• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Editorial 08 Mar 2019 ITOHOZA

Nyuma y’ikiganiro cyatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Sezibera Richard agaragaza ibibazo bitatu by’ingenzi bibangamiye umubano w’u Rwanda na Uganda; mugenzi we wa Uganda nawe yasohoye itangazo ahanini ahakana ibyavuzwe ariko igikomeje kugaragara nuko muri iryo tangazo nta bisobanuro ku bibazo byavuzwe n’u Rwanda byatanzwe uretse guhakana bya nyirarureshwa bivanzemo n’ibinyoma.

Iri tangazo ryuzuyemo ibinyoma bisanzwe kuri bamwe mu bayobozi ba leta ya Uganda bahora baharanira kwanduza isura y’u Rwanda ngo bibagize ibibazo byugarije igihugu cyabo.

Kutesa yatangiye yandika ko atari ukuri ko Uganda iha indiri abarwanya u Rwanda anashimangira ko bidashoboka ko bafasha abarurwanya.

Sam Kutesa, Ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Uganda

Nkuko na raporo y’impuguke za Loni ubwayo yabigaragaje, Kayumba Nyamwasa na RNC ye hamwe n’icyiyise ‘P5’ bafite abarwanyi muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo. Abayobozi ba RNC birazwi ko Uganda bayigize indiri aho ba Kayumba na Rugema birirwa bafasha inzego z’umutekano gufata abanyarwanda bakabafunga ndetse bakanabakorera iyicarubozo.

Ikindi yirengagije ni abayobozi ba FDLR aribo LaForge Fils Bazeye wari Umuvugizi wa FDLR na Lt. Col. Abega wari ushinzwe iperereza muri uwo mutwe, bafatiwe ku mupaka wa Bunagana mu Ukuboza 2018 bavuye muri Uganda mu nama yabaye hagati ya tariki 15-16 Ukuboza, yahuje abahagarariye RNC ya Kayumba Nyamwasa na FDLR.

Inkuru bifitanye isano: Hari Amakuru ‘Meza Akenewe’ Bazeye Na Lt. Col. Abega Bo Muri FDLR Bamaze Guha U Rwanda

Urundi rugero rugaragaza ibinyoma bya Kutesa ni itsinda ry’abantu 46 b’urubyiruko baherukaga bafatiwe k’umupaka wa Kikagati uhuza Uganda na Tanzania, ku wa 11 Ukuboza 2017 bajanywe mu mutwe witwara gisirikare mu mugambi wo gutera u Rwanda.

Inkuru bifitanye isano: Kurekura Inyeshyamba Za RNC Kwa Uganda Ni Ikimenyetso Gikomeye Ku Rwanda

Ibi kandi byigeze kwemezwa na Museveni ubwe ubwo yari kumwe na Perezida Kagame muri Addis Ababa, ubwo yatangazaga ko itsinda ry’abanyarwanda bari bajyanywe Congo baciye Tanzania n’u Burundi byiswe ko bajyanywe mu butumwa bw’Imana ‘bitaribyo byari ikindi kintu’

Icyo ‘kindi kintu’ Perezida Museveni yemeye cyagaragaje ko ari icyasha kuri leta ya Uganda ikomeje kugenda yishyira hanze ubwayo.

Ofwono Opondo

Kubera kunyuranya mu mvugo ndetse no kwivamo, Museveni yategetse ko abayobozi muri leta ye batongera kugira icyo bavuga mu itangazamakuru ndetse no mu ruhame, gutinya ko bakomeza kwivamo; cyane cyane avuga Ofwono Opondo, umuvugizi wa leta abantu bakomeje gutangarira uko yitwaye muri iki kibazo. Bamwe banamugirira imbabazi kuko ibyo avuga ubona asa naho nta makuru aba abifiteho,biteye inkeke kwibaza ukuntu leta ishyira umuntu mu mwanya ntimuhe ububasha ndetse n’ubushobozi bwo gukora inshingano ze uko bikwiye.

Inkuru bifitanye isano: Kuki Uganda Ikomeje Gukoresha Politiki Y’ikinyoma Ku Kibazo Cy’u Rwanda

Ikindi gikomeje guteza ikibazo kuri leta ni ukuntu abagande badashira impungenge abayobozi babo ndetse n’inzego za gisirikare cyane cyane urushinzwe ubutasi (CMI) rukuriwe na Brig Gen Abel Kandiho ruvugwaho amabi menshi yo gutoteza abanyarwanda rudasize n’abagande ubwabo.

Brig. Kandiho ukorana na Kayumba Nyamwasa

Kuva 2018, abanyarwanda barenga 900 bamazwe gusubizwa mu gihugu cyabo (deportation) mu buryo bunyuranije n’amategeko bashinjwa kwinjira muri Uganda mu buryo ‘bunyuranije’ n’amategeko, kandi ubusanzwe bari kwica amategeko agenga umuryango wa EAC. Abandi basaga 200 barafunzwe mu buryo bunyuranije n’amategeko aho u Rwanda rusaba ko bahabwa uburenganzira bwabo burimo gusurwa ndetse no kugezwa mu nkiko bakaburanishwa.

Nta kabuza iri tangazo ryashyizweho umukono na Ministiri Sam Kutesa ryanditswe rigamije kuyobya uburari bajijisha ngo amabi ari gukorerwa muri Uganda adakomeza kumenyekana, ariko umunyarwanda yaravuze ngo: ‘ntawuhisha umwotsi inzu irimo gushya’ kandi ngo: ‘ukuri guca mu ziko ntigushye’.

2019-03-08
Editorial

IZINDI NKURU

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Editorial 12 Sep 2018
Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Babiri bafunzwe bazira gufatanwa amafaranga y’amiganano

Editorial 08 Oct 2016
The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho  [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

The Financial Times : Perezida Kagame asubiza avuga ko ntawe ashaka gushinja ariko bibaho [ kugirirwa ishyari ], ko byanabayeho

Editorial 04 Sep 2017
Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Editorial 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo
Mu Mahanga

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Editorial 28 Jun 2016
Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021
Amakuru

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Editorial 18 Mar 2021
Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?
ITOHOZA

Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Editorial 23 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru