• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Oct 2018 UBUKUNGU

Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB) yagurije u Rwanda miliyoni 269 z’Amadolari ya Amerika azarufasha mu ntego rwihaye yo kugeza amashanyarazi kuri bose.

Amasezerano y’iyi nguzanyo yasinywe kuri uyu wa Kabiri na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Uhagarariye AfDB mu Rwanda, Martha Phiri.

Dr Ndagijimana yavuze ko iyi nkunga izafasha u Rwanda muri gahunda yarwo y’imyaka irindwi mu kwihutisha iterambere, rukagera ku ntego yo kuba mu 2024 Abanyarwanda bose bazaba bagejejweho amashanyarazi.

Ati “Inguzanyo ifite akamaro kandi itubutse, izadufasha gushyira mu bikorwa gahunda yo kugeza amashanyarazi hirya no hino mu gihugu.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yagaragaje ko iyi nguzanyo yatanzwe mu bice bibiri, kimwe kirimo miliyoni 194$ yatanzwe na AfDB, izishyurwa ku nyungu ya 1.65% mu myaka 25 harimo imyaka umunani ya mbere isonewe.

Ikindi gice ni icya miliyoni 75 $ yatanzwe n’Ikigega Nyafurika gitsura Amajyambere nacyo gikorera muri AfDB, yo ikazishyurwa ku nyungu ya 0.75 % mu myaka 40, harimo imyaka itanu isonewe.

Mu ikoreshwa ry’iyo nkunga yose, 28 % byayo azajya mu bikorwa byo kunoza ikwirakwizwa ry’amashanyarazi mu gihugu; 64 % azakoreshwa mu kongera amashanyarazi agenda ku mirongo minini y’amashanyarazi; 4% mu mashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba naho 3% ajye mu kubaka ubushobozi bw’Ikigo gishinzwe amashanyarazi mu gihugu.

Dr Uzziel avuga ko kugeza ubu Abanyarwanda 46% ari bo bagerwaho n’amashanyarazi.

Imwe mu mbogamizi ikomeye, ngo ijyanye n’imiturire mibi y’abaturage batatanye aho kubagezaho amashayarazi bitoroha. Gusa ngo gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu nigerwaho, ibi nabyo bizoroha.

Uhagarariye AfDB mu Rwanda, Martha Phiri, yatangaje ko iyi ari yo nkunga ya mbere nini iyi banki ihaye u Rwanda.

Yagize ati “Igamije gufasha igihugu mu kugera ku ntego yacyo yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose, ibitaro, amashuri, inzu z’ubucuruzi bitarenze 2024.”

Phiri yagaragaje ko u Rwanda ari cyo igihugu cya mbere gihawe inkunga muri gahunda AfDB ifite yo gufasha imishinga y’ibihugu itanga umusaruro byihuse.

AfDB initeze ko iyi nkunga izanakuraho ibura rya hato na hato ry’amashanyarazi.

2018-10-17
Editorial

IZINDI NKURU

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Editorial 09 Mar 2017
Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Editorial 24 Dec 2018
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Editorial 26 Mar 2020
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Editorial 10 Nov 2017
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Editorial 09 Mar 2017
Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Editorial 24 Dec 2018
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Editorial 26 Mar 2020
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Editorial 10 Nov 2017
Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Nukurikiza ibi bintu icumi ntakabuza uzatsinda interview nujya gusaba akazi

Editorial 09 Mar 2017
Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Mu 2018, twagize umusaruro mwiza w’ubwoko bwose – Perezida Kagame

Editorial 24 Dec 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali
ITOHOZA

Umunyarwanda wabaga muri Canada yaguye muri Turikiya agana i Kigali

Editorial 17 Oct 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 08 Dec 2022
Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!
POLITIKI

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Editorial 28 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru