• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Editorial 04 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ishyirahawe Nyarwanda ry’umukino wa Volleyball FRVB, ryahawe uburenganzira bwo kwakira Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cy’umwaka wa 2021, iri rushanwa rikaba ari iry’abagore ndetse n’abagabo kizaba muri Nzeri 2021.

Igikombe cya Afurika cy’abagore kizaba kuva tariki ya 05 kugeza ku ya 15 Nzeri 2021 naho Igikombe cya Afurika cy’abagabo kibe kuva tariki ya 10 kugeza ku ya 20 Nzeri 2021. Aya marushanwa yombi azatanga itike y’igikombe cy’isi cya Volleyball kizaba mu mwaka wa 2022 akazabera mu nyubako ya Kigali Arena.

Nk’uko byatangajwe na FRVB, ubusabe bw’u Rwanda bwemewe hashingiwe k’ubushobozi u Rwanda rwerekanye mu kwakira imikino yo ku rwego rwa Afurika mu bihe bitandukanye byo mu mezi atambutse; kuba hari ibikorwaremezo bigezweho bishobora kwakira amarushanwa yo ku rwego mpuzamahanga muri Siporo ndetse n’ingamba zitajenjetse u Rwanda rwashyizeho zo gukumira, kwirinda no guhangana n’ikwirakwira rya COVID-19.

Minisitiri wa Siporo mu Rwanda Munyangaju Aurore Mimosa, avuga kuri iki cyemezo yagize ati: “Turashimira CAVB ku cyizere yagiriye u Rwanda. Nk’igihugu tubijeje kuzategura irushanwa ryiza kandi abagize umuryango mugari wa Volleyball muri Afurika tubijeje ubuzima buzira umuze ubwo bazaba bari mu gihugu cyacu.”

Umuyobozi wa FRVB, NGARAMBE Raphaël yagize ati: “Twishimiye kandi dutegerezanije ibyishimo kwakira i Kigali abavandimwe duhuriye mu muryango wa Volleyball muri Afurika. Turabizi kandi ko dufite inshingano zo gutegura ikipe izahesha ishema igihugu cyacu.”

Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe ya Volleyball muri Afurika, Madame Bouchra HAJIJ yagize ati: “Mu kwemera ubusabe bw’u Rwanda, nta kindi twashingiyeho uretse kuba bwari busobanutse kandi buhiga ubundi twakiriye. Ikindi, uruhare rw’u Rwanda mu iterambere rya Volleyball muri Afurika rurashimishije.”

Ku ruhande rw’ikipe y’igihugu y’umukino wa Volleyball ikaba yahawe Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru mu bagabo ndetse n’abagore, mu bazambwungiriza mu bagabo barimo Nyirimana Fidele ndetse na Ntawangundi Dominique, mu bagore azungirizwa na Ndayikengurukiye Jean Luc na Mudahinyuka Christophe.

Biteganyijwe kuri uyu wa gatatu aribwo hari buhamagarwe ikipe zigomba gutangira imyitozo yo izatangira tariki ya 6 kugeza kuya 25 Kanama 2021.

2021-08-04
Editorial

IZINDI NKURU

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Carlos Alos Ferrer watozaga Amavubi yasezeye, Adolphe Kalisa agirwa Umunyamabanga wa FERWAFA

Editorial 08 Aug 2023
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Editorial 26 May 2025
Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Ikipe ya Bugesera FC yanyagiye AS Muhanga ikatisha itike mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe.

Editorial 21 May 2021
Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Rutahizamu wa Manchester City yo mu Bwongereza Sergio Kun Aguero yabwiwe ko atazagumana n’iyi kipe nyuma yaho amasezerano ye azaba arangiye mu mpera z’uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021

Editorial 30 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu
Mu Mahanga

Perezida wa FERWAFA De Gaulle Nzamwita yasabiwe gufungwa imyaka itatu

Editorial 06 Jun 2016
Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho
Mu Mahanga

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Editorial 08 Aug 2016
James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana  ni muntu ki ?
ITOHOZA

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Editorial 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru