• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

  • AMAFOTO: APR FC yerekanye abakinnyi bashya barimo uwabaye umukinnyi mwiza muri Burkina Faso   |   22 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Editorial 20 Oct 2016 Mu Mahanga

U Rwanda rwinjiye mu mubare w’ibihugu bisaga 80 byo hirya no hino ku isi byamaze kwemeza burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe. Aya masezerano mpuzamahanga agena uburyo bwo gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya dogere 2 (2°C) ariko intego ikaba ko iki gipimo kigera hasi ya dogere 1.5 (1.5°C).

Nka kimwe mu bihugu byibasiwe n’imihindagurikire y’ikirere, u Rwanda rushishikajwe no gushyiraho ingamba zo kugabanya imyuka yangiza ikirere ndetse no kurushaho kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe. Amasezerano y’ i Paris atanga umurongo wo kugera kuri izi ntego binyuze mu bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga no gushyigikira ibihugu byibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Amasezerano y’i Paris yagizwe itegeko mu Rwanda binyuze mu Iteka rya Perezida Ryemeza Burundu Amasezerano y’i Paris ashamikiye ku Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye Yerekeye Imihindagurikire y’Ibihe. Ku wa 6 Ukwakira uyu mwaka, u Rwanda rwagejeje ku Munyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye inyandiko igena iyemezwa ry’aya Masezerano. Iyi nyandiko yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo.

Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’I Paris.

Agira ati: “Dutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe. Twizeye ko ubufatanye bw’amahanga buzafasha kugabanya igipimo cy’ubushyuhe bw’isi kikaguma hasi ya dogere 1.5. Binyuze mu Kigega cyo gutera inkunga imishinga yo kurengera ibidukikije (FONERWA), u Rwanda ruri kwereka amahanga ko iyo imishinga yo muri uru rwego icunzwe neza bifasha mu guhanga akazi ndetse no kubaka ubudahangarwa bw’abenegihugu ku mihindagurikire y’ibihe. Twiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bacu ndetse n’inshuti mu rugendo twiyemeje rwo kugera ku iterambere rirambye kandi ritangiza ibidukikije.”

Amasezerano y’i Paris yemejwe mu gihe ibihugu byitegura guhurira i Marrakech mu nama ya 22 y’Ibihugu byashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yerekeranye n’imihindagurikire y’ibihe (COP22). Ni mu gihe kandi isi yishimira indi ntambwe amahanga aherutse gutera mu rugamba rwo kurengera ikirere ubwo yemezaga ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal, ivugururwa ryemerejwe i Kigali mu Rwanda.

Kubera iri vugururwa, isi izabasha kugabanya dogere 0.5 (0.5°C) ku gipimo mpuzandengo cy’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi mbere y’uko iki kinyejana kirangira. Uyu uzaba ari umusaruro wo guhagarika ikora n’ikoreshwa ry’imyuka ya ‘hydrofluorocarbons’ (HFCs) isanzwe ikoreshwa mu byuma bikonjesha nk’uko byemejwe mu ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal. Iyemezwa ry’iri vugururwa ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi byo kurengera ikirere ibihugu bizaharanira gushyigikira no guteza imbere ubwo ababihagarariye bazaba bahuriye mu nama izabera muri Maroc mu kwezi gutaha.

Ibyerekeye Amasezerano y’I Paris

Amasezerano y’i Paris azatangira gukurikizwa tariki 4 Ugushyingo 2016, ni ukuvuga iminsi 30 nyuma y’aho mu bihugu byayemeje ibigera kuri 55 byihariye 55% by’imyuka yose yangiza ikirere bitangiye inyandiko zigena iyemezwa n’iyubahirizwa ryayo. Biteganyijwe ko ubwo hazaba hateranye Inama ya 22 y’Ibihugu byashyize umukono ku Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye Yerekeye Imihindagurikire y’Ibihe (COP22) izabera I Marrakesh mu kwezi gutaha, ibihugu byashyize umukono ku Masezerano y’i Paris bizahura bikaganira ku ishyirwa mu bikorwa ryayo.

-4445.jpg

Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’I Paris

Amasezerano y’I Paris ateganya uburyo amahanga afatanyiriza hamwe mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe ndetse akanagaragaza intambwe buri gihugu gisabwa gutera mu rugamba rwo kugabanya izamuka ry’ubushyuhe bw’isi. Aya Masezerano kandi anateganya inkunga ya miliyari 100 z’amadolari ya Amerika yo gutera inkunga imishinga igamije kurengera ikirere, guteza imbere ikoranabuhanga ritangiza ikirere ndetse no gushyigikira urugendo rugana ku bukungu butangiza ibidukikije.

Imihindagurikire y’ibihe mu Rwanda

Mu Rwanda, ubushyuhe bwazamutse ku gipimo mpuzandengo cya dogere 1.4 (1.4°C) kuva mu mwaka w’1970. Mu gihe nta gikozwe, iki gipimo cyazamuka kugera kuri dogere 2.5 bitarenze umwaka wa 2050. U Rwanda rwatangiye kugerwaho n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe n’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi, harimo amapfa ndetse n’imyuzure ikunze gutera inkangu mu bice bitandukanye by’igihugu.

communication@fonerwa.

2016-10-20
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Editorial 04 Oct 2019
Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Editorial 15 Dec 2016
FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

Editorial 12 Oct 2017
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Editorial 15 Feb 2024
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Editorial 04 Oct 2019
Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Editorial 15 Dec 2016
FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

FDLR yagabye igitero ku biro bya polisi yica abantu

Editorial 12 Oct 2017
Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Editorial 15 Feb 2024
Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Editorial 04 Oct 2019
Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Editorial 15 Dec 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru