• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Editorial 20 Oct 2016 Mu Mahanga

U Rwanda rwinjiye mu mubare w’ibihugu bisaga 80 byo hirya no hino ku isi byamaze kwemeza burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe. Aya masezerano mpuzamahanga agena uburyo bwo gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira izamuka ry’igipimo mpuzandengo cy’ubushyuhe bw’Isi, kikaguma hasi ya dogere 2 (2°C) ariko intego ikaba ko iki gipimo kigera hasi ya dogere 1.5 (1.5°C).

Nka kimwe mu bihugu byibasiwe n’imihindagurikire y’ikirere, u Rwanda rushishikajwe no gushyiraho ingamba zo kugabanya imyuka yangiza ikirere ndetse no kurushaho kubaka ubudahangarwa ku mihindagurikire y’ibihe. Amasezerano y’ i Paris atanga umurongo wo kugera kuri izi ntego binyuze mu bufatanye bw’Umuryango mpuzamahanga no gushyigikira ibihugu byibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

Amasezerano y’i Paris yagizwe itegeko mu Rwanda binyuze mu Iteka rya Perezida Ryemeza Burundu Amasezerano y’i Paris ashamikiye ku Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye Yerekeye Imihindagurikire y’Ibihe. Ku wa 6 Ukwakira uyu mwaka, u Rwanda rwagejeje ku Munyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye inyandiko igena iyemezwa ry’aya Masezerano. Iyi nyandiko yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo.

Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’I Paris.

Agira ati: “Dutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe. Twizeye ko ubufatanye bw’amahanga buzafasha kugabanya igipimo cy’ubushyuhe bw’isi kikaguma hasi ya dogere 1.5. Binyuze mu Kigega cyo gutera inkunga imishinga yo kurengera ibidukikije (FONERWA), u Rwanda ruri kwereka amahanga ko iyo imishinga yo muri uru rwego icunzwe neza bifasha mu guhanga akazi ndetse no kubaka ubudahangarwa bw’abenegihugu ku mihindagurikire y’ibihe. Twiteguye gukomeza gukorana n’abafatanyabikorwa bacu ndetse n’inshuti mu rugendo twiyemeje rwo kugera ku iterambere rirambye kandi ritangiza ibidukikije.”

Amasezerano y’i Paris yemejwe mu gihe ibihugu byitegura guhurira i Marrakech mu nama ya 22 y’Ibihugu byashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yerekeranye n’imihindagurikire y’ibihe (COP22). Ni mu gihe kandi isi yishimira indi ntambwe amahanga aherutse gutera mu rugamba rwo kurengera ikirere ubwo yemezaga ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal, ivugururwa ryemerejwe i Kigali mu Rwanda.

Kubera iri vugururwa, isi izabasha kugabanya dogere 0.5 (0.5°C) ku gipimo mpuzandengo cy’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi mbere y’uko iki kinyejana kirangira. Uyu uzaba ari umusaruro wo guhagarika ikora n’ikoreshwa ry’imyuka ya ‘hydrofluorocarbons’ (HFCs) isanzwe ikoreshwa mu byuma bikonjesha nk’uko byemejwe mu ivugururwa ry’Amasezerano ya Montreal. Iyemezwa ry’iri vugururwa ni kimwe mu bikorwa by’ingenzi byo kurengera ikirere ibihugu bizaharanira gushyigikira no guteza imbere ubwo ababihagarariye bazaba bahuriye mu nama izabera muri Maroc mu kwezi gutaha.

Ibyerekeye Amasezerano y’I Paris

Amasezerano y’i Paris azatangira gukurikizwa tariki 4 Ugushyingo 2016, ni ukuvuga iminsi 30 nyuma y’aho mu bihugu byayemeje ibigera kuri 55 byihariye 55% by’imyuka yose yangiza ikirere bitangiye inyandiko zigena iyemezwa n’iyubahirizwa ryayo. Biteganyijwe ko ubwo hazaba hateranye Inama ya 22 y’Ibihugu byashyize umukono ku Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye Yerekeye Imihindagurikire y’Ibihe (COP22) izabera I Marrakesh mu kwezi gutaha, ibihugu byashyize umukono ku Masezerano y’i Paris bizahura bikaganira ku ishyirwa mu bikorwa ryayo.

-4445.jpg

Minisitiri Mushikiwabo yatangaje ko u Rwanda rutewe ishema no kwemeza burundu Amasezerano y’I Paris

Amasezerano y’I Paris ateganya uburyo amahanga afatanyiriza hamwe mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ibihe ndetse akanagaragaza intambwe buri gihugu gisabwa gutera mu rugamba rwo kugabanya izamuka ry’ubushyuhe bw’isi. Aya Masezerano kandi anateganya inkunga ya miliyari 100 z’amadolari ya Amerika yo gutera inkunga imishinga igamije kurengera ikirere, guteza imbere ikoranabuhanga ritangiza ikirere ndetse no gushyigikira urugendo rugana ku bukungu butangiza ibidukikije.

Imihindagurikire y’ibihe mu Rwanda

Mu Rwanda, ubushyuhe bwazamutse ku gipimo mpuzandengo cya dogere 1.4 (1.4°C) kuva mu mwaka w’1970. Mu gihe nta gikozwe, iki gipimo cyazamuka kugera kuri dogere 2.5 bitarenze umwaka wa 2050. U Rwanda rwatangiye kugerwaho n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe n’izamuka ry’ubushyuhe bw’isi, harimo amapfa ndetse n’imyuzure ikunze gutera inkangu mu bice bitandukanye by’igihugu.

communication@fonerwa.

2016-10-20
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Editorial 19 May 2018
Ababyeyi b’abasore  bivugwako  bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Ababyeyi b’abasore bivugwako bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Editorial 25 Aug 2016
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Editorial 07 Jul 2019
Uganda:  Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Uganda: Hamenyekanye ko Gen Tumukunde yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma yo kwitura hasi muri kasho

Editorial 17 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Editorial 25 Sep 2018
Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.
IMIKINO

Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.

Editorial 23 Jul 2018
Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti
Amakuru

Amafoto – U Rwanda rukomeje imyiteguro y’umukino bazasuramo Djibouti

Editorial 23 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru