• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Editorial 08 Dec 2016 Mu Mahanga

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Nyamirambo rwakatiye Seyoboka Henri Jean-Claude ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 gufungwa by’agateganyo mu gihe gahikomeje iperereza ku byaha ashinjwa.

Icyo gihano yagihawe ku wa Mbere tariki ya 5 Ukuboza 2016, mbere yari yagisabiwe n’ubushinjacyaha bumushinja ibyaha bikomeye birimo icyo kwica nk’ikibasiye inyokomuntu, icyo gutegura jenoside, icyo gufata no gusambanya ku ngufu abagore n’abakobwa.

Seyoboka ashinjwa kuba mu bitero byishe abatutsi muri SERA, st Paul na st Famille by’umwihariko urupfu rw’Abanyopoltiki Dr. Gafaranga wishwe akuwe mukazu k’inkoko hafi yaho yari atuye muri Rugenge na Kameya Andreya, wandikaga ikinyamakuru Rwanda Rushya akaba yari n’umunyamabanga mukuru w’ishyaka ryo kwishyira ukizana kwaburi muntu ( PL) igice cya Lando.

-4935.jpg

Nyakwigendera Kameya Andreya

Kameya yiciwe muri st Paul tariki ya 14 Kamena 1994, aho yari yabashije kugera bimugoye avuye iwe mu cyahoze ari Rugenge mu Kiyovu cy’abakene, nyuma y’igitero gikomeye cyabaye iwe murugo kiyobowe n’aba GP barindaga Perezida Habyarimana, ari nabo babanje kwica abanyapolitiki barimo Lando, Nzamurambaho n’abandi.., abo ba GP binjiye kwa Kameya ku itariki ya 8 y’ukwa kane nyuma yihanurwa ry’indege ya Habyarimana, basanga Kameya yahunze n’umuryango we ariko basiga batwitse inzu ye irashya irakongoka.

-4931.jpg

-4930.jpg

Mu ntangiriro ubushinjacyaha bwari bwasabye ko igihano cy’imyaka 19 Seyoboka yakatiwe adahari n’urukiko Gacaca giteshwa agaciro.

Nyuma habayego ibitero bitandukanye byo guhiga Kameya n’umuryango we byari biyobowe n’uwari Konseye wa Rugenge Odette NYIRABAGENZI, Angeline MUKANDUTIYE wari umuyobozi w’amashuri abanza ya st Famille, Col.Tharcisse RENZAHO wari Perefe w’umujyi wa kigali, Gen Munyakazi wari ushinzwe ibikorwa bya gisilikare muri Kigali na Henri Jean-Claude Seyoboka wari muri FAR, afite ipeti rya Sous-lieutenant n’interahamwe nyinshi, bagabye igitero mu babikira baba Calcutta bica abatutsi basaga 40, barimo umugore wa Kameya, Nyiramuruta Suzanna n’umukobwa we wigaga muri Lycee de kigali, Oliva Uwamahoro.

Bakomeje gushakisha Kameya aho yaba yihishe mu kwezi kwa gatandatu ubwo habagaho amasezerano yo guhererekanya impunzi zari Hôtel des Mille Collines na st Paul ni bwo igitero gikomeye cyarimo Konseye Odette NYIRABAGENZI, Angeline MUKANDUTIYE,Col.Tharcisse, Gen Munyakazi na Henri Jean-Claude Seyoboka wari muri FAR, cyabashije kubona Kameya muri Kinyamateka aho yari amaze amezi abiri yihishe.

Henri Jean-Claude Seyoboka niwe wafashe Kameya aramuboha amuzirika acuritse kumodoka y’ikamyoneti ya Padiri Munyeshyaka, interahamwe zigenda zivuza induru ngo umwanzi yafashwe, bamuzengurutsa Rond point iriya nini yo mumujyi wa Kigali ngo ngaho nasezere za nkotanyi ze !

Barangije baramwica bamujugunya mu ruhavu munsi yahahoze inzu y’imisoro ku Muhima kuri uwo munsi ibitero byahise bihagarara bajya kwiyakira muri Panafrique barara babyina ngo bacyuye umuhigo.

Konseye Odette NYIRABAGENZI ( Ubu uri muri FDLR) muri iryo joro yafashe ijambo avuga ko kubona Kameya bimwongereye amanota n’amahirwe yo kuzamurwa muntera bamuha amashyiii.

-4932.jpg

Imva zishyinguyemo Abanyapolitiki

-4934.jpg

Ku i Rebero imva ya Nyakwigendera Kameya Andre ishyirwaho indabo

-4933.jpg

Imiryango ishyira indabo ku mva z’abashyinguyemo imibiri y’Abanyapolitiki

Mu ntangiriro ubushinjacyaha bwari bwasabye ko igihano cy’imyaka 19 Seyoboka yakatiwe adahari n’urukiko Gacaca giteshwa agaciro kuko ngo kuva yari umusirikare yari kuburanishwa n’inkiko zibifitiye ububasha za gisirikare.

Icyo gihe Umushinjacyaha Kayiranga Kayihura yasabiye Seyoboka woherejwe mu minsi ishize avuye muri Canada gufungwa by’agateganyo iminsi 30 mu gihe hagikomeza iperereza ku byaha ashinjwa, mbere y’uko urubanza rutangira mu mizi.

Umwanditsi wacu

2016-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Editorial 30 Jul 2024
General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Editorial 07 Mar 2024
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Editorial 08 Feb 2016
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021
Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Editorial 30 Jul 2024
General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Editorial 07 Mar 2024
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Editorial 08 Feb 2016
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021
Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Perezida Lourenço wa Angola yatumije inama yo kwihanangiriza bwa nyuma Leta ya Kongo.

Editorial 30 Jul 2024
General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

General Makenga yasubiranye urugo rw’ iwabo, Victor Byiringiro wamumenesheje ahungishwa mu ngobyi

Editorial 07 Mar 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru