• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

U Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda 155 bari mu gace karimo Coronavirus

Editorial 01 Feb 2020 POLITIKI

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, amushimira ubufasha bw’ibanze igihugu cye cyahaye abanyarwanda 155 bari mu Ntara ya Hubei mu gihe iki gihugu cyugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Mutamara nibwo Minisitiri Biruta yagiranye ibiganiro na Ambasaderi Hongwei aho yamushimiye uburyo u Bushinwa buri kurwanya icyorezo cya Coronavirus bwahuye nacyo anamufata mu mugongo kubera ingaruka cyateye.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, rivuga ko u Rwanda rwashimiye u Bushinwa ku buryo buri gufata abanyamahanga babarizwa muri iki gihugu.

Minisitiri Biruta yagize ati “Dushimiye u Bushinwa ku buryo buri kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus ndetse n’ubufasha bwabwo ku banyamahanga barimo n’abanyarwanda baba mu Ntara ya Hubei.”

Minisitiri Biruta yashimye Ambasaderi w’u Bushinwa ku bufasha burimo ibiribwa n’ibindi bikoresho nkenerwa byahawe abanyarwanda bari mu ntara ya Hubei bigizwemo uruhare n’ubuyobozi bwo muri aka gace hamwe na Ambasade y’u Rwanda i Beijing.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta muntu n’umwe uragaragara mu Rwanda afite virusi ya Coronavirus, isaba abanyarwanda kwirinda kujya mu bihugu yagaragayemo n’ugiyeyo akitwararika akirinda akarinda n’abandi.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyahuje Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ububanyi n’Amahanga; Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Urujeni Bakuramutsa, yavuze ko binyujijwe muri Ambasade y’u Rwanda mu Bushinwa, abanyarwanda baba mu ntara ya Hubei barimo kugirwa inama kandi kugeza ubu nta munyarwanda urandura iki cyorezo.

Hari ibihugu bitandukanye bikomeje kubwira abaturage babyo kuva mu Bushinwa ndetse bimwe bikajya kubacyura. Minisitiri Dr Gashumba, yavuze ko u Rwanda rutaragera aho gufata iki cyemezo.

Ati “Twizeye urwego rw’ubuzima rw’u Bushinwa, kandi abantu bacu bariyo cyane abanyeshuri bariyo barakuze bazi uburyo bwo kwirinda ntabwo turagera ku rwego rwo kubagarura mu Rwanda kandi Ambasade y’u Rwanda iri hafi yabo. Ubu bimeze neza ntabwo turatekereza ku ngingo yo kubazana”.

U Rwanda rukomeje gushyiraho ingamba zikomeye zigamije gukumira ko iki cyorezo cyakwinjira mu gihugu.

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyashyizeho itsinda ry’abaganga bahoraho 10 n’abandi bashobora kuryunganira igihe bibaye ngomba, bapima ibimenyetso bya Virus ya Coronavirus kuri buri muntu wese uvuye hanze y’u Rwanda, cyane cyane mu Bushinwa cyangwa uwo bikekwa ko yahageze kandi bashobora no gutanga ubufasha ku muntu babisangana.

Ku rundi ruhande, RwandAir yahagaritse ingendo hagati ya Kigali na Guangzhou guhera kuri uyu wa 31 Mutarama 2020, itangaza ko iki cyemezo kizongera gusuzumwa vuba muri Gashyantare 2020.

Mu mpera z’umwaka ushize nibwo virus ya Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Mujyi wa Wuhan mu Bushinwa.

Imibare mishya igaragaza ko abantu 9809 aribo bamaze kwandura iki cyorezo mu gihe 213 mu Bushinwa bahitanywe nayo.

Ibimenyetso by’indwara ya Coronavirus birimo kugira umuriro, gukorora no guhumeka nabi ndetse ishobora no kugera aho itera umusonga no kubuza impyiko gukora bishobora gutera urupfu.

Zimwe mu ngamba abantu bakwiye kwimakaza mu kuyirinda harimo gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune, gukinga urushyi ku mazuru no ku munwa igihe umuntu bikekwa ko ayirwaye akorora cyangwa ahumeka, guteka inyama n’amagi bigashya neza.

Hari kandi kwifashisha imiti yabugenewe yo gukaraba yica udukoko, kwirinda gukorakora amazuru, amaso n’umunwa igihe umuntu atakarabye, kwirinda kwegera umuntu ufite ibyago byo kuyandura hamwe no kuguma mu rugo igihe ufite ibimenyetso byayo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, yashimye u Bushinwa ku bufasha buri guha abanyarwanda bari mu Ntara ya Hubei

Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, wagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta

2020-02-01
Editorial

IZINDI NKURU

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Editorial 25 Sep 2025
Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Amerika: Umusenateri yabwiye bagenzi be ibigwi bya Perezida Kagame

Editorial 24 Jan 2018
Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Editorial 04 Mar 2017
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Editorial 29 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya
ITOHOZA

Abantu 15 barimo Umunyamerika, bamaze kugwa mu gitero cya Al-Shabaab muri Kenya

Editorial 16 Jan 2019
Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021
Amakuru

Irindi shema ry’u Rwanda: Rwandair ku mwanya wa kabiri muri Afrika ku rutonde rw’ uko amasosiyete atwara abantu n’ibintu mu kirere yarushanyije gutanga serivisi nziza mu mwaka wa 2021

Editorial 20 Oct 2021
Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe
POLITIKI

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Editorial 17 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru