• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

U Rwanda rwahawe kwakira shampiyona y’isi y’amagare ya 2025, ikaba ku ncuro ya mbere iri rushanwa rizaba rigiye kubera ku mugabane wa Afurika

Editorial 23 Sep 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki ya 23 Nzeri 2021, nibwo impuzamashyirahamwe y’umukino wo gusiganwa ku magare ku Isi (UCI), yemeje ko u Rwanda ruzakira shampiyona y’isi y’umukino w’amagare mu mwaka wa 2025, iri rushanwa rikazaba ribaye irya mbere ribereye ku mugabane wa Afurika.

Aha Bwana Bayingana Aimable yari Umuyobozi Mukuru Wa Ferwacy

Nk’uko byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda FERWACY babibinyujije ku rukuta rwabo rwa Twitter bemeje u Rwanda ruzakira iyi shampiyona.

Bagize bati “u Rwanda ruzakira shampiyona y’si yo gusiganwa ku magare mu mwaka wa 2025, ni irushanwa rizaba ribaye ku ncuro ya mbere ku mugabane wa Afurika”.

U Rwanda ruhawe kwakira iri rushanwa nyuma yaho hari hashize imyaka isaga ibiri rusabye kwakira iri rushanwa kuko ubwo hari ku itariki ya 17 Nzeri 2021, nibwo abari bahagarariye Leta y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare mu Rwanda bashyikirije David Lappartient, Perezida w’Impuzamashyirahamwe yo gusiganwa ku magare ku Isi (UCI), ibisabwa ngo ruzakire iyi shampiyona.

Icyo gihe, Leta y’u Rwanda yari ihagarariwe n’umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo n’Umuco, Ntigengwa John mu gihe FERWACY yari ihagarariwe na Perezida wayo Bayingana Aimable gusa aba bombi bakaba batakiri muri iyi mirimo.

Kwakira iyi shampiyona y’isi ku Rwanda bibaye kandi nyuma yaho hashize imyaka irenga 12 hakinwa isiganwa ryo kuzenguruka igihugu ku magare ku rwego mpuzamahanga, ni irushanwa rizwi nka Tour du Rwanda ibi biha iki gihugu kugira ubunararibonye mu gutegura aya marushanwa yo kuri uru rwego.

Usibye kuba igihugu cy’imisozi igihumbi gihawe kwakira iri rushanwa rya shampiyona y’isi, igihugu cya Maroc ni ikindi gihugu cya Afurika cyari cyagaragaje ubushake bwo kwakira iri rushanwa rikomeye mu mukino w’Amagare mu 2025.

2021-09-23
Editorial

IZINDI NKURU

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Editorial 09 Jan 2021
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Editorial 18 Aug 2016
‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha

‘ Diane wenyine akurikiranyweho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ‘- Ubushinjacyaha

Editorial 04 Oct 2017
Amashusho y’indirimbo “Velo” nayo ari kubica bigacika muri Kigali

Amashusho y’indirimbo “Velo” nayo ari kubica bigacika muri Kigali

Editorial 14 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje
Mu Rwanda

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Editorial 28 Nov 2017
#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo
IMIKINO

#TdRwanda: Areruya yambaye umuhondo, Umunya Canada abatanze i Kibungo

Editorial 15 Nov 2016
Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu
ITOHOZA

Finland – Urukiko rwanze kurekura Bazaramba wakatiwe Burundu

Editorial 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru