• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

U Rwanda rwavuze ku bimukira bigaragambirije kuri Ambasade yarwo muri Israel

Ubwanditsi 07 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, mu Mujyi wa Herzliya uherereye mu Majyaruguru ya Tel Aviv; ibihumbi by’abimukira bari muri Israel bigaragambirije kuri Ambasade y’u Rwanda binubira umwanzuro wo kubirukana.

Ibinyamakuru byo muri Israel byanditse ko aba bigaragambya bari biganjemo benshi mu bimukira bashaka ubuhungiro muri iki gihugu bari kumwe na ba kavukire basakuza ngo ‘ntabwo turi ibicuruzwa’. Mu byo binubiraga, ngo harimo ibijyanye no koherezwa mu Rwanda.

Abantu babarirwa hagati ya 700-1000 ni bo bigaragambije bacungiwe umutekano ariko igihe bari bemerewe kirangiye baragenda.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel, Col.Joseph Rutabana, yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru  ko imyigaragambyo yabaye ariko ikorwa mu mutuzo.

Ibi bibaye mu gihe Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko nta masezerano y’ibanga yigeze ashyirwaho umukono hagati y’u Rwanda na Israel arebana no kwakira abimukira b’Abanyafurika nk’uko bimaze iminsi bivugwa mu itangazamakuru.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier, yatangaje  ko abigaragambya ari abafite amakuru y’ikinyoma kuko u Rwanda rutigeze rusinya amasezerano yo kubakira.

Ati “Bigarabambya kubera amakuru bahawe atariyo. Bariya bantu bahawe amakuru atariyo. Twarabivuze ko nta muntu n’umwe tuzakira. Bimaze kurambirana, twarabivuze ko dufite politiki yo gufasha umuntu wese uri mu kaga bitewe n’amateka y’igihugu cyacu ariko ntabwo ari byiza ko iyo politiki abantu bayikoresha mu buryo butari bwo. Tuzakira abantu babyifuza. Kuba bari kwigaragambya ni uko bahawe amakuru atariyo.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko u Rwanda rwakoze ibishoboka mu gusobanurira aba bimukira ko nta n’umwe ruzakira ku gahato ariko ‘ntibabyumva’. Yabishimangiye agira ati “Guverinoma yakoze itangazo ko nta masezerano yo kubakira yigeze abaho. Bariya ni abantu ntabwo ari ba baringa, niba ari abajya mu Rwanda bizagaragara.” Kugeza ubu nta kintu ambasade yacu yakora kuri iki kibazo.”

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko muri ibi bihe birimo abimukira benshi, yifuza kongera gushimangira ubushake bwayo mu gutanga umusanzu uwo ariwo wose mu gufasha aba bagabo, abagore n’abana bari kwisanga bagana iy’ubuhungiro.

Ariko ku birebana n’abimukira bo muri Israel mu itangazo ryo ku wa 22 Mutarama 2018, yagize iti “Igendeye ku bihuha bimaze iminsi mu itangazamakuru, Guverinoma y’u Rwanda irifuza kuvuga ko itigeze isinya amasezerano y’ibanga na Israel arebana no kwakira abimukira b’Abanyafurika.”

Yashimangiye ko ifite ubushake bwo kuba yafasha abimukira kubera urukundo igihugu gifite abavandimwe bacyo b’Abanyafurika bari kwisanga barohamye mu nyanja cyangwa bakagurishwa nk’abacakara, nk’ibiheruka kugaragara muri Libya.

Yakomeje igira iti “U Rwanda rwiteguye gufasha uko rushoboye kose, mu kwakira uwo ariwe wese ugeze ku mupaka warwo akeneye aho kuba, ku bushake kandi nta mananiza.”

Mu mpera za Mutarama ubwo yari i Davos mu Busuwisi mu nama mpuzamahanga yiga ku bukungu, Perezida Paul Kagame yabwiye Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ko ku birebana n’abimukira bari muri Israel, u Rwanda rwakwemera igikorwa icyo ari cyo cyose igihe cyaba gikurikije amategeko mpuzamahanga.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri konti ya Twitter ya Minisitiri w’Intebe wa Israel (@IsraeliPM), bugaragaza ko mu biganiro abayobozi bombi bagiranye “ku kibazo cy’abimukira, Minisitiri w’Intebe Netanyahu yemeranyije na Perezida Kagame, wagaragaje neza ko yakwemera igikorwa ari uko gusa cyubahirije amategeko mpuzamahanga.”

Ibinyamakuru byo muri Israel byavuze kenshi ko Guverinoma y’icyo gihugu yemeye guha u Rwanda cyangwa ikindi gihugu amadolari 5,000 kuri buri mwimukira ruzakira, nawe agahabwa impamba y’amadolari 3,500.

Ni umwanzuro utaravuzweho rumwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yumva ko Israel ikwiye kurengera abayihungiraho aho kubafunga, byanarimba bagashakirwa ikindi gihugu cyabakira kandi bakagenda ku bushake.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (HCR), ryo ryasohoye itangazo ryamagana imyanzuro ya Israel, rivuga ko abimukira badakwiriye kwimurwa ku gahato n’ubwo wagaragaje ko ushingiye ku bivugwa, hari abashobora kuba barimuwe.

HCR ivuga ko muri Israel hari abimukira baturuka muri Eritrea bagera ku 27 500 n’abava muri Sudani bagera ku 7800. Nyamara kuva Israel yambuye HCR inshingano zo gutanga ubuhunzi muri icyo gihugu mu 2009, Abanya-Eritrea umunani n’Abanya-Sudani babiri nibo gusa babuhawe.

Abigaragambyaga basabaga kutoherezwa mu Rwanda mu gihe Guverinoma yavuze ko nta masezerano yigeze abaho yo kubakira (Ifoto: Miriam Alster/Flash90)

Imyigaragambyo yabereye imbere ya Ambasade y’u Rwanda i Herzliya (Ifoto: Miriam Alster/Flash90)

U Rwanda rwatangaje ko ruzakira abimukira mu gihe bizaba bikozwe mu buryo bwemewe n’amategeko (Ifoto: Miriam Alster/Flash90)

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Perezida Kagame ategerejwe mu Misiri

Ubwanditsi 06 Dec 2017
U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Imikorere mibi  no kunyereza umutungo wa EAC mu ihurizo ryo guhemba abakozi bayo 

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Ubwanditsi 22 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

President Kagame addresses the 72nd UN General Assembly | New York, 20 September 2017
Video Clips

President Kagame addresses the 72nd UN General Assembly | New York, 20 September 2017

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika
UBUKUNGU

Perezida Kagame asanga isoko rusange rizihutisha iterambere rya Afurika

Ubwanditsi 19 Jun 2019
Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone
IKORANABUHANGA

Apple yashinje abashakashatsi ba Google kwinjira mu mabanga y’abakoresha iPhone

Ubwanditsi 11 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru