• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1   |   15 Aug 2025

  • Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa   |   15 Aug 2025

  • Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR   |   14 Aug 2025

  • Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club   |   14 Aug 2025

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 28 Sep 2018 POLITIKI

U Rwanda rwaje ku mwanya wa kabiri mu bihugu bifite umubare munini w’abasirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro ku Isi.

Kuri uru rutonde u Rwanda rufite abasirikare 7112 barimo abagabo 6 772 n’abagore 390. Rukurikira Ethiopia ifite abasirikare 8335.

Uyu mwanya u Rwanda rwawukuyeho Bangladesh yari ifite abasirikare 7 105 muri raporo ya Loni yasohotse ku wa 30 Kamena 2018, icyo gihe rwari ku wa gatatu rufite abagera ku 7086.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Munyengango Innocent, yatangarije IGIHE ko Abanyarwanda bakwiye kwishimira umwanya ruriho n’ubushake bwarwo mu gutanga umusanzu w’amahoro arambye.

Yagize ati “Twitabira ubutumwa bwa Loni aho ingabo zacu zidatanga gusa umusanzu wo kubungabunga amahoro n’umutekano mu bihugu bigeramiwe. Turi no ku isonga mu gukora ubuvugizi bw’ahakenewe impinduka mu butumwa bw’amahoro hakoreshejwe uburyo buboneye bwo kurinda abasivili.”

Yavuze ko ‘‘Amahame ya Kigali yo kurinda abasivili yashyiriweho umukono mu Rwanda mu 2015, ashyirwa mu bikorwa n’ababungabunga amahoro.

Ati “Bitewe n’amateka mabi yagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse no guha agaciro ko inshuti n’abafatanyabikorwa beza bakugaragira mu makuba, u Rwanda rwahisemo gutanga umusanzu warwo wo kugarura amahoro n’ituze aho bikenewe. Ni byo biduha ishema nk’igihugu, gushyirwa ku rutonde rw’ibishimirwa umusanzu wo gusigasira amahoro n’umutekano ku Isi.”

U Rwanda rufite ingabo ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu birimo Sudani y’Epfo, Sudani na Centrafrique.

Ingabo z’u Rwanda ziherereye mu Mujyi wa Malakal muri Sudani y’Epfo, mu bikorwa bya Loni byo kugarura amahoro n’umutekano (UNMISS) ziheruka kwambikwa imidali y’ishimwe muri uku kwezi zibikesha ubunararibonye n’ubutwari mu mirimo yazo.

Zatangiye ibikorwa byo kugarura amahoro mu 2016 nyuma y’imvururu zavutse hagati ya Perezida Salva Kiir na Riek Machar wari Visi Perezida we.

Byatumye abahatuye bagera kuri miliyoni 1.5 bahungira mu bindi bihugu, abandi 300 000 bava mu byabo.

Muri Sudani y’Epfo hari abasirikare b’u Rwanda barenga 2300, batangiye koherezwayo mu 2016.

Abasirikare ba RDF barenga 52,000 bamaze kunyura mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bice bitandukanye by’Isi.

Ubutumwa bw’amahoro bwa Loni bwatangiye muri Gicurasi 1948 ubwo Akanama k’Umutekano koherezaga ingabo mu Burasirazuba bwo Hagati zigenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya Israel n’ibihugu by’Abarabu.

2018-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2016
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018
Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Editorial 16 Jul 2019
U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

Editorial 07 Apr 2020
New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2016
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018
Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Editorial 16 Jul 2019
U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

U Rwanda rwerekanye ko bishoboka kuva mu ivu ukubaka umuryango ushikamye- A. Guterres

Editorial 07 Apr 2020
New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Editorial 20 Sep 2016
Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Editorial 10 Jul 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Rebero Jeremy
    September 29, 20189:19 am -

    Ni iyihe mpamvu twaba dufite abasirikari tudakeneye mu gihugu kandi dukennye? Ese ibihugu bifite amikoro menshi n’ingabo nyinshi ariko ntibuzohereze muri izo ntambara tubirusha gutekereza neza? Amateka niyo azadusobanurira ukuntu abaturarwanda bashora utwo bafite bafasha akenshi abafite kubarusha! Ninde ubyungukiramo?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru