• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Iyi shitani yiyita “umushumba”, ubanza  yibwira ko abantu bibagiwe ko yirukanwe mu itorero ry’Abadivantisti b’Umunsi wa Karindwi kubera ubusambanyi n’indi myitwarire y’urukozasoni. Ubanza yibwira ko kwirirwa asebya Abayobozi b’u Rwanda bizamwishyurira imyenda y’umurengera yasize afashe, agatera igihombo abo yaririye utwabo, abigiraho Malayika kandi ari ikirura.

Uwizeyimana Shadrack  azwi cyane mu karere ka Musanze, aho yayogoje rubanda mu bujura bushukana(escroquerie), cyane cyane abo yabeshyaga ngo arabunganira mu nkiko, dore ko avuga ko yaminuje mu mategeko. Icyakora iyo avuga ko yaminuje mu “itekamutwe” ntawari kubihakana, kurusha kubeshya no kwibeshya ko yaminuje mu ivugabutumwa, kandi ari umuvugabinyoma kabuhariwe. Uyu Shadrack Uwizeyimana yashinze ingirwashuri mu mwaka w’2007, ritagiraga umwarimu,imfashanyigisho reka da,  mu mwanda usa n’uw’aho kera bororeraga ingurube, habe n’icyangombwa na kimwe yari yujuje ngo ishuri rye, ACET IMANZI, rikomeze  gukora.

Ryari gukomeza gukora rite yararigwatirije muri “Banque Lambert”, agafata imyenda itabarika kandi adashobora kwishyura?!  Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwamusabye kenshi gushyira ibintu mu buryo ishuri rye rigakora neza, aho kumva izo nama we ahitamo kuyabangira ingata, atishyuye abo abereyemo amadeni y’umurengera,  asiga mu kangaratete  abafatanyabikorwa bari basangiye ishuri, barimo umudamu witwa Fany NYIRABUHORO. Nta kuntu  atari gutorongera ariko, kuko ababyeyi benshi bari bamaze kumurega kubasambanyiriza abana ku ngufu. Nguwo “Pasiteri”, umuhanuzi uvugana n’Imana!!

Akigera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, MPEMUKE NDAMUKE uwo  yashakishije icyakura muri ruhurura, maze ahitamo  gusebya Igihugu cyamubyaye, yasize ahemukiye. Atangira kuvuga ibitagira epfo na ruguru ngo ni indagu,  agamije gusa gukura abaturage umutima, no kwigarurira imitima y’abasanzwe barwanya u Rwanda. Nguko uko rero wa mutwe w’iterabwoba wa RNC wahise umusamira hejuru, dore ko udatangwa iyo ubonye  abaroha ibigambo bisebanya, abashinjabinyoma, mbese  nta kuntu Shadrack Uwizeyimana atari kujya  mu bindi bigarasha, birebwa n’ubwandu bwa roho .

Abinyujije ku ngirwa televiziyo”AMATEKA TV Rwanda” yo kuri murandasi,  nayo  idashinga kuko ntaho itandukanye na cya kiryabarezi ngo ni ishuri yashinze agamije kuryibisha rubanda, umuvugabinyoma Shadrack Uwiyezeyimana  yageze aho atangaza ko “ mu Rwanda hagiye kuba akaga”.Ibi ngo ni ubuhanuzi akomora ku Mana, ukibaza impamvu iyo Mana abeshyera yahisemo gutuma shitani  ku bana bayo. Ni gute intama zayo yazitumaho ikirura? Ese ako kaga iyo aba umugabo kimwe n’abo yasanze mu busembwa, ntibari kuguma mu Rwanda bakagakumira?  Icyakora kuyifuza byo ntawe byatangaza kuko nta cyiza  barwifuriza, ariko bamenye ko Abanyarwanda batakigendera ku ndagu, ahubwo bagendera ku bikorwa bifatika, kandi birahari.

Abagenda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakunze kubona Shadrack Uwizeyimana mu myigaragambyo y’agatsiko k’imburamukoro kirirwa gasebya u Rwanda. Abasomyi ba Rushyashya twavuganye bari muri icyo gihugu  ariko,  batubwiye ko Shadrack Uwizeyimana n’abo bari kumwe muri ayo manjwe, bafatwa nk’abataye umutwe, abantu basa n’abasasa imigeri, wagirango barashaka uwo  biyahuraho.

Shadrack Uwizeyimana rero  twakugira inama  yo kwikebuka, ukibwiza ukuri wowe ubwawe, ukibuka  uburyo wiyandaritse mu Rwanda, ugasaba Imana imbabazi, kandi ukareka gukomeza kwijandika muri ayo mwanda. Erega nutaninukira, uzanukira abandi.  Turagusabye turinde uwo mwanda wuzuye ibinyoma biharabika u Rwanda!!

2021-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Editorial 13 Jan 2025
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Editorial 05 Dec 2019
Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB

Amafoto – Kepler VC na APR WVC begukanye igikombe cyo kwibuka Padiri Kayumba wayoboraga GSOB

Editorial 05 Mar 2024
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Editorial 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho
Mu Mahanga

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Editorial 08 Aug 2016
Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038
Mu Rwanda

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Editorial 08 Dec 2017
Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi
Mu Rwanda

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Editorial 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru