• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Rwanda – Uganda :  Nta banyarwanda bahawe rugari ngo bajye muri Uganda nkuko biherutse gutangazwa

Editorial 22 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ikinyamakuru The East African kuri uyu wa Gatandatu cyasohoye inkuru ivuga ko umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi wagabanutse ndetse abaturiye umupaka wa Gatuna ngo bagitangarije ko bemerewe kwambuka ariko bagabahwa igihe bagomba kugarukira.

Guverinoma y’u Rwanda yateye utwatsi ibyo guha rugari abanyarwanda ngo bambuke bajye muri Uganda nyuma y’iminsi bagiriwe inama yo kudakora ingendo muri iki gihugu cy’igituranyi kubera kutizera ko bazagaruka amahoro, nyuma y’igihe abanyarwanda bashimutirwa muri icyo gihugu, bagafungwa, bagatotezwa abandi bakajugunywa ku mupaka baranegekaye.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Mari Vianney, yabwiye Itangazamakuru  ko nta baturage bahawe rugari ngo bajye muri Uganda kuko ibyatumye bagirwa inama yo kutajyayo bitaravaho.

Yavuze ko ahubwo icyabaye ari uko bafashije abari barasizeyo imitungo yabo bakajya kuyizana.

Yagize ati “Ntabwo babaretse ahubwo icyabaye hari abaturage bari bafiteyo ibintu nka butike, ibicuruzwa, abafiteyo imyaka, imirima cyangwa bafite ubutaka bahingayo. Abo bakoze urutonde kugira ngo bafate ibintu byabo ariko ntabwo ari ukubaha rugari.”

Umwe mu bayobozi bakuru yabwiye ikinyamakuru Virunga Post ko Guverinoma y’u Rwanda nta ho yagiriye inama abaturage yo kujya muri Uganda.

Yagize ati “Nta n’umwe wigeze atangaza ko abanyarwanda ubu bashobora kujya muri Uganda batikanga gushimutwa cyangwa gufatwa n’Urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare (CMI), urushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) cyangwa abashinzwe abinjira n’abasohoka.”

Uwo muyobozi yavuze ko atazi amakuru y’uko abanyarwanda bemerewe kujya muri Uganda batikandagira yavuye.

Ubusanzwe umupaka wa Gatuna wafunzwe ku makamyo manini  kuva muri Gashyantare uyu mwaka ubwo Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyavugaga ko ari ukugira ngo hihutishwe imirimo yo kuwubaka.

Ubu imirimo yo kubaka uwo mupaka igeze ku gipimo cya 87 %.

2019-04-22
Editorial

IZINDI NKURU

Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Amagare yahinduye ubuzima bwa benshi muri Afurika” – Perezida Kagame

Editorial 25 Sep 2025
Alex Kanyankole wayoboraga BRD yirukanywe

Alex Kanyankole wayoboraga BRD yirukanywe

Editorial 07 Dec 2017
Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Editorial 11 May 2020
Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa  Congo

Tanzania irashinja Amerika kuba yaratumye abasirikare bayo bicirwa Congo

Editorial 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza
IMIKINO

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Editorial 13 Nov 2016
Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Editorial 17 Apr 2020
Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi
SHOWBIZ

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Editorial 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru