ko ibyo akora asa nk’uwitereye ikizere.

Ku wa 24 Ugushyingo 2016, Beatrice yafatiwe mu mudugudu wa Nyamugali, Akagari ka Gitare, Umurenge wa Base yibye Ihene ahita ayica, abaturage bo muri uwo murenge bamufashe bemezaga ko yari agiye kuyishyira mu mufuka ngo ayijyane ndetse banashimangiraga ko yabajujubije.

2017-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

CNN mu bukangurambaga bwa RNC mugutangaza ibihuha ku itabwa muri yombi ry’umunyarwanda ukekwaho gukorera ubutasi Uganda n’ishimutwa ry’abanyarwanda

Editorial 27 Dec 2019
Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Aimable Karasira yavanye he ubudahangarwa butuma adakurikiranwa ngo ahanirwe uburozi aroha mu baturage?

Editorial 24 May 2021
Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Editorial 22 Feb 2017
Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Editorial 30 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje
Amakuru

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Editorial 27 Jan 2021
Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu
INKURU NYAMUKURU

Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu

Editorial 08 Oct 2018
Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100
POLITIKI

Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Editorial 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru