• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bwubatsi n’umuriro w’amashanyarazi mu korohereza ubucuruzi

Editorial 18 Apr 2018 UBUKUNGU

U Rwanda rwakoze amavugurura mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi, ubwubatsi no kohereza ibicuruzwa hanze byose bigamije koroshya ubucuruzi n’ishoramari mu Rwanda.

Mu itangazo Ikigo gishinzwe Iterambere (RDB ) cyashyize hanze kuri uyu wa Kabiri, cyavuze ko mu Rwanda hakozwe amavugurura mu byo kohereza ibicuruzwa hanze.

Ivuga ko kuri ubu abohereza ibicuruzwa hanze bashyiriweho uburyo bwo gusaba icyangomwa kigaragaza inkomoko y’igicuruzwa bifashishije ikoranabuhanga; abohereza ibikomoka ku bimera, bahabwa icyangombwa na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi bakoresheje ikoranabuhanga.

RDB ivuga ko ibyo byatumye ibihingwa byoherezwaga hanze nk’ikawa n’icyayi byiyongera.

Mu bijyanye n’umuriro w’amashanyarazi, RDB ivuga ko hashyizweho uburyo bufasha abashoramari kuba babonye umuriro w’amashanyarazi mu minsi 20 ivuye ku minsi 34 kandi gusaba guhabwa umuriro w’amashanyarazi bigakorerwa kuri internet.

Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyashyizeho amabwiriza agenga ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu nganda, avuga ko igihe umuriro ubuze iminota irenze icumi, Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi gihanwa.

Ibyo byatumye Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda (REG) gishyiraho uburyo bushya bwo kugenzura ibura ry’umuriro mu baturage, burimo ubwo kumenya iminota buri muturage yamaze umuriro wabuze (SAIDI, System Average Interruption Duration Index) ndetse n’uburyo bwerekana inshuro abaturage babuze umuriro (SAIFI, System Average Interruption Frequency Index).

Ubu buryo bwombi bufasha ikigo gishinzwe ingufu kugenzura uko umuriro ukwirakwiza mu bakiriya bacyo ndetse no guhangana n’ibibazo byavutse kandi vuba.

REG kandi ikorana na sosiyete zitumiza ibikoresho by’amashanyarazi birimo nk’imashini zikusanya umuriro (Transformateurs) n’insinga z’amashanyarazi, kugira ngo ibyo bikoresho bigere mu gihugu bihendutse kandi bifite ubuziranenge.
Andi mavugururwa yakozwe mu bijyanye n’ubwubatsi hibandwa ku gukuraho ingaruka imishinga runaka ishobora kugira ku bidukikije.

Harai kandi imishinga imwe y’ubwubatsi izajya ikurirwaho ubushakashatsi bukorwa harebwa imiterere y’ahazubakwa, bugakorwa mbere y’uko ibikorwa byo kubaka bitangira.

Sosiyete z’ubwubatsi kandi ntawbo zizongera kwerekana igihe zizatangirira kubaka mbere y’uko zihabwa ibyangombwa by’ubwubatsi.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, yavuze ko uyu mwaka uzabamao amavugurura menshi agamije koroherea ubucuruzi mu Rwanda.

Ygaize ati “Uyu mwaka uzabamo amavugurura menshi yiyongera ku yatangajwe uyu munsi arimo nk’amategeko ajyanye n’igihombo […] Korohereza ubucuruzi bijyanye na gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda yo kugira u Rwanda igihugu gifashwe n’Urwego rw’abikorera.Aya mavugurura agamije kunoza ubucuruzi binyuze mu bufatanye bw’inzego zose.”

Raporo ya 2017 ya Banki y’Isi igaragaza uburyo gukora ubucuruzi byoroshye mu bihugu (Doing Business Report) ishyira u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara ndetse n’urwa 41 ku Isi.

Mu myaka 15 ishize, u Rwanda rwakoze amavugurura 52 yerekeye ubucuruzi, akaba ariyo menshi yakozwe muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi

 

2018-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Editorial 06 Dec 2018
Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Editorial 29 Oct 2019
Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Editorial 03 Oct 2019
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Editorial 27 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC
Amakuru

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

Editorial 03 Oct 2024
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba
Amakuru

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Editorial 23 Dec 2020
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa
Amakuru

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Editorial 22 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru