• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

U Rwanda ntaho ruhuriye n’imirambo yabonetse muri Rweru- Polisi

Ubwanditsi 25 Feb 2019 ITOHOZA

Polisi y’igihugu iratangaza ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’imirambo iboneka mu kiyaga cya Rweru gihuriweho n’u Rwanda n’u Burundi.

Mu kiganiro cyihariye umuvugizi wa Polisi y’igihugu Commissioner of Police John Bosco Kabera yagiranye na KTRadio, dukesha iyi nkuru yavuze ko iyo mirambo iboneka ku ruhande rw’u Burundi gusa, bityo ko ntaho ihuriye n’u Rwanda, ko ahubwo u Burundi bukwiye gusuzuma iki kibazo bukanagishakira umuti.

Amakuru yatangajwe kuri radio y’igihugu cy’u Burundi mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, yavugaga ko mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Burundi mu ntara ya Kirundo komini Busoni, habonetse imirambo umunani ireremba hejuru y’amazi, inzego z’ubuyobozi mu Burundi zikavuga ko yaturutse mu Rwanda.

CP John Bosco Kabera, umuvugizi wa polisi y’igihugu, yavuze ko ayo makuru atari yo, kuko mu Rwanda ari amahoro, kandi bikaba bisanzwe ko igihugu cy’u Burundi gikunze gutwerera u Rwanda imirambo iboneka mu kiyaga cya Rweru, nyamara kandi iba yabonetse mu gice cy’u Burundi.

Ati ”Ntabwo ari byo kuko birazwi ko hano tutica abantu, ariko biranazwi ko kuva muri 2015 imvururu zatangira mu Burundi, icyo kibazo barakivuze, muri 2018 barabivuga, none n’ubu barongeye babisubiramo.”

“Twebwe ntitwica abantu, ibibazo biri iwabo. Ntawe utazi ubwicanyi bubera mu Burundi kuva muri 2015 kugeza ubu, ntabwo rero ibyo bibazo bakwiye kubitwerera u Rwanda, ahubwo bakwiye kubishakira umuti iwabo”.

CP John Bosco Kabera kandi yongeraho ko ibibazo biri mu Burundi bikwiye gushakirwa umuti n’abarundi ubwabo, aho gushaka abandi babyegekaho.

Ati”Ntekereza ko bifitiye ibibazo iwabo, ariko nyine buri gihe bakunze gushaka abo babyegekaho. Aho havugwa za Busoni hariyo imbonerakure nyinshi, biravugwa, abantu barabyandika, ntekereza rero ko bashakira umuti ikibazo iwabo, badashatse uburyo batwerera u Rwanda ibibazo bafite kuko ntaho bihuriye na gato”.

Umuvugizi wa polisi avuga ko mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Rwanda hari abashinzwe umutekano, kandi ko Abanyarwanda bahakorera imirimo yabo ya buri munsi nta kibazo cy’umutekano bigeze bagira.

Amakuru ari ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter avuga ko abantu bicirwa mu gihugu cy’u Burundi ari abo mu bwoko bw’Abatutsi baba bahungutse bava mu bihugu bari barahungiyemo, bagera i Burundi bagahita batabwa muri yombi, bamwe bakaburirwa irengero burundu, aya makuru akavuga ko abicwa bose bicwa n’imbonerakure.

Urubuga rwa Twitter rwitwa iBurundi, rw’abaturage b’abarundi bishyize hamwe ngo bakore ubukangurambaga bugamije ubutabera, ruravuga ko hari umuryango wo muri komini Busoni watangaje ko wabuze abasore babiri baherukaga guhunguka, hakibazwa niba baba bari muri iyo mirambo yagaragaye mu kiyaga cya Rweru.

2019-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Ubwanditsi 30 Mar 2021
Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 Nov 2016
Umunyarwanda Berininkindi Claver yakatiwe burundu n’urukiko rwo muri Suwede

Umunyarwanda Berininkindi Claver yakatiwe burundu n’urukiko rwo muri Suwede

Ubwanditsi 16 May 2016
Perezida Kagame  yageze  i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Ubwanditsi 07 Jun 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Claude
    February 27, 20192:28 pm -

    Ngo imirambo ituruka i Rwanda???? None se ikiyaga hari ubwo ari umugezi ngo gitembe bityo kibe cyanatembana iyo mirambo kiyivana i Rwanda cyijyana i Buvakirenge??? Ibinyoma gusa gusa….

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika
Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Ubwanditsi 19 Mar 2016
Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena
Amakuru

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru