• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

RwandAir yatangije urugendo rwa mbere i Burayi ihereye mu Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2017 Mu Rwanda

Nyuma y’igihe bitangajwe, Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, kuri uyu wa Gatanu, yatangiye ingendo ku mugabane w’u Burayi ihereye i Londres mu Bwongereza.

Ku itariki ya 26 Gicurasi 2017 i saa 12:45 z’amanywa, nibwo indege ya Airbus 330-300 yiswe ‘Umurage’ nyuma yo kugurwa mu Ukoboza umwaka ushize, yahagurutse ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali yerekeza ku cya Gatwick Mujyi wa Londres.

Iyi ndege iragera mu Bwongereza nta hantu ihagaze ndetse biteganyijwe ko saa 20:20 z’ijoro aribwo isesekara kuri Gatwick Airport.

Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe imibanire y’ikigo (Corporate Affairs), muri RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangaje ko impamvu y’ingenzi yatumye batangiza ingendo mu Bwongereza ari uguhuza u Rwanda n’u Burayi, no guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Umuyobozi wa Kigali Heights Development, Karera Denis , ni umwe mu bagenzi bajyanye na yo aho yatangaje ko gutangiza ingendo mu Bwongereza ari amahirwe akomeye by’umwihariko mu kwagura ubucuruzi.

Ati” Uru ni urufunguzo rw’ubucuruzi, igihe cyose indege zihari, igendo zikaba zifunguye, ni ukuvuga ko amarembo y’ubucuruzi afunguye.”

Abagenzi bava i Kigali bagiye i Londres bazajya bishyura guhera ku madolari ya Amerika 450, ni ukuvuga hafi ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda.

Uru rugendo ruje nyuma y’aho ku itariki ya 4 Mata 2017 iyi sosiyete itangiye kwerekeza Mumbai mu Buhinde inshuro enye mu cyumweru, aho igenda amasaha arindwi ntaho idahagaze.

Nyuma yo gutangira uru rugendo rwerekeza mu Bwongereza ruzajya rukorwa inshuro eshatu mu cyumweru, RwandAir yahise igira ahantu 22 ikorera ingendo ku migabane itandukanye y’isi.

-6671.jpg
RwandAir itangije ingendo zerekeza mu Bwongereza, mu gihe yitegura kwakira indege nshya ya Boeing 737-800 Next Generation, yahawe izina rya ‘Muhabura’ biteganyijwe ko izagera i Kigali ivuye Seattle i Washington muri Amerika ku cyumweru ahagana saa kumi z’umugoba.

Kanda hano usome ibirambuye ku miterere y’iyi ndege yakoze urugendo rugana mu Bwongereza

Source;IGIHE

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Perezida Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Mukayisenga

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Ingingo z’ingenzi z’urwandiko rwa Rukabu Bizimana Pascal, rusaba guhindura izina

Ingingo z’ingenzi z’urwandiko rwa Rukabu Bizimana Pascal, rusaba guhindura izina

Ubwanditsi 01 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017
IMIKINO

Uko abanyarwanda bahagaze muri Tour du Cameroun 2017

Ubwanditsi 15 Mar 2017
Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185
ITOHOZA

Abasirikare babiri ba Uganda bafatiwe muri Kenya bafite imbunda n’amasasu 185

Ubwanditsi 24 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru