• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora

RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora

Editorial 26 Dec 2019 UBUKERARUGENDO

Sosiyete y’Ubwikorezi bwo mu kirere ya RwandAir, yinjiye mu bufatanye n’ikigo Optiontown, buzatuma abakiriya bayo bizigamira mu ngendo zabo.

Ubu bufatanye buzatuma abakiriya bashobora kwizigamira biciye mu itike y’urugendo baguze.

Ubu buryo bushya buzafasha abakiriya kugira amahirwe yo kugura itike ya RwandAir mbere ku giciro cyiza kandi bakaba bahitamo igihe bifuza kuba bagenderaho.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yagize ati “Ubu bufatanye na Optiontown, buzatanga ukwizigamira ku bakiriya bacu, nyuma yo gushyiraho uburyo bwo kwishyura mbere ingendo za RwandAir. Abakiriya bacu bazaba bashobora kwishimira ingendo bakora ku isi baguze itike ihendutse, turashimira iki gikorwa twakoze ku bufatanye na Optiontown.”

Abakiriya baguze itike y’urugendo rwa RwandAir, bashobora guhitamo hagati y’ingendo enye na 500 zitandukanye, uru rugendo rukaba rwamara imyaka ibiri guhera uwo munsi, uko umukiriya aguze ingendo nyinshi ni nako aba arushaho kwizigamira.

Kuri abo baguze urugendo rwa RwandAir, bashobora kandi guhitamo igihe itike igomba kumara guhera ku minsi 180 kugeza ku masaha ane mbere yo guhaguruka.
Umuyobozi Mukuru wa Optiontown, yagize ati “Optiontown yishimiye gufatanya na RwandAir mu gutangiza ubu bufatanye bw’ingendo, bizafasha abagenzi kuzigama ku mafaranga y’urugendo no gutuma biteganyiriza, gufata urugendo ku buryo bworoshye kandi bwiza, dufite icyizere ko gutangiza iyi gahunda bizongerera icyizere abakiriya ba RwandAir ndetse byongere uburyo bwo gufata umwanya mwiza mu kigo cya mbere mu gutwara abantu mu kirere muri Afurika.”

Abagenzi bahitamo gukoresha RwandAir bashobora kwishimira umuziki ubarizwamo, ibinyobwa bigezweho n’ibiribwa, interinet ya Wi-Fi n’imyanya myiza y’icyubahiro.

Abagenzi kandi kugira amahirwe yo gutwara imizigo igera ku biro 23 ku gikapu mu myanya ihendutse ahazwi nko muri ’Economy Class’, ndetse n’ibikapu bibiri buri kimwe gifite ibiro 32 mu myanya ya Premium Economy Class, n’ibikapu bitatu buri kimwe gifite ibiro 23 mu myanya y’icyubahiro ’Business Class’.

2019-12-26
Editorial

IZINDI NKURU

COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

Editorial 21 Mar 2020
‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

‘Rwanda:The Royal Tour’ yerekanwe i New York mu muhango witabiriwe na Kagame, hatahiwe i Kigali

Editorial 25 Apr 2018
Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali

Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali

Editorial 10 May 2018
Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Umuyobozi mukuru wungirije muri RDB, Nelly Mukazayire yahuye n’umuyobozi wa PSG Nasser Al-Khelaifi mu kwishimira umubano w’impande zombi

Editorial 01 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi
ITOHOZA

Radio Itahuka mu buhungiro mu Bubiligi

Editorial 04 Aug 2016
Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin
INKURU NYAMUKURU

Arusha: Abandi Banyarwanda 4 bahamijwe ibyaha na TPIR boherejwe kurangiriza ibihano muri Benin

Editorial 02 Mar 2018
Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo
Mu Rwanda

Icyo Kagame avuga ku mikorere ya MONUSCO muri Kongo

Editorial 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru