• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Editorial 27 Mar 2018 Mu Rwanda

Mu ntangiro z’ uku kwezi kwa Werurwe 2018 mu itangazamakuru ryo mu Rwanda hatangajwe inkuru idasanzwe ivuga ko Minisitiri w’ Ibikorwaremezo James Musoni yasambanye n’ umugore wa Rtd. Captain Safari Patrick ndetse anabyara umwana muri uru rugo, hari abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi mu bihe bitandukanye.

1. Peter Rwema

Uyu mugabo yari umuyobozi mukuru w’ Impuzamashyirahamwe y’ ibigo by’ imari icirirtse mu Rwanda AMIR. Yavuzweho gusambanya ku gahato umukobwa uri mu kigero cy’ imyaka 28 wari yitabiriye amahugurwa mu karere ka Karongi. Urukiko rwisumbuye rwa Karongi rwahamije Peter Rwema icyaha cyo gufata ku ngufu uyu mukobwa akatirwa igifungu cy’ imyaka itanu.

2. MUGISHA David Livingston

Uyu Mugisha yari umuyobozi ushinzwe serivisi y’ ubutaka mu karere ka Nyagatare, yashinjwe icyaha cya ruswa y’ ishimisha mubiri(Ruswa ishingiye ku gitsina) biturutse ku butumwa yandiraga umugore wari umukeneyeho serivisi y’ ubutaka amusaba ko bazaryamana.

Ubwo iki kibazo cyagezwaga mu nkiko mu ntangiriro za Mutarama 2017, urwego rw’ umuvunyi rushinzwe kurwanya ruswa n’ akarengane rwavuze ko iki aricyo kirego cya mbere cya ruswa ishingiye ku gitsina kigeze mu nkiko.

3. Jacob Zuma 

Uyu aherutse kweguzwa ku mwanya wa Perezida wa Afurika y’ Epfo ariko si ubusambanyi bwatumye yeguzwa ahubwo ni ruswa n’ ibyaha bifitanye isano nayo. Umugore w’ umunyamakuru yashinje Jacob Zuma kufata ku ngufu. Uyu mugore yabwiye itangazamakuru ryo muri Afurika y’ Epfo ko mu mwaka wa 2005 Jacob Zuma yamutumiye mu nzu ye iri mu ishyamba akamwinjiza mu cyumba akamusomeramo byimbitse.

4. Donald Trump


Ni Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika magingo aya akaba ni umuherwe uzwi cyane mu Isi, avugwaho kuba mbere y’ uko aba Perezida yarasambanye n’ abagore n’ abakobwa harimo abo yabikoreraga batabyumvikanye. Hari abagore bamushinja ko yagiye abakora mu mabuno no ku mabere ndetse nawe ubwe yigeze kumvikana mu itangazamakuru yicuza ko asambanye n’ igikomangoma cy’ Ubwongereza yakundaga. Magingo hari abakinnyi batatu ba filime z’ urukozasoni bavuga ko basambanye n’ uyu muperezida uri mu bakomeye cyane mu Isi. Aba barimo uwitwa Alana Evans na Jessica Drake uherutse guhabwa na Donald Trump ibihumbi 130 by’ amadorali y’ Amerika ngo akomeze abike ibanga. BBC yasohoye inkuru ivuga ko Perezida Trump yahakanye ibyo kuba yarasambanyije abakobwa bakina filime z’ urukozasoni.

5. Francois Hollande

Uyu yahoze ari Perezida w’ u Bufaransa yavuzweho gusambana na Julie Gayet bisenya umubano yari afitanye n’ umugore we Valerie Trierweiler. Uyu wahoze ari umugore wa Perezida yavuze ko gutandukana na Hollande byatewe n’ amakuru yasomye mu gitabo byanditswe ku ishyano ry’ igitsina kuri Perezida Hollande ’Scandale de sexe’ kivuga ku mubano wa Hollande na Gayet.

Source: Umuryango

2018-03-27
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024
Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka

Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka

Editorial 17 Aug 2016
Kagame yabaye Umukuru w’Igihugu wa 97 uteye igiti cy’amahoro muri Isiraheli

Kagame yabaye Umukuru w’Igihugu wa 97 uteye igiti cy’amahoro muri Isiraheli

Editorial 10 Jul 2017
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Editorial 02 Apr 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Maliya.
    March 28, 20182:08 pm -

    KAGAME Paul na benshii barimo….
    Jeannette KAGAME wabyaranye na Gasana Eugene Richard babyaranye umuhungu witwa Ian uwa gatatu mu bana ba KAGAME…

    Ubu koko nimwe mwakwanditse inkuru nk Izi? Murarutanze. Baraje babashyire hanze namwe…

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD
Mu Mahanga

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD

Editorial 17 Oct 2016
Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda
Amakuru

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Administrator 27 Nov 2025
Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye ifungurwa ry’Ishami rizakurikirana ishyirwa mu bikorwa rya SDGs muri Afurika y’Amajyepfo

Editorial 07 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru