• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga

U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga

Editorial 28 May 2018 INKURU NYAMUKURU

U Burundi burataka igihombo nyuma yo kwimura inama y’abakuru b’ibihugu bigize Isoko rusange ry’ibihugu byo mu burasirazuba n’amajyepfo ya Afurika (COMESA) yagombaga kubera i Bujumbura.

Umunyamabanga Mukuru wa COMESA, Sindiso Ngwenya, aherutse kwandikira ibaruwa Minisitiri w’ubucuruzi mu Burundi amumenyesha ko inama yari iteganyijwe kubera i Bujumbura kuva tariki 1 kugeza tariki ya 10 Kamena 2018 itakibaye ahubwo yimuriwe i Lusaka muri Zambia muri Nyakanga kubera impamvu zitunguranye.

Ni ku nshuro ya kane iyi nama ya COMESA yimuwe. Yagombaga kuba yarabaye mu 2017 ariko yigizwa inyuma ishyirwa muri Gashyantare 2018 kuko nta bikorwa remezo bihagije byari byakabonetse i Bujumbura.

Inama yaje kongera kwigizwa inyuma ishyirwa muri Mata uyu mwaka ntibyakunda nabwo kuko hari indi nama y’Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwelath yari iri kuba.

Minisitiri w’Ubucuruzi mu Burundi, Niyonkindi Jean Marie, yabwiye The East African ko igihugu cye kitaramenya impamvu inama yimuwe ndetse ikanahindurirwa aho yagombaga kubera.

Yanavuze ko iki cyemezo kizahombya byinshi u Burundi kuko bwari bumaze gushora amafaranga menshi [atavuzwe umubare] mu myiteguro.

COMESA ntacyo iratangaza ku mpamvu yimuye iyo nama ariko biravugwa ko hari bamwe mu bagombaga kuyitabira bagaragaje ko batizeye umutekano wabo i Bujumbura.

COMESA ni umuryango ugizwe n’ibihugu 19 washinzwe mu 1994.

Uwo muryango kuri ubu uyobowe na Perezida wa Madagascar, Hery Rajaonarimampianina, watangiye kuwuyobora muri 2016. Biteganyijwe ko agomba guhereza ubuyobozi Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi.

Iyi nama kandi iteganyijwe ni nayo igomba gutorerwamo Umunyamabanga Mukuru mushya usimbura Sindiso uzasoza manda ze ebyiri yemerewe.

byapa byamamaza Inama ya 20 y’abakuru b’ibihugu bya COMESA byari byarazamuwe i Burundi none yajyanwe muri Zambia

Ku mihanda y’u Burundi hari imyiteguro y’inama ya COMESA

2018-05-28
Editorial

IZINDI NKURU

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Editorial 11 Jan 2018
Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi

Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi

Editorial 18 Oct 2019
Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Uko Ingabo za RDC zaburijemo ibitero bibiri bya FDLR

Editorial 24 Jul 2019
Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Editorial 22 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza
Mu Rwanda

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Editorial 22 Jul 2017
Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi  wasuye  u Rwanda
Mu Rwanda

Amateka ya Perezida Abdel Fattah el-Sisi wasuye u Rwanda

Editorial 15 Aug 2017
Bombori bombori muri FDLR
Mu Rwanda

Bombori bombori muri FDLR

Editorial 03 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru