• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Editorial 01 Aug 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda yahawe na Banki y’Isi inguzanyo ya miliyoni 200$ (hafi miliyari 180 FRW), azifashishwa mu mushinga wo guteza imbere ireme ry’uburezi bw’ibanze, kongera ibikorwa remezo n’ubushobozi bw’abarimu.

Amasezerano y’ibikubiye muri iyi nguzanyo yashyizweho umukono na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana n’umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal kuri uyu wa 1 Kanama 2019.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko aya mafaranga azifashishwa mu guteza imbere ireme ry’uburezi bw’ibanze, kubaka amashuri, kuzamura ubumenyi bwa mwarimu no kugabanya ubucucike mu mashuri.

Ati “Azifashishwa mu guteza imbere urwego rw’uburezi yibanda cyane cyane ku kuzamura ireme ry’uburezi bw’ibanze kuva ku mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye. Harimo ibikorwa bitandukanye birimo kubaka ibikorwa remezo nk’amashuri, ubwiherero, ibikoresho, kubaka ubushobozi bwa mwarimu.”

Biteganyijwe ko hazubakwa ibyumba by’amashuri ibihumbi 11 n’ubwiherero 14 680, bingana na 50% by’ibikorwa remezo urwego rw’uburezi mu Rwanda rukeneye.

Minisitiri Ndagijimana ati “Byose bigamije kongera ireme ry’uburezi, kugabanya ubucucike mu mashuri n’urugendo umwana akora avuye mu rugo ajya ku ishuri. Ni inkunga ikomeye idufasha gushyira mu bikorwa zimwe mu ntego twiyemeje muri gahunda y’imyaka irindwi yo kwihutisha iterambere mu rwego rw’uburezi.”

Yasser yavuze ko Banki y’Isi yishimira iterambere ry’urwego rw’uburezi mu Rwanda by’umwihariko intambwe rwateye mu kugeza uburezi bw’ibanze kuri bose.

Ati “Hari impamvu nyinshi zituma nishimira gushyira umukono kuri uyu mushinga ugamije iterambere ry’u Rwanda. Iya mbere ni uko ugamije kubaka ahazaza h’u Rwanda, hashingiye ku baturage barwo, cyane cyane urubyiruko ruzagira uruhare ku iterambere ry’imiryango n’ubukungu bw’igihugu n’akarere.”

Yavuze ko by’umwihariko azifashishwa mu kugabanya umubare w’abana bata ishuri kubera impamvu zitandukanye zirimo gukora urugendo rurerure bajya ku ishuri.

Yasser yavuze ko buri gihugu kugira ngo giteze imbere ireme ry’uburezi bigisaba kwita ku banyeshuri, abarimu, aho bigira n’ibyo bakenera byose.

Ati “Iyo mu cyumba cy’ishuri harimo abanyeshuri bake byorohereza mwarimu kubakurikirana no kubongerera ubumenyi. Iyo ufite abarimu bafite ubushobozi bwo kwigisha nk’imibare, siyansi cyangwa icyongereza biguha icyizere ko uzagira uburezi bwiza kandi uyu mushinga ufite inshingano zo kubirebaho byose.”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Mutimura Eugène, yavuze ko uyu mushinga uzafasha abarimu kumenya neza ururimi rw’Icyongereza, siyansi n’imibare mu buryo butandukanye burimo ubwo kwifashisha ikoranabuhanga.

Ati “Ikindi gikomeye, uyu mushinga uzafasha abarimu mu buryo bwo kwimenyereza umwuga wabo mu mashuri nderabarezi, aho bazajya bahabwa umwanya uhagije, bakigishwa hagamijwe kongera ubushobozi bwabo.”

Iyi nguzanyo y’igihe giciriritse u Rwanda ruzayishyura mu gihe cy’imyaka 38 irimo itandatu isonewe, ku nyungu ya 0.75%.

Src : IGIHE

2019-08-01
Editorial

IZINDI NKURU

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Cyamunara, Amanyanga No Kugambanira Imitungo Y’Abaturage Mu Ma Banki, Bikomeje Kuzambya Ubukungu Bw’u Rwanda

Editorial 13 Dec 2019
Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Editorial 11 Nov 2019
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Editorial 24 Jun 2019
Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Qatar yegukanye 60% mu mushinga wa miliyari $1.3 wo kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 10 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona
Mu Rwanda

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Editorial 09 Jul 2017
Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje
Mu Rwanda

Gabiro: Harimo guturikirizwa toni 130 z’ibisasu bishaje

Editorial 28 Nov 2017
Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo
Mu Rwanda

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Editorial 09 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru