• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mitali Protais igihe cyose azavira mu bwihisho azahita atabwa muri yombi – Mutangana

Mitali Protais igihe cyose azavira mu bwihisho azahita atabwa muri yombi – Mutangana

Ubwanditsi 19 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri uyu wambere ubushinjacyaha bwongeye kwibutsa ko Mitali Protais wahoze ari  minisitiri w’umuco na siporo nyuma yaho akaba na ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia akiri ku rutonde rwabo bashakisha nyuma yo kuba akekwaho kunyereza umutungo w’ishyaka PL yayoboraga.

Mutangana Jena Bosco umushinja cyaha mukuru yemeye ko Mitali akiri ku rutonde rw’abo bashakisha

Umushinja cyaha mukuru avuga ko nubwo batigeze bamukoraho iperereza ngo afatwe kuko atari mu gihugu ariko ko bifashishije Leta mu gusohorara impapuro zimuta muri yombi zamaze gahabwa Polisi mpuzamahanga.

Umushinjacyaha mukuru  Mutangana Jean Bosco yagize ati :

“ Ntabwo arafatwa kuko yihishe ariko igihe cyose azafatirwa azazanwa mu Rwanda aburane ku byaha akurikiranweho.”

Jean Bosco Mutangana umushinjacyaha mukuru

Mu ntangiriro za Mata 2015, nibwo Mitali Protais yahunze igihugu nyuma yaho ishyaka PL yari amaze igihe kinini abereye umuyobozi ritangarije ko yarigishije umutungo waryo ungana na miliyoni zirenga 50 z’amafaranga y’u Rwanda.

Nyuma yaho ishyaka yabarizwagamo rigaragarije ko hari amafaranga yakoresheje mu nyungu ze kandi ari ay’ishyaka, yasabwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kuza mu Rwanda akava muri Ethiopia aho yari asigaye ari nka ambasaderi agakemura ibyo bibazo, gusa nabyo ntiyabyubahiriza.

Tariki ya 3 Mata 2015, Depite Kalisa Evaritse wo mu ishyaka PL yabwiye itangazamakuru  ko igenzura ryakozwe ryagaragaje ko hagati ya Mutarama 2013 na Kamena 2014,  Mitali yarigishije amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 63, muri aya hakaba harimo miliyoni 45 yakuye kuri konti umunsi umwe.

Depite Kalisa yakomeje avuga ko Mitali yaryojwe ayo mafaranga y’ishyaka, akemera kuyishyura, ndetse akishyuraho make, ariko mu gihe yari asigajemo miliyoni 51 n’ibihumbi  magana atandatu na mirongo ine (51,640,000Frws) agahagarika kwishyura.

Yagize ati “Igenzura ry’umwaka umwe ryakozwe (kuva muri Mutarama 2013 kugeza Kamena 2014) ryagaragaje ko yagiye abikuza amafaranga agera kuri miliyoni 63, ariko hari ayo yagiye yishyura, ku buryo yari asigayemo 51,640,000.”

Protais Mitali yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia muri Nyakanga 2014 asimbuye Joseph Nsengimana. Yabaye Perezida wa PL kuva muri Kanama 2007 kugeza muri Werurwe 2015.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi mpuzamahanga, Interpol, Mitali Kabamda Protais, arashakishwa kubera ibyaha byo gukoresha nabi umutungo yari ashinzwe gucunga ndetse n’ubujura.

2019-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Ubwanditsi 11 May 2019
Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018
Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Umunyabigwi wa Arsenal, Sol Campbell yarebanye n’abanyarwanda umukino batsinzemo Manchester United ibitego 3-1

Ubwanditsi 04 Sep 2023

2 Ibitekerezo

  1. Jack
    March 19, 201911:21 am -

    Ariko ntimukabeshye mitali ntari mu bwihisho aba mu bubiligi na weekznd ishize nasanze yasuye mwenewabo uba charleroi duhurirayo ibyo byo kuvuga ngo nava mubwihisho nkaho ari ifuku sibyo ntabwo yihishe kereka niba mutazi aho ari cg mutaramushatse mukavuga ko yihishe. Ahhh

    Subiza
  2. Barame
    March 19, 20193:26 pm -

    Ariko Njye nyoberwa n’Ukuntu uyu yariye Manda zose. Ubwo se ntibyagaragaraga kuva kera ko adashoboye? Kuba muremure munini bitandukanye no gutunganya umurimo.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke
Amakuru

Okoko Godfroid yagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Rutsiro FC asimbuye Haruna Ferouz watandukanye n’ikipe kubera umusaruro muke

Ubwanditsi 01 Dec 2022
Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Uburakari nyuma yaho ingabo (UPDF) zitwikiye amazu 100 y’abaturage

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Perezida Kagame  kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda
Mu Rwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru