• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Sena yemeje abakozi batatu basabiwe imirimo n’inama y’abaminisitiri

Sena yemeje abakozi batatu basabiwe imirimo n’inama y’abaminisitiri

Ubwanditsi 19 Dec 2016 Mu Mahanga

Inteko rusange y’umutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda yemeje bidasubirwaho ko Richard Muhumuza aba umucamanza mu rukiko rw’ikirenga ndetse yemeza ko umwanya w’umushinjacyaha mukuru uhabwa Mutangana Jean Bosco nkuko n’inama y’abaminisitiri yari yabisabye.

Aba bakozi bombi ndetse na Madamu Mutoro Antonia, wemejwe ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubushobozi n’Umurimo [Capacity Development and Employment Services Board (CESB)] bemejwe n’inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa mbere tariki 19 Ukuboza 2016.

Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere myiza muri Sena ni yo yasuzumye dosiye zisabira aba bayobozi kwemezwa na Sena kuri iyi myanya kandi raporo iyi komisiyo yagejeje ku Nteko Rusange ya Sena yerekanye ko aba bakozi bose bujuje ibisabwa n’amategeko ari na cyo sena yashingiyeho ibemeza burundu.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa 9 Ukuboza 2016 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika, ni yo yavanye Richard Muhumuza ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru, wari uwumazeho imyaka itatu, imutangaho umukandida ku mwanya w’Umucamanza mu rukiko rw’Ikirenga.

Mbere yuko asabirwa imirimo yo kuba umucamanza mu rukiko rw’ikirenga, Richard Muhumuza yari amaze imyaka 14 ari umushinjacyaha, aho yakoze mu nzego zitandukanye zirimo kuba yarabaye Umushinjacyaha mukuru wungirije w’urukiko rw’ubujurire rwa Ruhengeri na Nyanza.

Iyo nama y’abaminisitiri kandi yatanze Mutangana Jean Bosco nk’umukandida ku mwanya w’Umushinjacyaha Mukuru,kuri ubu sena ikaba yamaze kubemeza nk’abakozi muri iyi myanya basabiwe n’inama y’abaminisitiri.

Mutangana Jean Bosco amaze imyaka 17 ari Umushinjacyaha, yigeze no kuba Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, anahabwa kuyobora agashami ko gukurikirana abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi bihishe mu mahanga.

-160.png

Hagati hari Madamu Mutoro, Muhumuza (iburyo bwe) na Mutangana (ibumoso bwe).

2016-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itorero Philadephia ryabaye umuhuza wa aba perezida badacana uwaka muri Kongo Kinshasa ari bo M Fayulu na Perezida E Tchisekedi

Itorero Philadephia ryabaye umuhuza wa aba perezida badacana uwaka muri Kongo Kinshasa ari bo M Fayulu na Perezida E Tchisekedi

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Burundi: Abantu 9 bagwiriwe n’ikirombe bahita bapfa

Burundi: Abantu 9 bagwiriwe n’ikirombe bahita bapfa

Ubwanditsi 20 May 2019
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 08 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru
Mu Rwanda

Havugiyaremye Aimable Yagizwe Umushinjacyaha Mukuru

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside
ITOHOZA

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Ubwanditsi 18 Feb 2019
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika
Amakuru

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru