• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Editorial 10 Dec 2024 Amakuru, IMIKINO, UBUKERARUGENDO

I Kigali Guhera tariki ya 8 kugeza ku ya 16 Ukuboza 2024, hazabera ibikorwa bitandukanye by’Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi, ni ibikorwa birimo no gutanga ibihembo by’umwaka wa 2024.

Iyi nama ibera mu Rwanda guhera kuri uyu wa Kabiri, byatumye u Rwanda ruba igihugu cya mbere cya Afurika cyakiriye itangwa ry’Ibihembo bya FIA ndetse hakazabaho n’Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka ku Isi (FIA).

Iyi Nteko Rusange yahuriranye no kwizihiza imyaka 120 Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka rimaze rishinzwe, ikaba igizwe n’ibikorwa bitandukanye.

Ubwo yaganiraga na IGIHE, Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard, yavuze ko iki gikorwa cyitezwemo abashyitsi 850 ndetse kucyakira hari icyo bizinjiriza igihugu.

Yagarutse kandi ku nzira byanyuzemo ngo u Rwanda rwemererwe kuba igihugu cya mbere cya Afurika cyakiriye iyi Nteko Rusange ya FIA n’uruhare Abanyarwanda bazayigiramo.

Minisitiri Nyirishema yavuze ko icya mbere ni uko ari ishema ku gihugu nk’u Rwanda, kuba ari rwo rwakiriye Inteko Rusange y’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Amarushanwa y’Amamodoka muri Afurika, ni ubwa mbere bibaye muri Afurika.

Avuga ko hateganyijwe kuzitabira federasiyo ziturutse mu bihugu 127, ubwo ni abantu ku ikubitiro bazaba bari hagati ya 450 bazitabira iyo nteko, ariko ku munsi wa nyuma, mu minsi ya nyuma bitegura gutanga ibyo bihembo hazaza abandi 400.

Akoneza atangaza ko biteguye kwakira abashyitsi bagera kuri 850 bagomba kuba bahari  muri iki cyumweru kandi bakaba biteguye mu mpande zose.

Mu bihangange bitegerejwe i Kigali harimo abazwi nka Max Verstappen aheruka kwegukana Formula One ya 2024 , Thierry Neuville, Pascal Wehrlein n’abandi.

Kuri uyu wa mbere umuyobozi w’ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka ku Isi (FIA), Mohammed Ben Sulayem, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inteko Rusange y’iri Shyirahamwe iteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 13 Ukuboza 2024.

Ku munsi we wa mbere yahuye n’abana b’abakobwa bari kuri BK Arena muri gahunda yiswe “Girls on track”, aho batwaraga imodoka za Karting na E-sport.

Mu bitabiriye iyi gahunda harimo Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard; Umunyamabanga Uhoraho w’iyi Minisiteri, Nelly Mukazayire n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette.

Igikorwa gikomeye ari yo Nteko Rusange, izatangirira muri Kigali Convention Centre, ariko umunsi wa nyuma ikazarangirira muri BK Arena ari ho hazatangirwa ibihembo by’abatsinze amarushanwa atandukanye ya FIA.

Ahanini ni muri KCC na BK Arena, uretse ko abantu bazaba bari muri hoteli zitandukanye ariko ibyo bikorwa bitandukanye bijyanye n’Inteko Rusange no gutanga ibihembo ni muri KCC na BK Arena.

2024-12-10
Editorial

IZINDI NKURU

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

FERWAFA na Rwanda Premier League basinye amabwiriza mashya agenga shampiyona y’u Rwanda 2025/26

Editorial 11 Sep 2025
NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

NBA Finals: Warriors irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo guhana Cavaliers

Editorial 07 Jun 2018
Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Editorial 02 Mar 2021
Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa  Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League

Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League

Editorial 27 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda
Amakuru

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2022
Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali
Amakuru

Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali

Editorial 26 Sep 2021
Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju
Amakuru

Tombola y’igikombe cy’Amahoro isize Rayon Sports izahura na Musanze FC naho APR FC izahura n’ikipe y’Amagaju

Editorial 01 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru