• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Editorial 06 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi rivuga ko nyuma yo gutegereza bugaheba icyo u Rwanda rugaragaza ku iraswa rya Perezida Ntaryamira Cyprien n’abandi Baminisitiri babwo babiri, bicanwe na Perezida Habyarimana Juvenal, risaba Leta kurega u Rwanda.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Mata 2018, nibwo Abarundi bibutse ku nshuro ya 24 Perezida Ntaryamira Cyprien wapfiriye mu Rwanda kuri iyi tariki mu 1994, n’ubu ngo bukaba butarahabwa ubusobanuro bwimbitse bw’urupfu rwe.

Perezida Ntaryamira Cyprien n’Abaminisitiri babiri b’u Burundi barasiwe hamwe n’uwari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana n’abandi bari kumwe, mu ijoro ryo ku wa 6 Mata 1994, mu ndege yari ibakuye muri Tanzania.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, bavuga ko urupfu rwa Ntaryamira rufitanye isano n’inigwa rya Demokarasi mu Burundi, ko rwaje nyuma y’amezi 5 gusa na Perezida Merchiol Ndadaye yishwe.

Iri shyaka kandi rivuga ko u Burundi bubabazwa n’uko kugeza n’ubu munsi ntacyo ubutabera bwari bwagaragaza ngo bumenye neza uwishe Perezida wabwo, mu gihe bigaragara ko igitero cyagabwe ku ndege barimo cyari cyarateguwe neza, bitewe n’uko nta n’umwe wakirokotse.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD, Evariste Ndayishimiye ku wa 5 Mata 2018, iri shyaka rikaba rihuza iby’urupfu rwa Ntaryamira n’ibyo u Burundi bwari busanzwe bushinja u Rwanda, aho bwavugaga ko rwagize uruhare mu kubuhungabanyiriza umutekano ndetse no kwakira abari bagiye guhirika ubutegetsi mu 2015.

Bagira bati “Aha twakwibuka ko, uretse nyakubahwa Cyprien Ntaryamira n’Abaminisitiri babiri bishwe mu gihugu cy’u Rwanda, na Visi Perezida wa mbere w’u Burundi, Petero Ngendandumwe yishwe n’Umunyarwanda kandi yarabyiyemereye. None no mu mwaka wa 2015 twarabyiboneye twese ko abasenye inganda bakanagerageza guhirika inzego zitorewe n’abaturage, bahise bajya kwihisha mu gihugu cy’u kugira ngo ubutabera butabakurikirana, icyo gihugu n’uyu munsi nicyo gikomeza kwinjiza mu gisirikare cyarwo urubyiruko rw’impunzi”.

Muri iri tangazo, bavuga ko mu gihe bari mu nzira yo kumenya neza amateka y’ejo hahise h’u Burundi ari nako baniyunga, ngo banakeneye kumenya neza iby’urupfu rwa Ntaryamira.

Iri shyaka CNDD FDD rikaba risaba Leta y’u Burundi kwitwarira u Rwanda mu nkiko, urw’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba, urw’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’izindi mpuzamahanga.

Kuva mu mwaka wa 2015, nibwo Leta y’u Burundi yakomeje gutunga agatoki u Rwanda ko rugira uruhare mu guhungabanya umutekano wabwo, ndetse bunarushinja gucumbikira abashatse guhirika ubutegetsi no gutoza abagamije kurutera.

Ibi Leta y’u Rwanda yagiye ibihakana yivuye inyuma, igaragaza ko ibyo burushinja nta shingiro bifite, ndetse ntihanagaragazwe gihamya.

 

2018-04-06
Editorial

IZINDI NKURU

Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Editorial 27 Jun 2020
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Editorial 28 Nov 2023
Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka

Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka

Editorial 14 Feb 2020
RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Editorial 18 Dec 2019
Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Editorial 27 Jun 2020
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Editorial 28 Nov 2023
Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka

Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka

Editorial 14 Feb 2020
RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Editorial 18 Dec 2019
Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Kayumba Rugema yigambye igitero cy’iterabwoba amasaha 12 mbere yuko kigabwa ku ngabo z’u Rwanda mu karere ka Nyaruguru

Editorial 27 Jun 2020
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Editorial 28 Nov 2023
prev
next

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 7, 20185:01 pm -

    uziko muri injiji mbe na onu yarababeshyeye mugutangaza ko u rwanda arirwo rufasha abahungabanya umutekano mu Burundi? iminsi yumugizi wa nabi irabaze murindire muzabona!!

    Subiza
    • DEDE
      July 24, 201810:00 am -

      MAOMBI we uzakor iki wowe petit?byura agatwe se tukamene!!!

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru