• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

Ubwanditsi 25 Feb 2019 ITOHOZA

Polisi y’igihugu iratangaza ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’imirambo iboneka mu kiyaga cya Rweru gihuriweho n’u Rwanda n’u Burundi.

Mu kiganiro cyihariye umuvugizi wa Polisi y’igihugu Commissioner of Police John Bosco Kabera yagiranye na KTRadio, dukesha iyi nkuru yavuze ko iyo mirambo iboneka ku ruhande rw’u Burundi gusa, bityo ko ntaho ihuriye n’u Rwanda, ko ahubwo u Burundi bukwiye gusuzuma iki kibazo bukanagishakira umuti.

Amakuru yatangajwe kuri radio y’igihugu cy’u Burundi mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, yavugaga ko mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Burundi mu ntara ya Kirundo komini Busoni, habonetse imirambo umunani ireremba hejuru y’amazi, inzego z’ubuyobozi mu Burundi zikavuga ko yaturutse mu Rwanda.

CP John Bosco Kabera, umuvugizi wa polisi y’igihugu, yavuze ko ayo makuru atari yo, kuko mu Rwanda ari amahoro, kandi bikaba bisanzwe ko igihugu cy’u Burundi gikunze gutwerera u Rwanda imirambo iboneka mu kiyaga cya Rweru, nyamara kandi iba yabonetse mu gice cy’u Burundi.

Ati ”Ntabwo ari byo kuko birazwi ko hano tutica abantu, ariko biranazwi ko kuva muri 2015 imvururu zatangira mu Burundi, icyo kibazo barakivuze, muri 2018 barabivuga, none n’ubu barongeye babisubiramo.”

“Twebwe ntitwica abantu, ibibazo biri iwabo. Ntawe utazi ubwicanyi bubera mu Burundi kuva muri 2015 kugeza ubu, ntabwo rero ibyo bibazo bakwiye kubitwerera u Rwanda, ahubwo bakwiye kubishakira umuti iwabo”.

CP John Bosco Kabera kandi yongeraho ko ibibazo biri mu Burundi bikwiye gushakirwa umuti n’abarundi ubwabo, aho gushaka abandi babyegekaho.

Ati”Ntekereza ko bifitiye ibibazo iwabo, ariko nyine buri gihe bakunze gushaka abo babyegekaho. Aho havugwa za Busoni hariyo imbonerakure nyinshi, biravugwa, abantu barabyandika, ntekereza rero ko bashakira umuti ikibazo iwabo, badashatse uburyo batwerera u Rwanda ibibazo bafite kuko ntaho bihuriye na gato”.

Umuvugizi wa polisi avuga ko mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Rwanda hari abashinzwe umutekano, kandi ko Abanyarwanda bahakorera imirimo yabo ya buri munsi nta kibazo cy’umutekano bigeze bagira.

Amakuru ari ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter avuga ko abantu bicirwa mu gihugu cy’u Burundi ari abo mu bwoko bw’Abatutsi baba bahungutse bava mu bihugu bari barahungiyemo, bagera i Burundi bagahita batabwa muri yombi, bamwe bakaburirwa irengero burundu, aya makuru akavuga ko abicwa bose bicwa n’imbonerakure.

Urubuga rwa Twitter rwitwa iBurundi, rw’abaturage b’abarundi bishyize hamwe ngo bakore ubukangurambaga bugamije ubutabera, ruravuga ko hari umuryango wo muri komini Busoni watangaje ko wabuze abasore babiri baherukaga guhunguka, hakibazwa niba baba bari muri iyo mirambo yagaragaye mu kiyaga cya Rweru.

2019-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Niyigena Patrick  umunyarwanda w’umucuruzi  yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Niyigena Patrick umunyarwanda w’umucuruzi yashimutiwe muri Uganda, akorerwa iyicarubozo ririmo guterwa urushinge

Ubwanditsi 14 Oct 2018
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 26 Aug 2019
Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Danmark: Umunyarwanda yatawe muri yombi ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 May 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Claude
    February 27, 20192:28 pm -

    Ngo imirambo ituruka i Rwanda???? None se ikiyaga hari ubwo ari umugezi ngo gitembe bityo kibe cyanatembana iyo mirambo kiyivana i Rwanda cyijyana i Buvakirenge??? Ibinyoma gusa gusa….

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”
Amakuru

FERWACY yatangaje amatariki azaberaho isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu rizwi nka “Tour du Rwanda”

Ubwanditsi 05 Oct 2022
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis
POLITIKI

Perezida Paul Kagame yakiriwe na Papa Francis

Ubwanditsi 20 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru