• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Editorial 30 Apr 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda n’ubwami bw’u Bubiligi byasinye amasezerano y’ubufatanye afite agaciro ka miliyoni 120 z’amayero, ni ukuvuga asaga miliyari 121 Frw.

Iyi nkunga u Rwanda rwahawe ni impano izifashishwa muri gahunda z’iterambere mu myaka ya 2019-2024. Izibanda mu guteza imbere inzego zirimo ubuzima, ubuhinzi no guteza imbere imijyi.

Urwego rw’ubuzima ruzatangwamo miliyoni 45 z’amayero, ubuhinzi butangwemo miliyoni 30 naho guteza imbere imijyi bitware miliyoni 28 z’amayero mu gihe andi azakoreshwa mu gucunga neza umutungo wa Leta.

Mu rwego rw’ubuzima hazibandwa ku kwegereza abaturage serivisi z’imyororokere no kuboneza urubyaro, mu buhinzi hibandwe ku kongera umusaruro uva mu bworozi.

Mu bijyanye no guteza imbere imijyi, inkunga u Rwanda rwahawe izakoreshwa cyane cyane mu guteza imbere umujyi wa Rubavu, Musanze na Rwamagana.

Minitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, nyuma y’isinywa ry’aya masezerano kuri uyu wa Kabiri, yashimiye u Bubiligi kubw’iyo mpano, ashimangira ko izafasha u Rwanda kugera ku ntego rwiyemeje.

Ati “Guverinoma y’u Rwanda ifata ubuzima, ubuhinzi n’iterambere ry’imijyi nk’inzego zikomeye zifite icyo zivuze kinini ku iterambere ry’u Rwanda nk’uko biri muri Gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha Iterambere. Kubw’ibyo rero iyi nkunga y’u Bubiligi ni intambwe igana imbere mu gushyira mu bikorwa intego twiyemeje.”

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda, Benoît Ryelandt yavuze ko isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi ari ikimenyetso ko umubano wabyo ukomeje gutera imbere.

Yavuze ko ari ikimenyetso kije cyiyongera ku ruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi Charles Michel rwabaye muri uku kwezi, byombi byerekana ko u Bubiligi bufata u Rwanda nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi.

Yagize ati “Kuba hasinywe aya amasezerano byose byerekana ko u Rwanda ari umufatanyabikorwa w’ingenzi kandi udasanzwe w’u Bubiligi. Twishimiye gutangiza iyi gahunda nshya izakoreshwa mu nzego eshatu zizagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza by’abanyarwanda.”

Amb. Ryelandt yavuze ko iyo nkunga ifite umwihariko wo kudakurirwaho imisoro. Ubusanzwe izindi nkunga zakurirwagaho imisoro, ni ukuvuga ari ibikoresho byaguzwemo na serivisi bizifashishwa mu mishinga iyo nkunga ikoreshwamo ubundi byakuriwagaho imisoro.

Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda yavuze ko impamvu batasabye gukurirwaho imisoro bagamije gushyigikira iterambere ry’ibyinjira mu isanduku ya Leta.

Mu nzego z’ubuhinzi n’ubuzima, u Bubiligi buzajya burekura amafaranga nyuma yo kugenzura uko aya mbere yakoreshejwe.

Aya masezerano azashyirwa mu bikorwa binyuze mu Kigo cy’ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga (Enabel).

Inkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda ije nyuma y’indi yatanzwe mu 2011 ya miliyoni 160 z’amayero yakoreshejwe mu buzima , ingufu, ubuhinzi n’ibindi.

Inkunga u Bubiligi buhaye u Rwanda ije nyuma y’indi yatanzwe mu 2011 ya miliyoni 160 z’amayero

Iyi nkunga u Rwanda rwahawe ni impano izifashishwa muri gahunda z’iterambere guhera mu 2019 kugeza 2024

Minitiri w’imari n’igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana (ibumoso) yashimiye u Bubiligi kubw’iyo mpano, ashimangira ko izafasha u Rwanda kugera ku ntego rwiyemeje.
Inkuru ya IGIHE

2019-04-30
Editorial

IZINDI NKURU

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Editorial 24 Mar 2018
Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Tour du Rwanda yasigiye u Rwanda akayabo nyuma yo kwinjiza nibura miliyoni 32 Frw ku ijoro

Editorial 05 Mar 2019
Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Editorial 13 Dec 2019
Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Kagame na Nguema bakurikiranye isinywa ry’amasezerano ane hagati y’u Rwanda na Guinée Equatoriale

Editorial 14 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha
Amakuru

Minisiteri y’Uburezi yahagaritse amashami atatu ya Kaminuza ya Gitwe, abanyeshuri basabwa gutaha

Editorial 18 Mar 2017
Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Editorial 13 Jul 2016
Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi
Amakuru

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Editorial 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru