• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Editorial 31 May 2018 HIRYA NO HINO

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa Gatatu yahuye n’umunyamideli Kim Kardashian aho baganiriye ku ngingo zirimo ivugururwa ry’itegeko rirebana na gereza.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Trump yavuze ko inama na Kim usanzwe ari umugore w’umuraperi Kanye West yagenze neza, ndetse ashyiraho ifoto bari kumwe mu biro bye.

Iyi nama yitabiriwe n’abandi bayobozi ku rwego rwo hejuru barimo n’umukwe wa Trump akaba n’umujyanama we, Jared Kushner.

Kardashian wagiye guhura na Trump, mu gihe cy’amatora ya perezida mu 2016 yari yagaragaje ko ashyigikiye Hillary Clinton, bitandukanye n’uko byari bimeze ku mugabo we Kanye West.

CNN yatangaje ko mu nama n’abanyamakuru yabanjirije kuza kwa Kim muri White House, Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri perezidansi, Sarah Sanders, yari yanze gutangaza ko uyu mugore wamamaye kubera ibiganiro bya televiziyo bigaragaza ubuzima bwa buri munsi bw’umuryango we byitwa ‘Keeping up with the Kardashians’ aza guhura nawe.

Yahuye na Trump mu gihe amaze igihe akorera ubuvugizi umugore witwa Alice Marie Johnson wakatiwe gufungwa burundu kubera ibiyobyabwenge, kuri ubu akaba amazemo imyaka 20.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, Kim yashimiye Trump ku bw’umwanya yamuhaye ndetse avuga ko afite icyizere ko azaha imbabaza Johnson, wakatiwe burundu kandi ari ubwa mbere afatiwe mu cyaha. Ni mu gihe nyamara uyu mugore yagerageje gusaba Barack Obama imbabazi, ariko akarinda ava ku butegetsi nta gisubizo amuhaye.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika, AP, Johnson yahamwe n’icyaha cyo kuba kuva mu 1991-1994 yarayoboye itsinda ryacuruzaga Cocaine, ahabarurwaga ibiro biri hagati ya 2000-3000 byacurujwe.

Uyu mugore wemeza ko yakoze amakosa, avuga ko yabyinjiyemo nyuma yo gupfusha umuhungu we no gutandukana n’umugabo, bikaba ngombwa ko ashakisha akazi mu buryo bwihuse ngo abashe gutunga umuryango we dore ko n’akandi yari afite kari kamaze guhagarara.

Iyi nama yateguwe nyuma y’ibiganiro by’igihe kitari gito hagati ya Kim na Kushner, utarahwemye kugaragaza ko ashyize imbere ibirebana no kuvugurura itegeko rigenga amagereza.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Komisiyo y’Ubutabera mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika yemeje itegeko rirebana no kwagura uburyo bwo gufungwa, ryemera gufungira abantu mu ngo ryari rishyigikiwe cyane na White House.

2018-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Editorial 14 Feb 2019
Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Editorial 13 Apr 2020
Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Editorial 09 Jul 2018
Uganda: Urujijo k’urupfu  rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda

Uganda: Urujijo k’urupfu rwa Gen Benon Biraaro wigeze kwiyamamariza kuyobora Uganda

Editorial 12 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo
Amakuru

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Editorial 06 Apr 2023
Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha
UBUKUNGU

Banki y’Isi yizeye ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka cyane mu myaka itatu itaha

Editorial 26 Jun 2019
Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Editorial 03 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru