• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe

Safi wemeza ko atarakora ubukwe na Judithe yahishuye igihe bazabanira mu nzu imwe

Editorial 04 Jan 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi nyarwanda Niyibikora Safi  wamenyekanye ku izina rya Safi Madiba mu itsinda rya Urban Boys,  amaze amezi asaga 3 asabye akanakwa uwo yahisemo ko azamubera mutima w’urugo ,  Niyonizera Judithe ndetse aba bombi bakaba baranasezeranye imbere yamategeko  ariko kugeza magingo bakaba batabana nk’umugore n’umugabo, gusa akaba yatangaje igihe bazabanira mu nzu imwe.

Mu kiganiro amahumbezi kuri radio Rwanda cyabaye kuwa Kabiri tariki ya 2 Mutarama 2017, uyu muhanzi yatangaje ko nubwo atabana n’umugore we basezeranye mu mategeko, yasobanuye ko atarasezerana neza ndetse avuga ko mu mwaka wa 2019, azaba yamaze kwiyegereza umukunzi we, Judite Hafi ye.

Ibi Safi Madiba yabitangaje nyuma y’aho bamaze gukora ubukwe,  umugore we Judith Niyonizera agahita yerekeza mu gihugu cya Canada nyuma gato y’akaruhuko bari bavuyemo Zanzibar.

Yagize ati “Njye nakoze dot (gusaba no gukwa) kandi aho ntabwo umugabo yambara impeta.
Hari ikintu abantu muri iyi minsi basigaye barize, bagafata ibintu byose bakabikora umunsi umwe, ntabwo njye ariko mbibona kuko njye ntakinyirukansa.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko umuntu afata irembo nyuma y’amezi 3 ukajya gusaba, hashira andi ukanjya mu rusengero, no kuva na kera niko nari mbizi usibye ko muri iyi minsi nsigaye mbona abantu barabigize ukuntu, umuntu asigaye asaba mu gitondo, saa sita bakajya mu rukiko nijoro bakajya mu rusengero, njye biriya mbona ari pressure (igitutu) idasobanutse. Gusa nabyo nzabikora.”

Safi udatinya guhamya ko atazigera abana na Judithe mbere ya 2019 ubu aganira n’umugore we bifashishije ikoranabuhanga rya murandasi cyane ko baba mu bihugu bitandukanye.

Ubwo yabazwaga niba abana n’umugorewe  n’igihe azakorera icyo we yita ubukwe yagize ati “Hoya, ntabwo tubana, kandi ari muri Canada! Mu minsi ya mbere nyuma y’ubukwe wenda abantu batubonaga turi kumwe ariko rwose ntabwo twabanaga. Ubukwe ndabuteganya mu mwaka utaha wa 2019 kugeza icyo gihe njye na Judith tuzakomeza kubana by’umutima.”

Ku itari 1 ukwakira 2017 nibwo Safi  Madiba yakoze ubukwe na Niyo nizera Judithe, ubukwe butanavuzweho rumwe mu bitangazamakuru bitandukanye bitewe n’uburyo bwagizwe ibanga ndetse benshi bemezako ibyavugwaga byaturukaka kuburanga bw’uyu mugore butavugwagaho rumwe.

Basezeranye mu mategeko

Judith, urubavu rwa Madiba kugeza ubu

Ubwo bari mu buryohe bw’ukwezi kwa buki

2018-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Ubukwe bw’ Umunyarwandakazi Uzarongorwa n’ Umuraperi AY Itariki Naho Buzabera Byamaze Kumenyekana

Editorial 11 Jan 2018
Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Ku munota wa nyuma, Mafikizolo yasimbujwe Nameless mu gitaramo cy’abitabiriye inama ya Transform Africa Summit 2019

Editorial 16 May 2019
Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Editorial 03 Mar 2017
M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

Editorial 07 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe
Amakuru

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Editorial 15 Jun 2024
Abo kwa Rusesabagina ni umuti w’amenyo. Mu kanya kamwe ati ndi Umubiligi, mu kandi ati ndaregera urukiko ruburanisha abaturage bo mu muryango w’Ibihugu bya Afrika y’Uburasirazuba!
Amakuru

Abo kwa Rusesabagina ni umuti w’amenyo. Mu kanya kamwe ati ndi Umubiligi, mu kandi ati ndaregera urukiko ruburanisha abaturage bo mu muryango w’Ibihugu bya Afrika y’Uburasirazuba!

Editorial 30 Oct 2020
‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’
ITOHOZA

‘Robert Mugabe ngo yadodewe ibyaha’

Editorial 03 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru