• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki ya 22 Ukwakira 2024, umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ukaba ubarizwa mu mashyamba ya Congo, uherutse kwandikira Perezida wa Angola, João Lourenço, umuhuza ku makimbirane hagati y’ u Rwanda na Congo ko yabafasha nabo akabahuza la leta y’ u Rwanda.

Iyi ni inama uyu mutwe wagiriwe na Leta ya Tshisekedi dore ko abategetsi benshi muri iki gihugu bavuga ko u Rwanda rugomba kuganira na FDLR niba bashaka ko Congo nayo iganira na M23.

Muri iyo baruwa bati:” Nyakubahwa Président João Manuel Gonçalves Lourenço Perezida wa Angola ukaba n’ umuhuza hagati y’ u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nk’ umuntu watoranijwe n’ umuryango b’ ibihugu by’ ubumwe bwa Afurika nk’ umuhuza hagati ya Repuburika ya Demokarasi ya Congo n’ u Rwanda, nka FDLR twasanze ubuhanga bwanyu ndetse no kwitanga kwanyu byakomeza kugira uruhare mu kugarura amahoro arambye mu karere k’ ibiyaga bigari bya Afurika, kuko twasanze ikibazo cy’ u Rwanda ari ikibazo cya Politike ari nayo mpamvu dushyira ibiganiro imbere kuruta gufata intwaro.

Kuba FDLR iri gusaba ibiganiro ni inama bagiriwe na Tshisekedi bafatanyije urugamba rwo kurwanya M23, kuri Tshisekedi niba u Rwanda rutagaira na FDLR ubwo na Congo ntizaganira na M23. Ibi ni kimwe mu mpamvu zidindiza ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo.

Iyo bigeze igihe cyo kurwanya uyu mutwe, Leta ya Congo ivugako uyu mutwe utakibaho ariko ukawusabira ibiganiro na Leta y’u Rwanda. Tshisekedi arabizi neza ko u Rwanda rutakwicarana n’abajenosideri, abikora kugirango asunike iminsi dore ko yatangije undi muvuno mushyashya wo guhindura Itegeko Nshinga

Mu buvugizi BBC Gahuza ntiyatanzwe mu gutangaza ibyiyi baruwa nk’umuzindaro wa FDLR. Si ubwa mbere FDLR isabye ibiganiro kuko byabaye kenshi mu myaka 30 ishize, ariko Leta y’u Rwanda ibibutsa ko nta biganiro n’abajenosideri, ko ushaka gutaha agomba gutaha, ariko abajenosideri ruharwa muri uyu mutwe bakabaca intege ngo batazasigara bonyine.

Kugeza uyu munsi abarwanyi basaga ibihumbi 12 bamaze gutaha ku bushake bakaba ubu babarizwa mu muryango nyarwanda harimo abo ku rwego rwa Jenerali, urugero rukaba Brig Gen Come Semugeshi.

2024-10-28
Editorial

IZINDI NKURU

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Batatu bafunzwe bazira ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Editorial 01 Jul 2016
Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Burundi: Nkurunziza yemerewe akayabo ka miliyari y’Amarundi n’inzu y’akataraboneka

Editorial 23 Jan 2020
APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Editorial 31 Jul 2025
Dosiye ya Nyiragasazi  yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Editorial 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia
IMIKINO

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Editorial 22 Jan 2016
Perezida Kagame  mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’
Mu Rwanda

Perezida Kagame mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’

Editorial 08 Sep 2017
Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]
SHOWBIZ

Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Editorial 02 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru