• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Oct 2018 UBUKUNGU

Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB) yagurije u Rwanda miliyoni 269 z’Amadolari ya Amerika azarufasha mu ntego rwihaye yo kugeza amashanyarazi kuri bose.

Amasezerano y’iyi nguzanyo yasinywe kuri uyu wa Kabiri na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Uhagarariye AfDB mu Rwanda, Martha Phiri.

Dr Ndagijimana yavuze ko iyi nkunga izafasha u Rwanda muri gahunda yarwo y’imyaka irindwi mu kwihutisha iterambere, rukagera ku ntego yo kuba mu 2024 Abanyarwanda bose bazaba bagejejweho amashanyarazi.

Ati “Inguzanyo ifite akamaro kandi itubutse, izadufasha gushyira mu bikorwa gahunda yo kugeza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yagaragaje ko iyi nguzanyo yatanzwe mu bice bibiri, kimwe kirimo miliyoni 194$ yatanzwe na AfDB, izishyurwa ku nyungu ya 1.65% mu myaka 25 harimo imyaka umunani ya mbere isonewe.

Ikindi gice ni icya miliyoni 75 $ yatanzwe n’Ikigega Nyafurika gitsura Amajyambere nacyo gikorera muri AfDB, yo ikazishyurwa ku nyungu ya 0.75 % mu myaka 40, harimo imyaka itanu isonewe.

Mu ikoreshwa ry’iyo nkunga yose, 28 % byayo azajya mu bikorwa byo kunoza ikwirakwizwa ry’amashanyarazi mu gihugu; 64 % azakoreshwa mu kongera amashanyarazi agenda ku mirongo minini y’amashanyarazi; 4% mu mashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba naho 3% ajye mu kubaka ubushobozi bw’Ikigo gishinzwe amashanyarazi mu gihugu.

Dr Uzziel avuga ko kugeza ubu Abanyarwanda 46% ari bo bagerwaho n’amashanyarazi.

Imwe mu mbogamizi ikomeye, ngo ijyanye n’imiturire mibi y’abaturage batatanye aho kubagezaho amashayarazi bitoroha. Gusa ngo gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu nigerwaho, ibi nabyo bizoroha.

Uhagarariye AfDB mu Rwanda, Martha Phiri, yatangaje ko iyi ari yo nkunga ya mbere nini iyi banki ihaye u Rwanda.

Yagize ati “Igamije gufasha igihugu mu kugera ku ntego yacyo yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose, ibitaro, amashuri, inzu z’ubucuruzi bitarenze 2024.”

Phiri yagaragaje ko u Rwanda ari cyo igihugu cya mbere gihawe inkunga muri gahunda AfDB ifite yo gufasha imishinga y’ibihugu itanga umusaruro byihuse.

AfDB initeze ko iyi nkunga izanakuraho ibura rya hato na hato ry’amashanyarazi.

2018-10-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Editorial 10 Feb 2020
Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Editorial 08 Feb 2019
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018
RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY: Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Editorial 12 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda
IMIKINO

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Editorial 20 Aug 2018
Umunyarwanda Camir Nkurunziza wari umwe mubayoboke ba RNC  yarasiwe muri Afrika y’Epfo atwaye amabandi arapfa.
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Camir Nkurunziza wari umwe mubayoboke ba RNC  yarasiwe muri Afrika y’Epfo atwaye amabandi arapfa.

Editorial 31 May 2019
Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa
POLITIKI

Abanyarwanda n’ubu baracyagaragaza ko 2017 itinze kugera- Hon Mukabalisa

Editorial 07 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru