• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo
Général-major Jérémie Ntiranyibagira ari nawe muyobozi w’uyu mutwe na Lieutenant-Colonel Édouard Nshimirimana wari umwungirije

Tanzania : Bane bo mu mutwe urwanya leta y’u Burundi baguwe gitumo

Editorial 24 Oct 2017 Amakuru

Abayobozi bane bo mu mutwe wa FPB (Forces Populaires du Burundi) urwanya Reta y’u Burundi bafashwe kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2017 . Muri abo bafashwe harimo Général-major Jérémie Ntiranyibagira ari nawe muyobozi w’uyu mutwe na Lieutenant-Colonel Édouard Nshimirimana wari umwungirije.

Abandi bayobozi babiri ba FPB yahoze ari FOREBU bafashwe ni Libère Nzeyimana batazira Mahopa, hamwe Liberata wari uhagararire uyu mutwe muri Tanzaniya. Nk’uko byemejwe n’uyu mutwe ngo aba bayobozi bafatiwe i Ngara mu gihugu cya Tanzaniya, hafi y’urubibi Uburundi buhana na Tanzaniya, ku ruhande rw’Intara ya Muyinga.

Amakuru atangwa n’uyu mutwe avuga ko abo bantu bafashwe n’iperereza rya Tanzaniya rikoranye n’iry’u Burundi. Ayo makuru akomeza avuga ko Général-major Jérémie Ntiranyibagira umukuru w’uyu mutwe , Lieutenant-Colonel Édouard Nshimirimana umwungirije, hamwe n’abo bandi babiri boherejwe mu Burundi, bikavugwa ko baba bashyikirijwe ku mugoroba w’ejo ku Cyumweru umuyobozi ushinzwe iperereza i Muyinga.

Ayandi makuru atangwa n’abahora hafi y’ubuyobozi bw’uyu mutwe ni uko abafashwe bari basanzwe batumvikana na Hussein RADJABU ushaka kuyobora uyu mutwe.Ngo mu ifatwa ryabo Hussein Radjabu yaba yabigizemo uruhare.

Umuvugizi w’Igipolisi cy’u Burundi ari nawe uvugira iperereza ry’iki gihugu ,Pierre Nkurikiye ntiyemeza cyangwa ngo ahakane aya makuru avuga ko ibyabereye ku butraka bwa Tanzania bitabazwa u Burundi nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri iki gihugu.

2017-10-24
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu Mukino ubanza Uganda yakiriye i Kigali, yanganyije n’u Rwanda mu bagore ibitego 3-3

Amafoto – Mu Mukino ubanza Uganda yakiriye i Kigali, yanganyije n’u Rwanda mu bagore ibitego 3-3

Editorial 13 Jul 2023
Perezida Kagame ari mu gihugu cya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi

Perezida Kagame ari mu gihugu cya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi

Editorial 23 Feb 2022
Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Inzibutso enye za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zamaze nazo gushyirwa mu murage w’Isi

Editorial 20 Sep 2023
FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

Editorial 24 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2018 : Uganda Cranes  yasesekaye  i Kigali
Mu Rwanda

CHAN 2018 : Uganda Cranes yasesekaye i Kigali

Editorial 17 Aug 2017
Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis
Amakuru

Lt Col Richard Karasira yagizwe Chairman wa APR FC yungirizwa na Uwayezu Régis

Editorial 23 Jun 2023
Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe
Mu Rwanda

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Editorial 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru