• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka

Kirehe: Abarobyi banywaga ibiyobyabwenge bakanguriye abandi bantu kubireka

Ubwanditsi 19 Mar 2016 Mu Mahanga

Bamwe mu bakora umwuga w’uburobyi mu ruzi rw’Akagera bo mu karere ka Kirehe baretse gutunda, kunywa no gucuruza ibiyobyabwenge nk’urumogi, Kanyanga ndetse n’ibindi, bakanguriye ababikora kubireka, ahubwo bakagira uruhare mu kubirwanya.

Abo barobyi ni Ntakirutimana Evariste uri mu kigero cy’imyaka 42 y’amavuko, akaba atuye mu kagari ka Kabuga, ho mu murenge wa Musaza na Nzeyimana Anicet, uri mu kigero cy’imyaka 47 y’amanuko, akaba we atuye mu kagari ka Nyacyerera, ho mu murenge wa Kigarama.

Aba bombi bakanguriye abandi kwirinda ibiyobyabwenge ku itariki 16 Werurwe mu nama ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano mu karere ka Kirehe, Inspector of Police (IP) Gahigi Harerimana yagiranye n’abasare ndetse n’abarobyi bagenzi babo bo muri iyi mirenge yombi, bakaba bose hamwe barageraga kuri 300.

Guhamagarira abandi kureka kunywa, gutunda, no gucuruza ibiyobyabwenge kwabanjirijwe no gusobanurira abari muri iyo nama ingaruka z’ibiyobyabwenge.
Mu buhamya bwe, Ntakirutimana yavuze ko amaze hafi umwaka aretse kunywa no gucuruza urumogi nyuma y’igihe kigera ku mwaka yari maze abikora.

Yagize ati:” Ibiyobyabwenge byamfungishije inshuro zitari nke, ndetse aho kunkiza nk’uko nibwiraga; byarankenesheje. Ibyo ndi umugabo wo kubihamya kuko byambayeho. Ndagira rero inama umuntu ubinywa, ubicuruza, ndetse n’ubitunda kubireka kuko nta cyiza cyabyo.”

Yakomeje agira ati:” Maze kubona ko aho binganisha ari habi; nahise mfata umwanzuro wo kubireka; kandi nyuma yo kubireka maze kugera kuri byinshi kuko noneho nkora ibyemewe n’amategeko bitanteza igihombo.”

Nzeyimana we yabwiye bagenzi be ati:” Amafaranga nashoye mu rumogi mu gihe kigera ku mwaka namaze nducuruza yapfuye ubusa kuko inshuro nyinshi narafatwaga nkarwamburwa.”

Yagize kandi ati:”Maze gusobanukirwa ingaruka mbi zarwo nahise ndureka maze ntangira gucuruza ibyemewe n’amategeko kandi nyuma y’umwaka mbiretse maze kwiteza imbere kuko ntagikorera mu gihombo.”

IP Gahigi yabwiye abo barobyi ko ibiyobyabwenge bitera ababinyoye gukora ibyaha nko gufata ku ngufu, gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa, n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

-2511.jpg

Yabasabye kubyirinda kandi bagaha Polisi y’u Rwanda amakuru y’ababinywa, ababicuruza, ndetse n’ababikwirakwiza kimwe n’abakoze cyangwa abafite imigambi yo gukora ibindi byaha .

RNP

2016-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Ubwanditsi 27 Apr 2016
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda
ITOHOZA

Haïti: Abapolisi b’u Rwanda baganirije abaturage ku kamaro k’umuganda

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde
POLITIKI

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze mu Buhinde

Ubwanditsi 09 Jan 2017
APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa
Amakuru

APR FC yatsinze Mukura VS 1-0 ifata umwanya wa mbere by’agateganyo, uko indi mikino ikinwa

Ubwanditsi 14 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru