• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Editorial 27 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasabye buri wese kwiha agaciro no kugaha ubuzima bw’abandi, mu kwirinda ko igihugu cyagereranywa n’ingunguru irimo ubusa ukomanga ikirangira.

Umukuru w’Igihugu yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 11 rya Unity Club Intwararumuri, ryitabiriwe n’abayobozi bo mu nzego nkuru z’igihugu kugeza ku bayobozi b’Uturere na Sosiyete sivile.

Yasabye buri Munyarwanda wese kuba afite umusanzu atanga mu kubaka igihugu ku rwego rwe.

Ati “Ugomba gusobanura, Ndi Umunyarwanda, ndi umukobwa, dore icyo nzanira u Rwanda, dore icyo nzanira umuryango nyarwanda, niba ntacyo uri ntacyo.”

Yashimye ko abagize Unity Club Intwararumuri, buri wese yagize icyo atanga mu kubaka ubumwe bwasenywe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Icyo twazanye rero, iyo nsubije amaso inyuma, imyaka igiye kuba 25 nyuma y’ibi byose byagerageje kuzimya, kuzimangatanya kuba Umunyarwanda, twahereye aho, buri wese yagiye agira icyo azana …kugira ngo twongere twubake u Rwanda, ubunyarwanda, umuco, ni cyo kituranga kitarimo ubusa.”

Yahise atanga urugero rw’ingunguru irimo ubusa ukubitaho ikirangira, ati “U Rwanda ntabwo ari ingunguru nta nubwo rukwiriye kuba ingunguru ukomanga ikirangire kuko irimo ubusa. Hari ikirimo. Hari ikiturimo. Hari agaciro duha abantu hari n’indangagaciro zituranga”.

Umukuru w’igihugu yavuze ko ‘aho kugira ingunguru irimo ubusa, hagiye huzuzwamo ibintu by’agaciro kandi ni urugendo, bisaba kubikorera’.

Perezida Kagame yavuze ko ibyo gushyira mu gihugu bivuze agaciro gashyirwa mu bantu, ‘twiha, dushyira mu gihugu cyacu’.

Ati “Iyo nsubije amaso inyuma rero, nsanga aho kugira ingunguru irimo ubusa, twagiye tuyuzuzamo ibintu ku buryo uzakomanga atazagire icyo yumva.”

Amakimbirane mu bantu ntakwiye

Umukuru w’Igihugu yahamagariye abantu bose kubana mu mahoro no mu bwuzuzanye kuko nta mpamvu yo gukimbirana.

Yatanze urugero mu mibanire y’abagabo n’abagore, ati “Wowe umugabo ugiye guhitamo gukandamiza umugore, ntabwo ari wowe wahisemo kuba umugabo, ntabwo ari wowe wahisemo kuba umugore. Urahera he kujya kuvuga ngo uramubuza amahoro? Cyangwa wibuke ngo nawe ayambujije?”

Izindi ngero yatanze ni uko nta wahisemo kuba Umunyarwanda ku buryo uwo mu kindi gihugu byaba indandaro yo kutumvikana.

Perezida Kagame kandi yakomoje ku Banyarwanda bagiye baba mu mahanga, Tanzania, Uganda, Burundi, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bahunguka bikagirwa ibibatanya, umwe yibona aho yaturutse.

Ati “Uwari warahungiye i Burundi aragarutse ahuye n’uwari warahungiye Uganda bahuriye hano, uwavuye Congo nawe araje bahuriye hano, uwavuye Tanzania nawe aratahutse, bahuriye iwabo! Barangiza umwe akaba Umugande, undi akaba Umurundi … nacyo kiba kibaye ubundi bwoko buri aho.”

Umukuru w’Igihugu yasabye ko Ndi Umunyarwanda igomba kurangiza ibyo bibazo byose birimo na Jenoside yabaye Umunyarwanda akica mugenzi we.

Yagaragaje ko “Ndi Umunyarwanda ari wo musingi w’abo turi bo nk’abantu n’icyo turi cyo nk’igihugu.”

Perezida Kagame yasabye buri wese kwiha agaciro no kugaha ubuzima bw’abandi

Abayobozi (uhereye iburyo) barimo Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse, Guverineri w’Amajyepfo CG Gasana Emmanuel, Musenyeri wa Diyosezi Gatorika ya Kabgayi Mbonyintege Smaragde na Harerimana Cyriaque wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Iterambere ry’Abaturage

Abayobozi bakuru b’igihugu bitabiriye ihuriro rya Unity Club Intwararumuri

2018-10-27
Editorial

IZINDI NKURU

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Editorial 21 Oct 2022
Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Umurage mubi w’Ububiligi ku Rwanda wagarutsweho na Perezida Kagame

Editorial 17 Mar 2025
FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

FARDC yakajije ibitero bimaze gushegesha imitwe irimo P5 na RNC ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 28 Jun 2019
Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Editorial 04 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Aimable Karasira adashyikirizwa ubutabera kandi bigaragara ko ari umugizi wa nabi mu bandi?
Amakuru

Kuki Aimable Karasira adashyikirizwa ubutabera kandi bigaragara ko ari umugizi wa nabi mu bandi?

Editorial 25 Nov 2020
Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Editorial 10 Jun 2019
Twibeshye kuri Dr Christian  MARARA
POLITIKI

Twibeshye kuri Dr Christian MARARA

Editorial 21 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru