• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

Editorial 30 Mar 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, UBUZIMA

Purpose Rwanda ni Umuryango utari uwa leta urwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ndetse ukanafasha ababaswe na byo, Uhora ukora ubukangurambaga ariko ubu hararebwa cyane ubw’imyaka itanu buzafasha abagera ku bihumbi 30 kubireka.

Ubuyobozi bwa National Rehabilitation Service aricyo kigo cy’Igihugu Gishinzwe Igororamuco , buvuga ko gufatanya na Purpose Rwanda mu kugabanya ikoreshwa ry’ibiyobwabwenge n’ingaruka bitera ari ingenzi kandi batazahwema kuyiba hafi kugirango igere ku ntego yihaye

Hari ubukangurambaga bwamuritswe kuwa 17 Ukuboza 2021, bwatangiranye na 2022 kugeza mu 2027, aho bufite intego yo gufasha abantu 30.000 babaswe n’ibiyobyabwenge, inzoga, abakora ubuzererezi cyangwa uburaya kubivamo burundu bagasubira mu buzima busanzwe.

Agaba Ark Bruno avuga ko atazacogora gushishikariza abanyarwanda kuva mu biyobyabwenge

Umuhuzabikorwa wa Purpose Rwanda, Bwana Agaba Bruno, yavuze ko bateganya ko byibura buri mwaka bazajya bafasha abantu 5000, kuko byagaragaye ko benshi mu babaswe n’ibiyobyabwenge bagerageza kwiyahura abandi bagakora ibikorwa bigira ingaruka ku bandi birimo ubujura, ubwicanyi, gufata ku ngufu, urugomo n’ibindi. Purpose Rwanda ibereyeho  kugira ngo yubake u Rwanda rufite intego rutarangwamo ibiyobyabwenge.”

Agaba avuga ko buri cyumweru Purpose Rwanda yakira byibura abantu 25 babaswe n’ibiyobwabwenge, uburaya ndetse n’inzoga ku buryo babona ko hakenewe ubufatanye bw’abaturage, imiryango, inzego za leta, abikorera ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta kugirango iki kibazo kirandurwe burundu.

Abenshi mu bagenerwabikorwa baretse uburaya bafashijwe na Purpose Rwanda bavuga ko mbere bari bariyanze, biyahuza ibiyobyabwenge buri munsi kugeza ubwo bagerageje no kwiyahura inshuro zitari nkeya

Abari mu buraya bavuga ko bahuye na Purpose Rwanda ibafashanya hamwe n’abandi bari bahuje umwuga bahana ubuhamya basohora agahinda kose bari bafite mu mutima, babona abantu babereka urukundo bava mu buraya n’ibiyobyabwenge.

Ubu basigaye bakora nk’abafashamyumvire bafasha abandi kubireka ndetse bikaba binabatunze, aho no muri ubu bukangurambaga bazafasha benshi babaswe n’ibiyobyabwenge kubivamo.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Igororamuco, NRS, Mufulukye Fred, yavuze ko bazafatanya n’uyu muryango muri ubu bukangurambaga asaba ko buri wese yagira iki kibazo icye kugira ngo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko ricike.

Ati “Dukwiriye kumva yuko twese iki kibazo kitureba nk’abanyarwanda kandi ko n’igisubizo kizava muri twe.”

Ubu bukangurambaga buzagera mu gihugu hose, aho mu bizakorwa harimo gukora ubushakashatsi kuri iki kibazo, gushyira imfashanyigisho mu mashuri cyane cyane ayisumbuye, gutangiza byibura ikigo ngororamuco kimwe muri buri ntara, gutegura abakize kugaruka muri sosiyete n’ibindi.

Umuyobozi mukuru wa Purpose Rwanda Bwana Anyama Charles yakira inkunga ya Ralex Logistics mu mpera z’umwaka 2021

Wowe se ni ryari? ni ikibazo buri muntu yagakwiye kwibaza mu rwego rwo kumva ko urugamba rwo kurandura ibiyobyabwenge ndetse n’ubuzererezi atari urw’umwe, buri munyarwanda n’umuturarwanda wese yagakwiye guhangayikishwa no kuramuka nabi kwa mugenzi we, niyo mpamvu Umuryango Purpose Rwanda uhamagarira abantu bo mu ngeri zose guhaguruka bagashyigikirana bakareba ko baramura ubuzima bwa benshi butikirira mu ngeso yo kubatwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge

Ushinzwe kurwanya ibiyobyabwenge no gufasha ababaswe nabyo Bwana Macumu Joseph wa Purpose Rwanda

Uti gute? Duhagurukiye rimwe twafatanya na Purpose Rwanda kongera umubare w’abamaze kuvanwa muri ubwo bubata, igihugu kigasigara gisigasiriwe n’abanyarwanda bazima bakiganisha aheza, Purpose Rwanda imaze kugira abagenerwabikorwa bangana n’1007 bari mu nzira yo guhinduka no gukira muri abo 317 bamaze guhinduka barakira neza, yewe bayifasha no gutarura bagenzi babo bakiri mu buyobe bwo kubatwa n’uburara,uburaya,ubwomanzi ndetse n’ibiyobyabwenge

Abasaga 200 bari mu nzira yo gukira bishatse kuvuga ko bamaze amezi arenga atatu badakoresa ibiyobyabwenge, abarenga 400 baracyakurikiranwa kandi Purpose Rwanda ifite inshingano zo gushyira imbaraga mu kubasanga aho bari n’aho batuye hanyuma kandi abakize bagakiza abandi.

2022-03-30
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Editorial 07 Dec 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Editorial 13 Oct 2016
Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Editorial 18 Oct 2019
Nyuma y’imikino ya nyuma ya shampiyona ya Volleyball yaraye ikinwe, imikino ya Kamarampaka iratangira kuri uyu wa Gatanu

Nyuma y’imikino ya nyuma ya shampiyona ya Volleyball yaraye ikinwe, imikino ya Kamarampaka iratangira kuri uyu wa Gatanu

Editorial 12 Mar 2025
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Editorial 07 Dec 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Editorial 13 Oct 2016
Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Editorial 18 Oct 2019
Nyuma y’imikino ya nyuma ya shampiyona ya Volleyball yaraye ikinwe, imikino ya Kamarampaka iratangira kuri uyu wa Gatanu

Nyuma y’imikino ya nyuma ya shampiyona ya Volleyball yaraye ikinwe, imikino ya Kamarampaka iratangira kuri uyu wa Gatanu

Editorial 12 Mar 2025
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Editorial 07 Dec 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Perezida Kagame yagaragaje ko ntawe ugomba kunyurwa n’iterambere ricagase

Editorial 13 Oct 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru