• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Nov 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwasinyanye na Banki y’Isi amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni $125 (miliyari 110 Frw), azakoreshwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari mu gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 16 Ugushyingo 2018, hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal.

Izakoreshwa mu gukora amashanyarazi mashya, kunoza imicungire yayo hagabanywa ingano itakara, kugabanya igiciro no kongera umusaruro w’ikigo kiyacuruza.

Minisitiri Dr Ndagijimana yagize ati “Iyi nguzanyo izafasha u Rwanda kwihutisha intego yarwo yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose mu 2024. Izanongera ahantu hazagezwa amashanyarazi ku bihumbi 154 mu gihugu.”

Mu Ukuboza 2017, u Rwanda rwakiriye izindi miliyoni $125. Yakoreshejwe mu cyiciro cya mbere cy’umushinga wo gusakaza amashanyarazi kuri bose (Development Policy Operation-DPO), ingo ibihumbi 154zigezwaho amashanyarazi zivuye ku bihumbi 74 hagati ya 2012-2016.

Uru rugendo rw’amavugurura ruzazamura umubare w’ingo zigerwaho n’amashanyarazi kuri 40.7% zigere kuri 61% mu Ukuboza 2020.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal, yavuze ko ari urugendo rushimishije ikomeje kugirana n’u Rwanda.

Ati “Dufite impamvu nyinshi zo kwishimira. U Rwanda rwazamuye urwego rw’ibijyanye n’ingufu kuva mu 2008. U Rwanda rwashoboye kureshya ibigo 20 byigenga mu by’ingufu. Aka gashobora kuba agahigo gatuma ruza mu bihugu by’imbere, mu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara (niba ntibeshye).’’

‘‘Icy’ingenzi ni uko abantu babona amashanyarazi, ubu u Rwanda rurasatira kuri 50% nk’igipimo mpuzamahanga kandi byagezweho mu gihe gito.’’

Ibigo nderabuzima 90%, amashuri 77%, 94% by’inyubako za Leta bifite amashanyarazi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG), Eng. Ron Weiss, yavuze ko iyi nguzanyo izafasha u Rwanda kugera ku cyerekezo rwihaye.

Ati “Ku ruhande rwacu turi kwita ku gukoresha ibyumwa bihindura amashanyarazi mu duce akenewemo ari menshi nko mu byanya byahariwe inganda mu Bugesera, Musanze na Rwamagana. Hari imishinga ihari izazihaza. Muri Gashyantare 2020, uburyo buri gukoreshwa nibubyara umusaruro igiciro cy’amashanyarazi kizabaganuka.”

Inguzanyo u Rwanda rwahawe izishyurwa mu myaka itandatu, ku nyungu ya 0.75%.

Abanyarwanda bagerwaho n’amashanyarazi bangana na 49%, mu 2024 azaba abageraho 100%.

2018-11-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherezwa mu mahanga byazamutse ku kigero cya 39% mu 2017

Editorial 04 Apr 2018
Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Editorial 11 Nov 2019
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018
BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

BNR ibitse amafaranga miliyoni 500 Frw yabuze ba nyirayo

Editorial 26 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi  wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka
Mu Rwanda

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

Editorial 05 Sep 2017
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya  ubwambuzi bushukana
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage bo mu karere ka Nyamagabe kurwanya ubwambuzi bushukana

Editorial 13 Jan 2016
Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza
Mu Rwanda

Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza

Editorial 04 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru