• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Editorial 08 Feb 2019 UBUKUNGU

Uruganda Master Steel Limited ruherereye mu murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali rukora ibikoresho bitandukanye by’ubwubatsi kandi bifite ubuziranenge birimo amabati, ibyuma, amatiyo n’ibindi bigezweho.

Kuva rwatangira imirimo mu mwaka wa 2007, ubu rurakora amabati meza mu gusakara yiganje mu bwoko bubiri; harimo ayo bita asanzwe ariyo [Garvanized iron sheet na Aluminium] n’ayitwa ayamabara [ Pre-paint iron sheet ] hakabamo ay’ubwoko butatu nka ‘Super cover’ akoreshwa cyane cyane ku nyubako z’amashuri n’insengero, ‘evertile’ ari mu ishusho y’amategura yifashishwa mu gukora igisenge kigezweho kandi gikomeye na ‘Ondulée’ , Tubes utasanga ahandi. Imisumali ndetse n’ibyuma bikora igisenge, amaferabeto n’ubundi bwoko bw’ibikoresho by’ubwubatsi bitandukanye.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi no kwamamaza mu ruganda Master Steel Limited,  Constantin RUGABA, yatangarije Rushyashya ko  intego nyamukuru bafite ari kuba uruganda rw’ikitegererezo mu gihugu ndetse no mu karere kose mu gukora ibikoresho by’ubwubatsi byiza, byujuje ubuziranenge kandi biramba ari nako batanga service inoze kubaguzi babo.

Ati :“ kugeza ubu dufite abahagarariye uruganda mu gihugu cyose aho byoroshye kubona ibikoresho byacu kandi bakaguhera ku giciro cyiza.

Umwihariko dufite ni uko ibikoresho byacu bizwiho ubuziranenge ndetse bikaba bijyanye n’iterambere ry’igihugu cyacu.

Duhaza isoko ry’uRwanda, tukanagera hanze mu bihugu duturanye aribyo RDC n’UBURUNDI, dufite intego yo kwagura ibyo dukora mu minsi iri imbere,”. [ VIDEO ]

Yatangaje ko Master Steel Limited, ifite akarusho kuko itwaza umukiriya ibikoresho kugera aho bigomba kugera. Uru ruganda ni igisubizo ku banyarwanda baganaga mu mahanga bajya gushakayo ibikoresho by’ubwubatsi kuko uru ruganda rwahawe Certificate ya ISO, ishimangira Ubwiza, Ubukomere n’Uburambe.

Twakwibutsa ko Uruganda Master Steel Ltd rukora ibikoresho byose by’ubwubatsi, binyuranye birimo  amabati, ibyuma bikora imiryango, ibikora igisenge, amatiyo , insinga, imisumari n’ibindi..

Ibyo uruganda rwifashisha mu gucura ibi bikoresho bikomoka ku byuma bitumizwa mu Butaliyani, Esipanye, Turukiya ndetse no mu Bushinwa. Iyi sosiyete ikaba ikoresha abantu basaga 220 bahoraho kandi bafite ubwishingizi.

Uruganda rukoresha imashini ahanini za otomatike. Kuri ubu, isoko rya Master Steel Ltd, riri kurwego rw’abikorera ndetse n’ibigo bya Leta.

Mu rwego rwo kugurisha mu mahanga, rwohereza ibicuruzwa muri Repubulika iharanira Demokarasia Congo hifashishijwe amato bityo igice cyinini cya Congo cyikabona ibikoresho biturutse muri depo iri muri Rubavu/Gisenyi.

Ikicaro cy’Uruganda Master Steel Ltd, i Gahanga mu Karere ka Kicukiro

Kuva muri 2015 uruganda  Master Steel Ltd, rurakorera mu nyubako zarwo nshyashya muri Gahanga mu Karere ka  Kicukiro, aho rwubatse ku buso bungana na hegitari16. Uru ruganda rushyashya rufite amashami 5, zikora 24/24h, ibicuruzwa bisaga 25 bikomoka ku byuma. Kubindi bisobanuro wahamagara telephone igendanwa 0788334444, cyangwa ugasura, urubuga rwabo rwa Internet [ ukanda hano]  urubuga rwa Internet rwa Master Steel Ltd

2019-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Editorial 04 Jul 2018
U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

Editorial 18 Apr 2018
CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Editorial 05 Dec 2019
Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Editorial 07 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere

Editorial 18 Apr 2018
Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore
Amakuru

Umugabo wa Yvonne Idamange yatangaje ko yagiriye inama umugore we inshuro nyinshi akamunanira atangaza ko umuryango we witandukanyije n’ibikorwa n’uyu mugore

Editorial 08 Feb 2021
Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023
Amakuru

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Editorial 12 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru