• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)
Edwin Avila ubwo yasozaga isiganwa ari ku mwanya wa mbere

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Editorial 27 Feb 2019 IMIKINO

Umunya Colombia Edwin Avila ukinira ikipe ya Israel Cycling Club yegukanye agace Rubavu- Karongi.

Ni agace ka kane mu irushanwa rizenguruka u Rwanda. Abasiganwa uyu munsi bahagurutse i Rubavu mu Burengerazuba, banyura mu Karere ka Rutsiro berekeza i Karongi muri iyo Ntara. Bagenze intera y’ibilometero 102 na metero 600.

Mbere y’iri siganwa, twaganiriye na Mugisha Samuel wari witezwe ko ashobora kuba umunyarwanda wa mbere wegukanye agace muri siganwa, atubwira ko bishoboka ariko bigoye kubera amakipe ahanganye bari guhatana.

Yagize ati “Uduce twa mbere twari dukomeye kuko hahise hajyamo ikinyuranyo cy’iminota myinshi, iminai isigaye bizadusaba imbaraga nyinshi kuko sinkeka ko iminota twayikuramo, tuzagerageza turebe ko hari uduce twakwegukana kuko hano hari amakipe akomeye.”

Saa ine zuzuye ni bwo abakinnyi 74 bari bahagrutse mu mujyi wa Rubavu, aho bari bagiye kwerekeza I Karongi banyuze mu karere ka Rutsiro, aho bagombaga gusiganwa ku ntera ya Kilometero 102,6.

Bakimara guhaguruka Turek wa Israel Cycling Academy n’Umufaransa Guglielmi bagerageje gusohoka mu gikundi ubwo bari bamaze kugenda Kilomtero ebyiri, ariko igikundi gihita kibagarura.

Bamaze kugenda Kilomtero 10, Mugisha Samuel n’abandi bakinnyi 10 bahise bava mu gikundi, Mugisha agerageza no kuyobora isiganwa wenyine ariko abandi barongera baramugarura, batangira kuyobora isiganwa ari abakinnyi 12 imbere.

Muri Kilomtero 42 z’isiganwa Guillonnet Adrien na Kangangi Suleiman bagerageje kuva mu itsinda ryari riyoboye, ndetse banasiga abandi amasegonda 11, gusa ntibyatsinze kuko igikundi cy’abakinnyi 12 cyaje kubagarura.

Ubwo batangiraga guterera Congo Nil mu karere ka Rutsiro, abakinnyi bane barimo Mugisha Samuel, Edwin Avila Vanegas, Torres Muino Pablo na Araujo Bruno wa Bai Sicasal baje guhita batangira kwanikira aabandi, ndetse baza no gushyiramo ikinyuranyo cy’iminota 3 n’amasegonda 55.

Binjiye mu mujyi wa Karongi imbere hakiri batatu, mu gihe Araujo Bruno yari yasigaye, maze Edwin Avila aza gutanga abandi kurenga umurongo, aho yegukanye umwanya wa mbere akoresheje amasaha 2, iminota 37 n’amasegonda 32.

Nyuma y’isganwa hakurikiyeho gutanga ibihembo mu byiciro bitandukanye

Edwin Avila yishimira intsinzi

Edwin Avila yishimira intsinzi

Edwin Alcibiades Ávila Vanegas wa Israel Cycling Academy yambitswe umwenda utangwa na Skol nk'uwegukanye agace

Edwin Alcibiades Ávila Vanegas wa Israel Cycling Academy yambitswe umwenda utangwa na Skol nk’uwegukanye agace

Yabanje aracurura ashira inyota

Yabanje aracurura ashira inyota

Merhawi Kudus yakomeje kwambara Maillot Jaune

Merhawi Kudus yakomeje kwambara Maillot Jaune

Pablo Torres Muiño wa Interpro Cycling Academy, yahembwe na Cogebanque nk'umukinnyi urusha abandi guterera imisozi

Pablo Torres Muiño wa Interpro Cycling Academy, yahembwe na Cogebanque nk’umukinnyi urusha abandi guterera imisozi

Du Plooy Rohan wa Pro-Touch yahembwe nk'uwarushije abandi kwambuka imirongo iba yashyizwe mu isiganwa hagati

Du Plooy Rohan wa Pro-Touch yahembwe nk’uwarushije abandi kwambuka imirongo iba yashyizwe mu isiganwa hagati

Kuri uyu wa kane abasiganwa baraba bakina agace ka gatanu, aho bahaguruka i Karongi basoreze i Musanze ku ntera ya Kilometero 138,7

Uko bakurikiranye mu gace Rubavu-Karongi

1 ÁVILA Edwin Israel Cycling Academy 2:37:32
2 TORRES Pablo Interpro Cycling Academy ,,
3 TESFOM Sirak Eritrea 0:03
4 MUGISHA Samuel Dimension Data for Qhubeka ,,
5 LOZANO David Team Novo Nordisk 0:05
6 GUILLONNET Adrien Interpro Cycling Academy ,,
7 MUNYANEZA Didier Benediction Excel Energy ,,
8 FEDELI Alessandro Delko Marseille Provence ,,
9 DEBESAY Yacob Eritrea ,,
10 NATAROV Yuriy Astana Pro Team 0:09

Urutonde rusange kugeza ubu, n’iminota abakurkkira barushwa na Merhawi Kudus

1 KUDUS Merhawi Astana Pro Team 13:48:19
2 TAARAMÄE Rein Direct Energie 0:17
3 BADILATTI Matteo Israel Cycling Academy 0:45
4 AGUIRRE Hernán Interpro Cycling Academy 1:00
5 TESFOM Sirak Eritrea 4:14
6 GEBREMEDHIN Awet Israel Cycling Academy 4:29
7 LOZANO David Team Novo Nordisk 4:40
8 KANGANGI Suleiman Kenya 4:56
9 DEBESAY Yacob Eritrea 8:17
10 MUNYANEZA Didier Benediction Excel Energy ,,
11 CONTRERAS Rodrigo Astana Pro Team ,,
12 BELLICAUD Jeremy France 9:36
13 MULUBRHAN Henok Eritrea 9:41
14 NATAROV Yuriy Astana Pro Team 9:48
15 ARERUYA Joseph Delko Marseille Provence 9:54
16 NDAYISENGA Valens Rwanda 10:04
17 STALNOV Nikita Astana Pro Team 10:23
18 MANIZABAYO Eric Benediction Excel Energy ,,
19 LAGAB Azzedine Algeria 10:43
20 TORRES Pablo Interpro Cycling Academy 11:02

Aya ni andi mafoto yaranze isiganwa

JPEG - 170.2 kb
Mugisha Samuel ni we munyarwanda waje imbere y’abandi
JPEG - 110.7 kb
Mugisha yari muri bane bamaze umwanya munini bari imbere basize abandi ubwo bendaga gusohora

JPEG - 204.2 kb
Kamwe mu dusozi duteye amabengeza gateyeho icyayi
JPEG - 194.3 kb
 Src : KT

2019-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Editorial 09 Jan 2017
Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games

Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games

Editorial 08 Aug 2022
Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Editorial 30 Sep 2021
Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Agashya mu mikino Olympic: Umukobwa ukinira ikipe ya Brazil yasabwe numukobwa bakundana ko yazamubera umugore hagati mu kibuga nyuma yaho bari bamaze gutsindwa

Editorial 09 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi
Mu Rwanda

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Editorial 17 Aug 2017
Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari
IKORANABUHANGA

Urubuga rwa Facebook rwaciwe akayabo ka Miliyari 5 z’Amadollari

Editorial 16 Jul 2019
“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame
ITOHOZA

“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame

Editorial 22 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru