• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Editorial 08 Mar 2018 UBUKUNGU

  • 15% ya budget y’u Rwanda ashyirwa mu buzima…Bikorwa n’ibihugu bike muri Africa.
  • Umubare w’abagore bapfa babyara waragabanutse ariko ngo ntibihagije.

Minisitiri w’Imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete avuga ko Leta y’u Rwanda ishyira ingengo y’imari ihagije mu rwego rw’ubuzima kuko nta kindi cyagerwaho hatari ubuzima bwiza, akavuga ko ibi biri gutanga umusaruro mwiza kuko ubu ikizere cyo kuramba ku banyarwanda kigeze ku myaka 67 mu gihe mu gihe cyatambutse cyari munsi y’imyaka 50.

Amb Gatete Claver avuga ko imari ihagije ishyirwa mu buzima bw'u Rwanda yatanze umusaruro ushimishije

Amb Gatete Claver avuga ko imari ihagije ishyirwa mu buzima bw’u Rwanda yatanze umusaruro ushimishije

I Kigali, uyu munsi hatangiye inama mpuzamahanga y’Iminsi ibiri ihuza inzego z’Ubuzima n’abafatanyabikorwa bazo ku mugabane wa Africa ngo barebere hamwe icyatuma  uru rwego rukomeza kugira ingufu.

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda ivuga ko isangiza ibindi bihugu ibimaze kugerwaho mu buzima n’ubuvuzi bw’Abanyarwanda bishingiye ku kuba urwego rw’ubuzima rushyirwamo ingengo y’imari ihagije, hejuru ya 15% by’ingengo y’imari yose y’igihugu.

Minisitiri w’imari n’Igenamigambi Amb. Claver Gatete watangije iyi nama ku mugaragaro avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbere ubuzima kuko ntacyo bungana.

Ati “Ubuzima ni ubuzima nyine, turabukeneye, mbere yo gutekereza ibindi byose dushyiramo amafaranga, tutekereza ubuzima, burahenda ariko buranakenewe.”

Agaruka ku musaruro w’aya mafaranga atubutse ashyirwa mu rwego rw’Ubuzima, Amb. Gatete ati “Ugiye kureba imyaka y’Abanyarwanda muri rusange iragera hafi kuri 67 tuvuye hasi rwose ya 50.”

Gatete ugaragaza ibiba bikenewe kugira ngo urwego rw’ubuzima rukore neza birimo amavuriro; ibikoresho n’ubwishingizi, avuga ko n’ubwo hashyirwamo imari itubutse ariko hakiri byinshi byo gukora.

Imfu z’abagore n’abana zaragabanutse ariko ntibihagije…

Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo k’ibarurishamibare muri 2016, bwagaragaje ko kuva mu mwaka wa 2000 umubare w’abana bapfa bavuka wavuye kuri 107 ku bana 1000 ukagera kuri 32, naho abapfaga batarageza ku myaka itanu bakava kuri 152 bagera kuri 50 ku bana 1000.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba avuga ko ubu abagore bapfa babyara ari 210 ku bagore 100 000, naho abana bapfa batarengeje ukwezi bakaba 16 ku 1000.

Avuga ko nubwo iyi mibare uri hasi ugereranyije n’ibindi bihugu byo ku mugabane wa Africa ariko ikwiye kugabanuka birenze uku.

Dr Gashumba ibihugu byitabiriye iyi nama biza kugaragaza ingamba bishyira mu buzima, u Rwanda rukaza kubisangiza ibikorwa birimo gahunda y’abajyanama b’ubuzima basigaye bafasha abantu midugudu yose.

Abana barenga 93% bahabwa inkingo ku buntu, ababyeyi 91% bakaba babyarira kwa muganga.

Dr Gashumba ati “Ariko natwe hari ibyo tudakora neza dukwiye kuvugurura n’abo 9% batabyarira kwa muganga tugomba kubafasha ku buryo bose babyarira kwa muganga.

Dr Belay Begashaw uyobora ikigo gishinzwe kwihutisha intego z’iterambere rirambye cyanateguye iyi nama, avuga ko inzego z’Ubuzima muri Africa zishyirwamo amafaranga menshi ariko abazikoramo ntibite ku nshingano zabo uko bikwiye.

Ati “Imari ishyirwamo mu nzego z’ubuzima ni kimwe ariko n’ireme rivamo ni ikindi.”

Dr Belay avuga ko igikwiye gushyirwamo ingufu ari igenzura rigomba gukorerwa inzego z’ubuzima kugira ngo abazikoramo bubahirize inshingano zabo uko bikwiye.

Dr Belay uyobora SGDC Africa avuga ko hakwiye gushyirwaho igenzura rifite imbaraga mu nzego z'ubuzima

Dr Belay uyobora SGDC Africa avuga ko hakwiye gushyirwaho igenzura rifite imbaraga mu nzego z’ubuzima

Abaturutse mu bihugu bitandukanye biteguye gusangira ibitekerezo

Abaturutse mu bihugu bitandukanye biteguye gusangira ibitekerezo

Urwego rw'ubuzima muri Africa rukwiye imbaraga nyinshi

Urwego rw’ubuzima muri Africa rukwiye imbaraga nyinshi

Ngo muri Africa hari benshi bagipfa bazira kutira ku nshingano kw'abakora mu nzego z'ubuzima

Ngo muri Africa hari benshi bagipfa bazira kutira ku nshingano kw’abakora mu nzego z’ubuzima

Nyuma yo gutangiza iyi nama hakurikiye ibiganiro byo gusangizanya ingamba

Nyuma yo gutangiza iyi nama hakurikiye ibiganiro byo gusangizanya ingamba

Iyi nama yitezwemo kugabanya imfu zikomeje gutwara ubuzima bw'Abanyafurika

Iyi nama yitezwemo kugabanya imfu zikomeje gutwara ubuzima bw’Abanyafurika

Source: Umuseke

2018-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Perezida Kagame asanga ubwiyongere bw’abanyafurika budakwiriye gufatwa nk’ikibazo

Editorial 09 Dec 2018
Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Intego umunani muri 52 z’icyerekezo 2020 nizo zimaze gushyirwa mu bikorwa 100%

Editorial 27 Feb 2018
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Editorial 24 Sep 2025
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Editorial 27 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique
Amakuru

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Editorial 21 Aug 2024
Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania
Amakuru

Kalimba Alice na Umubyeyi Zakia bakiniraga Scandinavia WFC berekeje mu ikipe ya Tigers Sports Academy yo muri Tanzania

Editorial 01 Sep 2021
Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala
INKURU NYAMUKURU

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Editorial 06 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru