• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Nigeria mu gushaka itike Afrobasket 2021

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Nigeria mu gushaka itike Afrobasket 2021

Editorial 21 Dec 2019 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino wa Basketball y’abagabo yisanze mu itsinda ririmo Nigeria na Mali mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021 (FIBA Afrobasket 2021).

FIBA Afrobasket 2021 izabera mu Rwanda mu 2021 nyuma y’uko rutsinze Senegal, Côte d’Ivoire na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu matora yo gutoranya igihugu kizakira iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 30, aho riba nyuma y’imyaka ine.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Ukuboza 2019, nibwo habaye tombora y’uburyo amakipe azahura mu majonjora yo gushaka itike, umuhango wabereye muri Kigali Arena.

Witabirwa n’abarimo Perezida wa Basketball Africa League (BAL) Amadou Fall, Perezida wa FIBA Africa Anibal Manave, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo Shema Maboko Didier ndetse n’abandi bahagarariye amashyirahamwe ya Basketball mu bihugu byabo barimo Mugwiza Désiré uyobora FERWABA.

Uduce turindwi (zone) tugize FIBA Afrique nitwo tuzakina imikino y’amajonjora ibanziriza gushaka itike, amakipe azaba aya mbere muri Mutarama akaziyongera ku yandi makipe 15 yitabiriye iri rushanwa mu 2017 ubwo ryari ryabereye muri Tunisia na Sénégal.

Ayo makipe 15 yamaze kubona itike y’amatsinda ni; Angola, Cameroun,Centrafrique, Côte d’Ivoire, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Misiri, Guinée, Mali, Maroc, Mozambique, Nigeria, Sénégal, Tunisia, Uganda ndetse n’u Rwanda ruzakira imikino ya nyuma.

Itsinda rya mbere, irya gatatu n’irya gatanu azatangira imikino kuva tariki 17 kugeza 25 Gashyantare 2020 mu gihe andi abirimo arimo n’iry’u Rwanda azatangira tariki 23 Ugushyingo kugeza ku ya 1 Ukuboza 2020.

Amatsinda yose uko ari atanu akazakinira rimwe imikino ya nyuma kuva tariki 15 kugeza 23 Gashyantare 2021.

Buri tsinda rizavamo amakipe atatu azabona itike yo kujya muri FIBA Afrobasket izabera mu Rwanda muri Kanama 2021.

Uko amatsinda yose ateye:

Itsinda A: Tunisie, Centrafrique, RDC, ndetse n’ikipe izatsinda muri Zone ya 6 & 7.

Itsinda B: Sénégal, Angola, Mozambique ndetse n’ikipe izatsinda muri Zone ya 5.

Itsinda C: Cameroun, Côte d’Ivoire, Guinée ndetse n’ikipe izatsinda muri Zone ya 4.

Itsinda D: Nigeria, Mali, u Rwanda ndetse n’ikipe izatsinda muri Zones ya 1 & 2.

Itsinda E: Maroc, Misiri, Uganda ndetse n’ikipe izatsinda muri Zone ya 3.

Tombora y’uburyo amakipe azahura mu gushaka itike ya Afrobasket 2021 yabaye kuri uyu wa Gatanu muri Kigali Arena

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier, yari mu bitabiriye uyu muhango wa tombora

Mugwiza Désiré uyobora FERWABA yashimiye FIBA Afrique yagiriye u Rwanda icyizere cyo kuzakira imikino ya nyuma ya Afrobasket 2021

2019-12-21
Editorial

IZINDI NKURU

Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria

Biramahire Abeddy wari uherutse kongera amaseserano muri Rayon Sports agiye kwerekeza muri Entente Sportive Sétifienne yo muri Algeria

Editorial 25 Jul 2025
Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Editorial 12 Aug 2018
Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Kiyovu SC yahize gutsinda AS Kigali ikerekana ko aribo banyamujyi, ibyo wamenya ku munsi 17 wa shampiyona y’u Rwanda ikomeza

Editorial 16 Feb 2022
Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Editorial 12 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaravuzwe ku ndunduro y’ubutegetsi bwa Perezida Mugabe
POLITIKI

Ibitaravuzwe ku ndunduro y’ubutegetsi bwa Perezida Mugabe

Editorial 29 Nov 2017
Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Lea Karegeya yiyongereye kurutonde rw’abitandukanije na Kayumba kubera amakimbirano amaze iminsi muri RNC

Editorial 29 Oct 2019
Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports
Amakuru

Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Editorial 22 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru